SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Mutesi Jolly yahakanye amakuru avuga ko atwite
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Mutesi Jolly yahakanye amakuru avuga ko atwite
Imyidagaduro

Mutesi Jolly yahakanye amakuru avuga ko atwite

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/03/08 at 9:35 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Miss Rwanda 2016, Mutesi Jolly yahakanye iby’amakuru amaze iminsi acaracara ku mbuga nkoranyambaga avuga ko atwite, ashimira buri wese wari wamwoherereje ubutumwa bumwifuriza ihirwe mu buzima bwo kuba umubyeyi.

Kuri uyu wa 07 Werurwe 2023, Miss Jolly abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze yifashishije ifoto iriho amakuru agira ati: “Bamukozemo akazi? Biravugwa ko Mutesi Jolly atwite inda nkuru.” Maze yongeraho ati: “Amakuru y’igihuha.”

Akomeza agaragaza ko amaze iminsi yakira ubutumwa bw’abantu, bamurata amashimwe kubwo gutwita ati: “Kuri buri umwe wanyoherereje ubutumwa bundata amashimwe, mwarakoze kunyifuriza ibyiza.”

Agaragaraza ko rwose gutwita ari ikintu cyiza kuko umwana ari umugisha, ati: “Umwana mu kuri ni umugisha, kandi niteguye kumugira mu gihe nyacyo mu bihe biri imbere.”

Miss Jolly gusa avuga ko adatwite kuri ubu, ibivugwa ari ikinyoma ati: “Nyamara aya ni amakuru y’amahimbano, ku bantu buririra ku izina ryanjye bashaka kwamamara mu buryo buciriritse.”

Asoza agaragaza ko ibyo abantu bavuga ko atwite, bidakwiye guhabwa agaciro kuko ataribyo. Amakuru yo gutwita kwa Miss Mutesi Jolly yari yatangiye gukwirakwira, nyuma y’amafoto yasangije abamukurikira ubona ko abyibushye.

Bamwe ibyo nibyo bahereyeho bavuga ko yaba atwite, maze imbuga nkoranyambaga nazo zikoreshwa na benshi zihutisha ubwo butumwa, cyane ko Mutesi Jolly ari mu bantu b’ibyamamare mu Rwanda.

You Might Also Like

Bushali ,Muhinde, Umushumba barishimiwe cyane mu gitaramo baherutse gukorera I Musanze (Amafoto)

Bishop Gafaranga yatawe muri yombi na RIB

Iserukiramuco rya ‘Oldies Music Festival’uyu mwaka rizarangwa n’udushya twinshi

P Diddy agiye kuburanishwa mu mizi

Jose Chameleon yasubukuye igitaramo afite I Kigali

Nsanzabera Jean Paul March 8, 2023 March 8, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

UK : Yafunzwe azira kwinjira mu ndege itariyo

October 7, 2024
Andi makuru

Perezida wa Venezuela Nicolas Maduro yamaganye ibyo Amerika iri gukora

November 19, 2024
Imyidagaduro

Moshions yongeye kuvugisha abatari bakeya ku Mbuga nkoranyambaga

January 11, 2023
Imyidagaduro

Tanasha Donna aravugwa mu rukundo nundi musore

April 25, 2025
Imyidagaduro

Amatike y’iserukiramuco rya Solfest 2024 yamaze gushira mu gihe Sauti sol ishobora kutaryitabira

February 28, 2024
Imyidagaduro

Nyuma ya Sandrine Isheja Andy Bumuntu nawe yasezeye kuri Kiss Fm

September 9, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?