SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame yavuze kukuvamo kwa Arsenal muri 1/2 cya UEFA Champions Ligue
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imikino > Perezida Kagame yavuze kukuvamo kwa Arsenal muri 1/2 cya UEFA Champions Ligue
Imikino

Perezida Kagame yavuze kukuvamo kwa Arsenal muri 1/2 cya UEFA Champions Ligue

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/04/18 at 12:15 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Perezida Paul Kagame  umwe mu bakunda imikino, akaba umufana wa Arsenal yo mu Bwongereza, yavuze ko ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage ishobora guhigika Real Madrid yo muri Espagne.

Kuri Perezida Paul Kagame n’abafana ba Arsenal ijoro rya tariki 17 Mata 2024 ryari ribi cyane nk’umugoroba wo ku cyumweru tariki 14 Mata, 2024 ubwo iyi kipe ku kibuga cya Emerates Stadium yatsindwaga na Aston Villa ibitego 2-0 muri shampiyona bigatangira gutera igitutu ku bafana bumvaga ko gutwara shampiyona bishoboka.

Perezida Paul Kagame avuga kuba ikipe ya Arsenal yakuwe mu irushanwa na FC Bayern Munich mu ijoro ryo ku wa Gatatu ku kibuga Allianz Arena (1-0 aggregate 3-2), yagaragaje ko akiyifite ku mutima.

Yagize ati “Nubwo bavuyemo Arsenal iracyari ikipe yange. Congratulations- #FCBayernM.!!!”

Uretse Arsenal yatwaye uruhande runini rw’umutima w’Umukuru w’igihugu mu bijyanye na Football, ndetse iyi kipe ikaba ifitanye imikoranire n’u Rwanda muri gahunda yo gushishikariza abakerarugendo gusura u Rwanda, amakipe yandi akorana n’u Rwanda muri iyi gahunda yakomeje mu cyiciro gikurikira.

Paris St Germain yo mu Bufaransa yakuyemo FC Barcelona yo muri Espagne/Spain, izakina na Borussia Dortmond yo mu Budage muri ½ cy’irushanwa.

Bayern Munich na yo ikorana n’u Rwanda muri gahunda ya #VisitRwanda izahura na Real Madrid (yakuyemo Manchester City kuri penalty 4-3 aggregate 4-4), bivuze ko imwe mu makipe yo mu Budage yagera ku mukino wa nyuma wa UEAFA Champions Ligue cyangwa akaviramo rimwe.

Perezida Paul Kagame asanga bishoboka akifuriza Bayern Munich kuzatsinda.

Yagize ati “FC Bayern Munich nikomeza ifite ubushake n’umuhate yagaragaje, ntibyananirana gukuramo Real Madrid …Ni ko football imera!!”

– Advertisement –

Paul Kagame nubwo Arsenal itatwara shampiyona y’Ubwongeraza, ikaba itanatwaye UEFA Champions Ligue, azishimira ko kureba kure kwe kwatumye gukorana n’aya makipe byongera umubare w’abasura u Rwanda, azanishimira ko andi makipe y’ibigugu akorana n’u Rwanda imwe muri zo ishobora kugera ku mukino wa nyuma ikaba yanatwara igikombe.

You Might Also Like

APR yatsindiye umukino wayo wa kabiri muri BAL imbere ya Perezida Kagame

Rwanda Premier League igiye guhemba abakinnyi n’abatoza bahize abandi mu mwaka wa 2024/2025

RIB yasabye Sam Karenzi Na Muramira Regis kureka intambara zabo z’amagambo Atari meza

Menya byinshi ku nyubako ya Zaria Court yuzuye itwae arenga Miliyoni 25 z’amadorali

Ubuyobozi bwa APR FC bwasezeye mu cyubahiro umutoza Darko Nović mu cyubahiro

Nsanzabera Jean Paul April 18, 2024 April 18, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imikino

Perezida wa Guinea, Gen. Mamadi Doumbouya yakiriye ikipe y’igihugu yabo

February 5, 2024
Andi makuru

Gen Muhoozi Kainerugaba yatangiye uruzinduko rw’akazi mu Rwanda

March 20, 2025
Andi makuru

Moise Katumbi yahigiye kweguza Félix Tshisekedi

February 10, 2025
Imyidagaduro

Bianca yasezeye mu kiganiro Takeover ku Isibo Tv

January 5, 2023
Imikino

Rayon Sport yahagaritse umunyezamu Bonheur kubera imyitwarire Mibi mu kibuga

May 5, 2023
Imikino

Agahinda k’abafana ba Kiyovu Sc bagatuye Perezida wa Repubulika Paul Kagame

December 11, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?