SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Jennifer Lopez arashinjwa gusuzugura umugabo we byatumye yaka gatanya
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Jennifer Lopez arashinjwa gusuzugura umugabo we byatumye yaka gatanya
Imyidagaduro

Jennifer Lopez arashinjwa gusuzugura umugabo we byatumye yaka gatanya

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/07/19 at 2:33 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

 

Icyamamarekazi mu muziki no muri Sinema, Jennifer Lopez, aratungwa agatoki kuba ariwe wagize uruhare mu itandukana rye n’umugabo we Ben Affleck bari mu nzira za gatanya nyuma y’imyaka 2 barushinze.

 

Nyuma y’uko bimenyekaniye ko umuhanzikazi Jennifer Lopez n’umugabo we Ben Affleck batandukanye ndetse batakibana mu nzu, bidateye kabiri bagashyira ku isoko inzu babanagamo, ubu noneho biravugwa ko kuba umubano w’aba bombi warasenyutse byaturutse kuri uyu muhanzikazi.

Ibi ariko byatangiye kuvugwa mu cyumweru gishize ubwo Ben Affleck usanzwe ari kizigenza muri Sinema ya Amerika, yatangazaga ko kubana na Jennifer Lopez ari ihurizo ndetse ko yihutiye gukora ubukwe nawe atabanje kubitekerezaho kabiri.

Ibi yabivugiye mu kiganiro yagiranye n’umunyarwenya Kevin Hart cyitwa ‘Heart To Hart’ kinyura kuri Peacock. Ubwo Ben Affleck yagarukaga ku buzima bw’urugo rwe na Lopez yagize ati: ”Rwose narimbizi ko kuba tubanye twembi turi ibyamamare ubuzima bwacu butazoroha, ariko byageze ku kigero ntabasha kwihanganira”.

Yakomeje ati: ”Lopez ni umuntu uhora ahugiye mu kazi ke ku muziki no kwiyerekana ku mbuga n’imbere y’aba paparazzi, ntabwo ajya abonera umwanya urugo rwacu cyane cyangwa ngo mbone ko arizo nshingano ze”.

Ikinyamakuru Rolling Stone cyatangaje ko amakuru aturuka hafi ya Ben Affleck avuga ko imyitwarire ya Jennifer Lopez irimo kutaba mu rugo, guhora mu ngendo n’ibindi biri mu byananije Affleck bigatuma afata umwanzuro wo gutandukana nawe hakiyongeramo n’uko Lopez ariwe washakaga gushyiraho amategeko mu rugo rwabo.

Ni mu gihe PageSix yo yavuze ko Ben Affleck yarambiwe vuba kubana na Jennifer Lopez biturutse ku kuba uyu muhanzikazi ataramwubahaga nk’umugabo mu rugo ahubwo akaba ariwe ushaka ko agira ijambo gusa mu rugo.

Ibi kandi birahuzwa n’ikiganiro Jennifer Lopez yigeze gutaga muri Nzeri ya 2023 ubwo yabazwaga ikintu kimugora mu rugo rwe maze akavuga ko agorwa no kuba aha amategeko Ben Affleck maze akayarengaho. Aha yavuze ko yamubujije kunywera itabi mu nzu nyamara akabirengaho agakomeza kurihanywera.

You Might Also Like

The Ben yaciye amarenga yo gukora igitaramo cya Kabiri cya New Year Groove

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Kera kabaye Kenny Sol yasohotse muri 1:55 AM

Asinah Erra yagejeje ikirego cy’umunya-eritrea uherutse kumukubita urushyi muri RIB

Nsanzabera Jean Paul July 19, 2024 July 19, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuruUbuzima

I Kigali hateraniye inama ya 10 y’umuryango nyafurika w’ibimenyetso bishingiye ku bumenyi n’ubuhanga bikoreshwa mu butabera(ASFM2023)

March 7, 2023
Imikino

Sadate Munyakazi yibukije abafana ba Rayons Sport ko iki aricyo gihe cyo kuyiba hafi

May 5, 2025
Imikino

Perezida Kagame yavuze kukuvamo kwa Arsenal muri 1/2 cya UEFA Champions Ligue

April 18, 2024
Andi makuru

Uwacu Julienne yagizwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa mushya wa Unity Club Intwararumuri

April 5, 2025
Andi makuruImikino

Lionel Messi akomeje gushimisha ibyamamare kuva yagera muri Inter Miami

July 26, 2023
Andi makuru

Abayobozi bashya ba Rayon Sport bagiranye ibiganiro na nyiri Uruganda rwa Skol

November 20, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?