SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Wayre, Levixone na Daddy Andre bageze I Kigali aho baje gutarama muri Kigali Jazz Junction
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Wayre, Levixone na Daddy Andre bageze I Kigali aho baje gutarama muri Kigali Jazz Junction
Imyidagaduro

Wayre, Levixone na Daddy Andre bageze I Kigali aho baje gutarama muri Kigali Jazz Junction

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/03/29 at 9:48 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Abahanzi Wayre, Levixone na Daddy Andre batumiwe mu gitaramo cya Kigali Jazz Junction gitegerejwe ku wa 31 Werurwe 2023 bageze i Kigali mu ijoro ryo ku wa 28 Werurwe 2023.

Aba bahanzi bageze i Kigali bagaragaza akanyamuneza mu maso bijeje abakunzi babo igitaramo cyiza, basaba abakunzi b’umuziki mu Rwanda kuzitabira ari benshi.

Aba bahanzi bategerejwe mu gitaramo kimwe na Alyn Sano, kikazabera ahitwa Camp Kigali.

Iki gitaramo ngarukakwezi cya Kigali Jazz Junction kiri mu ruhurirane rw’ibitaramo bitegurwa na RG Consult Inc iyoborwa na Remygious Lubega.

Daddy Andre watangiye umuziki atunganya amajwi y’indirimbo (Producer) no kwandika indirimbo, ubu ni umwe mu bakunzwe n’abatari bake muri muzika ya Uganda.

Akunzwe mu ndirimbo zirimo Tugende mu church , Sikikukweka ,Omwana Wabandi, Abasinga yakoranye na John Blaq, Empeta yakoranye na Mikie Wine, n’izindi.

Umuhanzi Kevin Wyre wo muri Kenya nawe wageze i Kigali ari rutonde rw’abazataramira abazitabira igitaramo cya Kigali Jazz Junction.

Uyu Kevin Wyre amenyerewe mu muziki wa R&B yiganjemo Reggae muri Kenya, yatangiye gukora umuziki ahagana 1999. Yakuriye mu itsinda rya Necessary Noize na East African Bashment Crew.

Nyuma yo kuva muri aya matsinda, Wyre yakomeje gukora umuziki ku giti cye, ubu amaze gukora album ebyiri zirimo iyo yise “Definition of a Lovechild” yakoze mu 2006 na ’Ten Years Wiser’ yamuritse mu 2010, igaruka ku rugendo rwe rwa muzika mu myaka 10.

You Might Also Like

Bishop Gafaranga yatawe muri yombi na RIB

Iserukiramuco rya ‘Oldies Music Festival’uyu mwaka rizarangwa n’udushya twinshi

P Diddy agiye kuburanishwa mu mizi

Jose Chameleon yasubukuye igitaramo afite I Kigali

Rihanna na A$ap bagiye kwibaruka umwana wa gatatu

Nsanzabera Jean Paul March 29, 2023 March 29, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Javanix yahuje imbaraga na Racine bashyira hanze indirimbo bise Champion ikoze mu buryo budasanzwe

March 27, 2023
Imyidagaduro

Sheebah Karungi yongeye kwihenura ku bagabo ashimangira ko adashishikajwe n’amafaranga yabo .

March 13, 2023
Imyidagaduro

Fenthy yashyize hanze indirimbo ye nshya yise Angel

January 19, 2024
Imyidagaduro

Umuryango wa Producer Junior watangaje amatariki azashyingurirwaho

July 30, 2023
Imyidagaduro

Anita Pendo ahatanye mu bihembo bya ‘Ladies in Media Awards 2023’bibera muri Ghana

February 19, 2024
Iyobokamana

Menya uko Papa atorwa iyo uwari uriho apfuye cyangwa yeguye

April 23, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?