SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Amasura mashya ashobora kwiyongera mu Mavubi!
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imikino > Amasura mashya ashobora kwiyongera mu Mavubi!
Imikino

Amasura mashya ashobora kwiyongera mu Mavubi!

Muhire Jimmy
Last updated: 2023/11/05 at 2:08 PM
Muhire Jimmy
Share
3 Min Read
SHARE

 

Biravugwa ko hari abakinnyi bahamagawe mu ikipe y’ikipe y’Igihugu Amavubi ariko batatangajwe muri 30 umutoza yashyize ahabona.

Mu ijoro ryakeye ni bwo Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje abakinnyi 30 bahamagawe n’umutoza mushya w’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Torsten Frank Spittler guhangana na Zimbambwe tariki ya 15 Ugushyingo na Afurika y’Epfo tariki ya 21 Ugushyingo imikino yose izabera mu Rwanda kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye.

Mu bakinnyi 30 bahamagawe benshi babonye ari amazina asanzwe mu ikipe y’igihugu nta mazina mashya arimo nk’uko byari byitezwe.

Ni ubwo abakinnyi 30 batangajwe atari bo bonyine bahamagawe ahubwo hari andi mazina yiganjemo abakinnyi bazaba bahamagawe bwa mbere bashobora kugaragara kuri uyu mikino.

Amakuru avuga ko impamvu batagaragaye ku rutonde ari uko igihe cyo guhamagara cyageze batarumvikana na FERWAFA ariko ibiganiro bikaba byarakomeje ndetse bigeze kure ku buryo hari abakinnyi bashobora kwiyongeramo.

Bivugwa ko ari abakinnyi bane cyangwa batanu ari bo baganirijwe, barangajwe imbere n’umunyezamu wa Union Saint-Gilloise mu cyiciro cya mbere mu Bubiligi, Maxime Wenssens.

Undi mukinnyi wavuzwe muri aba bakinnyi ushobora kuba yahamagawe ni rutahizamu Johan Marvin Kury wa Yverdon Sport FC II mu Busuwisi. Uyu we n’umutoza uheruka Carlos Alos yigeze kumuhamagara ariko ntiyaza, FERWAFA yakomeje ibiganiro na we aho amakuru avuga ko byarangiye yemeye ndetse aka agomba kuza. Gusa uyu mukinnyi we niyo yaza ntiyakina kuko afite imvune, ashobora kuza agashakirwa ibyangombwa akanasura u Rwanda cyane ko ahafite n’umuryango.

Bivugwa ko kandi abakinnyi bandi bohererejwe ubutumire barimo umukinnyi wo hagati mu kibuga mu ikipe ya Le Havre mu Bufaransa, myugariro wo ku ruhande rw’iburyo bivugwa ko ari Noe Uwimana ukinira Philadelphia Union muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’undi myugariro wo mu mutima w’ubwugarizi.

Abakinnyi 30 bahamagawe mu Mavubi

Abanyezamu:

Ntwari Fuacre (TS Galaxy, Afurika y’Epfo)
Nzayurwanda Jimmy Djihad (Kiyovu Sports)
Muhawenayo Gad (Musanze FC)

Ba myugariro:

Omborenga Fitina (APR FC)
Serumogo Ali (Rayon Sports)
Imanishimwe Emmanuel (FAR Rabat, Marc)
Ishimwe Christian (APR FC)
Mutsinzi Ange (FK Jerv, Norvège)
Rwatubyaye Abdul (Rayon Sports)
Niyomugabo Jean Claude (APR FC)
Manzi Thierry (Al Ahli Tripoli, Libya)
Niyigena Clément (APR FC)
Mitima Isaac (Rayon Sports)

Abakina Hagati

Bizimana Djihad (Kryvbas FC, Ukraine)
Mugiraneza Frodouard (Kiyovu Sports)
Hakim Sahabo (Standard de Liège)
Muhire Kevin (Rayon Sports)
Byiringiro Lague (Sandvikens IF, Suède)
Ruboneka Jean Bosco (APR FC)
Iradukunda Elie Tatou (Mukura VS)
Niyonzima Olivier (Kiyovu Sports)

Ba rutahizamu

Mugenzi Bienvenu (Police FC)
Sibomana Patrick (Gor Mahia)
Mugisha Didier (Police FC)
Nshuti Innocent (APR FC)
Mugunga Yves (Kiyovu Sports)
Mugisha Gilbert (APR FC)
Gitego Arthur (Marines FC)
Rafael York (Gegle IF, Norvège)

Maxime Wenssens bivugwa ko na we yahamagawe mu Mavubi
Johan Marvin Kury ategerejwe mu Mavubi
Johan Marvin yakiniye amakipe nka Xamacs Fcs ,Byiringiro Lague yigeze kujya gukoreramo isuzuma yitezwe mumavubi

You Might Also Like

APR yatsindiye umukino wayo wa kabiri muri BAL imbere ya Perezida Kagame

Rwanda Premier League igiye guhemba abakinnyi n’abatoza bahize abandi mu mwaka wa 2024/2025

RIB yasabye Sam Karenzi Na Muramira Regis kureka intambara zabo z’amagambo Atari meza

Menya byinshi ku nyubako ya Zaria Court yuzuye itwae arenga Miliyoni 25 z’amadorali

Ubuyobozi bwa APR FC bwasezeye mu cyubahiro umutoza Darko Nović mu cyubahiro

Muhire Jimmy November 5, 2023 November 5, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imikino

Amavubi U-15 yananiwe kwihagararaho imbere ya Tanzania U-15 muri CECAFA U-15

November 8, 2023
Andi makuru

Perezida Alexander Lukashenko yemeje ko Yevgeny Prigozhinari ari mu Burusiya

July 6, 2023
Imyidagaduro

Jose Chameleon yatumiwe mu gitaramo muri Kigali Universe umwaka utaha

December 9, 2024
Imyidagaduro

Mutesi Jolly yahakanye amakuru avuga ko atwite

March 8, 2023
Andi makuru

U Rwanda rwaje ku mwanya wa 19 mu bihugu byari bifite ubwandu bwa Sida bwinshi mu mwaka 2020

May 9, 2023
ImikinoImyidagaduro

Menya byinshi ku nyubako ya Zaria Court yuzuye itwae arenga Miliyoni 25 z’amadorali

May 15, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?