SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Perezida Paul Kagame yavuze ko agiye guhagurukira abashyize imbere ruswa n’amarozi mu mupira w’u Rwanda,
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Perezida Paul Kagame yavuze ko agiye guhagurukira abashyize imbere ruswa n’amarozi mu mupira w’u Rwanda,
Andi makuru

Perezida Paul Kagame yavuze ko agiye guhagurukira abashyize imbere ruswa n’amarozi mu mupira w’u Rwanda,

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/07/04 at 5:29 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
4 Min Read
SHARE

Perezida Paul Kagame yavuze ko agiye guhagurukira abashyize imbere ruswa n’amarozi mu mupira w’u Rwanda, kugeza ubwo intsinzi ikomeje kuba inzozi mu Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ imaze imyaka isaga ibiri idatsinda.

Perezida Kagame yabivuze mu kiganiro “Ask The President” yagiranye na Televiziyo y’Igihugu kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 4 Nyakanga 2023, cyagarutse ku myaka 29 ishize u Rwanda rwibohoye.

Umunyamakuru wa RBA, Jean Pierre Kagabo, yabwiye Umukuru w’Igihugu ko Abanyarwanda baherutse kumubona anobagiza umupira kuri Kigali Pelé Stadium ubwo i Kigali hateraniraga Inteko Rusange ya FIFA, bigaragaza ko ari umukunzi wa ruhago ndetse n’u Rwanda rukaba rukataje mu kubaka ibikorwaremezo no gushora muri siporo, ariko ibyo bikaba bitajyana n’umusaruro w’amakipe aserukira igihugu, amubaza uko ahuza ibyo byombi.

Nyuma yo kubanza kwiruhutsa, Perezida Kagame yasubije agira ati “Biraruhanyije, biragoye ariko tugomba kugira icyo dukora. Byavuzwe kera, ni imyaka myinshi twibaza impamvu siporo yaba muri rusange cyangwa ukuntu twayiteza imbere, cyane cyane mu mupira w’amaguru, impamvu n’imbaraga zishyirwamo, umusaruro utaboneka bihagije.’’

Perezida Kagame yagaragaje ko icyo kibazo gikwiye gukemuka mu buryo bubiri burimo kurandura abimitse inzira zitaboneye bashaka intsinzi no kwita ku mpano z’abato.

Ati “Uburyo bwa mbere ngira ngo bukorwa ubu ngubu uko nabyumvise, ni uguhera ku bana bakiri bato mu mashuri, ni ugushyiraho aho batorezwa no kubaha ibyangombwa byose; imipira n’ibindi bishobora gukoreshwa, muri buri karere cyangwa n’ahandi bishoboka ariko cyane cyane bikanyura mu mashuri, icyo ni kimwe. Bikazamuka gutyo, ibyo byaduha amahirwe.”

“Icya kabiri ni abarezi. Ntabwo mvuga abarimu bo mu ishuri bisanzwe; abarezi ni ukuvuga abatoza. Abantu mbese bumva ko banashaka kuba bagira uruhare mu mikino nk’iyi harimo n’umupira w’amaguru, ubwabo bafite ukuntu imyumvire yabo itari mizima bihagije. Ni ko nakivuga ntakinyuze iruhande.”

Yagaragaje ko muri aba batoza n’abayobora umupira hakwiye kuzamuka abandi bashya, kuko hari ababimazemo igihe ariko bafite umuco utari mwiza kandi “ubwabyo bigira ingaruka, ntabwo ubona umusaruro uko bikwiye.”

Yakomeje ati “Abantu rero kuva kera ugasanga aho kwitoza bihagije, aho gukora ibyangombwa bihagije, ibyo guha abakinnyi, bari aho bari mu ndagu, mu marozi, cyangwa gutanga bituga, ukuntu bazatugira umusifuzi…Icyo kigatwara nka 50% y’igikwiye gukorwa. Ntaho uwo mukino wajya, no ku gihugu ubwacyo ntaho cyagana muri uwo mukino. Ibyo ubwabyo ni byo bintu bya mbere bigomba guhagarara.’’

Perezida Kagame yatanze icyizere ko agiye gushaka umwanya wo guhangana n’ibibazo byabaye karande kugeza birandutse.

Ati “Nagiye njya mu bindi byinshi, ntabwo nigeze mbona umwanya uhagije ariko ndumva nzashaka umwanya wabyo nkahangana na byo nk’uko hari ibindi dusanzwe duhangana na byo ndetse bamwe nibatareba neza, nimba nabigiyemo bizabagiraho ingaruka.”

“Mbatumyeho hakiri kare, ntarabizamo, ubwo nimbijyamo ntabwo nakwemera ibitekerezo by’ubutindi nk’ibyo bijyaho bikaba ari byo bikoreshwa mu gihugu cyangwa mu mikino ireba twese, ireba abadukomokaho, ugasanga ni ibintu biri aho bidakwiye kuba bikoreka.

Ndabyumva, mu minsi ishize nagiye mbyumvira kure, ariko ntabwo nigeze mbijyamo ariko ndaza kubijyamo, abakoresha ibyo ngibyo baze kuba banyiteguye, ndaza kurwana na bo kandi barabizi ko ufite umuco mubi, uratsindwa byanze bikunze.”

Si ubwa mbere Perezida Kagame agaragaje ko ruswa mu mupira w’amaguru ikwiye kurandurwa kuko yanabigarutseho muri Gashyantare 2021 ubwo yakiraga Ikipe y’Igihugu “Amavubi’ yakinnye Shampiyona Nyafurika (CHAN) yabereye muri Cameroun.

Perezida Paul Kagame yavuze ko agiye guhagurukira ibibazo biri muri siporo y’u Rwanda, yitsa by’umwihariko ku biri mu mupira w’amaguru wazonzwe na ruswa n’amarozi

You Might Also Like

Edgar Lungu wahoze ayobora Zambia yitabye imana ku myaka 68

AFC/M23 yahagamagaje intumwa zayo zari mu biganiro I Doha Muri Qatar

Perezida Trump yakuyeho visa ku bihugu 12 birimo ibibazo by’ umutekano muke

Polisi y’igihugu yataye muri yombi abakekwaho ubujura 21 mu majyepfo

Urukiko rwateye utwatsi ikirego Rusesabagina aregamo kompanyi ya Gainjet yamuzanye mu Rwanda

Nsanzabera Jean Paul July 4, 2023 July 4, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Ubuzima

Bwa mbere mu Rwanda hagiye gutangwa ibihembo byiswe ”Rwanda Disability Inclusion Awards 2023

October 4, 2023
Andi makuru

Perezida Kagame afungura Inama ya Africa CEO Forum yashimangiye ko Africa ishoboye byose

May 16, 2024
Imyidagaduro

Selena Gomez mu byishimo nyuma yo kwambikwa impeta n’Umukunzi

December 13, 2024
Andi makuru

RDC : Codeco yishe abantu 52 muri ituri

February 12, 2025
Imyidagaduro

Shakira agiye gushyira hanze alubumu ye ya 12 yise ”Las Mujeres Ya No Lloran’

February 19, 2024
Imyidagaduro

Umuramyi Bosco Nshuti yerekeje ku mugabane w’iburayi

November 28, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?