SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Jennifer Lopez arashinjwa gusuzugura umugabo we byatumye yaka gatanya
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Jennifer Lopez arashinjwa gusuzugura umugabo we byatumye yaka gatanya
Imyidagaduro

Jennifer Lopez arashinjwa gusuzugura umugabo we byatumye yaka gatanya

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/07/19 at 2:33 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

 

Icyamamarekazi mu muziki no muri Sinema, Jennifer Lopez, aratungwa agatoki kuba ariwe wagize uruhare mu itandukana rye n’umugabo we Ben Affleck bari mu nzira za gatanya nyuma y’imyaka 2 barushinze.

 

Nyuma y’uko bimenyekaniye ko umuhanzikazi Jennifer Lopez n’umugabo we Ben Affleck batandukanye ndetse batakibana mu nzu, bidateye kabiri bagashyira ku isoko inzu babanagamo, ubu noneho biravugwa ko kuba umubano w’aba bombi warasenyutse byaturutse kuri uyu muhanzikazi.

Ibi ariko byatangiye kuvugwa mu cyumweru gishize ubwo Ben Affleck usanzwe ari kizigenza muri Sinema ya Amerika, yatangazaga ko kubana na Jennifer Lopez ari ihurizo ndetse ko yihutiye gukora ubukwe nawe atabanje kubitekerezaho kabiri.

Ibi yabivugiye mu kiganiro yagiranye n’umunyarwenya Kevin Hart cyitwa ‘Heart To Hart’ kinyura kuri Peacock. Ubwo Ben Affleck yagarukaga ku buzima bw’urugo rwe na Lopez yagize ati: ”Rwose narimbizi ko kuba tubanye twembi turi ibyamamare ubuzima bwacu butazoroha, ariko byageze ku kigero ntabasha kwihanganira”.

Yakomeje ati: ”Lopez ni umuntu uhora ahugiye mu kazi ke ku muziki no kwiyerekana ku mbuga n’imbere y’aba paparazzi, ntabwo ajya abonera umwanya urugo rwacu cyane cyangwa ngo mbone ko arizo nshingano ze”.

Ikinyamakuru Rolling Stone cyatangaje ko amakuru aturuka hafi ya Ben Affleck avuga ko imyitwarire ya Jennifer Lopez irimo kutaba mu rugo, guhora mu ngendo n’ibindi biri mu byananije Affleck bigatuma afata umwanzuro wo gutandukana nawe hakiyongeramo n’uko Lopez ariwe washakaga gushyiraho amategeko mu rugo rwabo.

Ni mu gihe PageSix yo yavuze ko Ben Affleck yarambiwe vuba kubana na Jennifer Lopez biturutse ku kuba uyu muhanzikazi ataramwubahaga nk’umugabo mu rugo ahubwo akaba ariwe ushaka ko agira ijambo gusa mu rugo.

Ibi kandi birahuzwa n’ikiganiro Jennifer Lopez yigeze gutaga muri Nzeri ya 2023 ubwo yabazwaga ikintu kimugora mu rugo rwe maze akavuga ko agorwa no kuba aha amategeko Ben Affleck maze akayarengaho. Aha yavuze ko yamubujije kunywera itabi mu nzu nyamara akabirengaho agakomeza kurihanywera.

You Might Also Like

Sherrie Silver yashenguwe n’ihohoterwa rikorerwa umwana afasha yiyemeza kumuvuza

Maurix Baru yateguye ibitaramo yise “Karahanyuze Summer Tour”azakorera muri Canada

Umugore wa Justin Bieber yatangaje byinshi yahuye nabyo kuva yabana n’umugabo we

Minisitiri Olivier Nduhungirehe mu bihumbi byishimiye alubumu 25shades ya Bwiza

Aalliah Cool yakebuye inkumi ziyambika ubusa zishaka kugaragaza ubwiza bwazo

Nsanzabera Jean Paul July 19, 2024 July 19, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Mfite icyizere cyo kuzaba umuhanzi Mpuzamahanga :Bruce Melodie

December 16, 2024
Imikino

Nshuti Innocent ashobora kujya gukina muri Tunisia !

December 27, 2023
Andi makuru

CAN 2023: Côte d’Ivoire izaba idafite abakinnyi bane mu mukino izakina na Congo Kinshasa

February 5, 2024
Imikino

Police HC yatangiye imikino ya EAPCCO inyagira ikipe yo muri Kenya

April 29, 2025
Imyidagaduro

Rick Ross yatandukanyen’umukunzi we

March 7, 2024
Imikino

Uruganda rwa Ingufu Gin rukomeje kwishimirwa na benshi mu bitabiriye Tour Du Rwanda (Amafoto)

February 22, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?