SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Sadate Munyakazi yibukije abafana ba Rayons Sport ko iki aricyo gihe cyo kuyiba hafi
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Font ResizerAa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imikino > Sadate Munyakazi yibukije abafana ba Rayons Sport ko iki aricyo gihe cyo kuyiba hafi
Imikino

Sadate Munyakazi yibukije abafana ba Rayons Sport ko iki aricyo gihe cyo kuyiba hafi

Nsanzabera Jean Paul
Nsanzabera Jean Paul
Published: May 5, 2025
Share
SHARE

Munyakazi Sadate wabaye Perezida wa Rayon Sports yasabye abakunzi b’iyi kipe kuba hamwe nyuma y’uko batsinzwe na APR FC ikabatwara igikombe cy’Amahoro.

Ku Cyumweru ni bwo APR FC yatsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro ibitego 2-0 bya Djibril Outtara na Mugisha Gilbert. Iyi kipe y’Ingabo z’igihugu yahise yegukana igikombe cy’Amahoro cya 14 nyuma y’uko yari imaze imyaka 8 itagitwara.

‎‎Nyuma y’ibi, Munyakazi Sadate wabaye Perezida wa Rayon Sports abinyujije ku rukuta rwe rwa X yavuze ko abizi ko intsinzi ibabaza ariko ko ubu ari bwo iyi kipe ibakeneye nk’abakunzi bayo.

‎‎Yagize ati: “Umugoroba w’ejo wabaye mubi kuri twese, ndabizi neza intsinzwi irababaza kandi igatera ibibazo ariko ndagira ngo mbabwire ko ubu aribwo Gikundiro idushaka kandi idukeneye kurusha ibindi bihe byose”.‎ Yasabye abakunzi b’iyi kipe gushyira ibibatanya ku ruhande ubundi bakunga ubumwe bagashyigikira ikipe.

‎Ati: “Mureke dushyire ku ruhande ibidutanya twunge ubumwe turwane kugera kuwa nyuma.‎ Ubuyobozi, Staff technique n’abakinnyi bakoze ibishoboka byose ariko ntibyakunda mureke twe abakunzi tubagume inyuma tubashyigikire turwane kugera kuwa nyuma”.

‎Yavuze ko Rayon Sports ari indwanyi ndetse ko uyu atari umwanya wo kwitana ba mwana. ‎Yagize ati: “Rayon Sports turi indwanyi, uyu si umwanya wo gucika intege cyangwa kwitana ba mwana ahubwo ni umwanya wo gushyira hamwe imbaraga zacu, inkunga dukomeze tuyitange nk’uko twarimo kubikora, Rayon Sports ni njyewe, Rayon Sports ni wowe, Rayon Sports ni twese”.

‎‎Munyakazi Sadate atangaje ibi nyuma y’uko mu minsi yashize yagiye agaragaza ko adashyigikiye ubuyobozi buyoboye Rayon Sports aho yavuze ko yifuza no kuyigura.

‎Nubwo Rayon Sports yatakaje igikombe cy’Amahoro ariko iri ku mwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona aho irusha APR FC inota rimwe. Izasubira mu kibuga yakira Rutsiro FC ku wa Kane saa kumi n’ebyiri muri Kigali Pelé Stadium.

 

 

Peace Cup: Rayon Sports yanyagiye Interforce
Ruboneka Jean Bosco yafashije APR FC gutsinda Police FC .
Tour du Rwanda 2024 : Inzira n’amakipe azakina byamenyekanye!
Nzabonimpa Emmanuel meya w’Akarere ka Gicumbi yiyemeje gukemura ibibazo biri muri Gicumbi FC
Live :Tour du Rwanda Umwongereza Ethan Vernon ukinira Soudal-QuickStep, yongeye kwegukana agace ka Tour du Rwanda 2023, ( Amafoto )
Share This Article
Facebook Email Print
Leave a Comment Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Play Pokies With The Best Online Casinos

September 5, 2023

Fresh Casino Coupons

May 28, 2024

Paf Casino Login App Sign Up

February 25, 2025

Play New Zealand Pokies For Free No Download

May 28, 2024

Golden Nugget Casino Online

May 28, 2024

Touch Lucky Casino Login App Sign Up

May 28, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?