SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Nagize igihombo gikomeye kuba ntarabaye umusirikare :Tom Close
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Nagize igihombo gikomeye kuba ntarabaye umusirikare :Tom Close
Imyidagaduro

Nagize igihombo gikomeye kuba ntarabaye umusirikare :Tom Close

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2025/04/02 at 12:24 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Umuhanzi Dr Muyombo Thomas uzwi nka Tom Close yahishuye igihombo  ko iyo arebye ifoto y’ababyeyi be bombi bambaye impuzankano za gisirikare kuba atarabaye umusirikare.

Ubusanzwe ababyeyi be bombi bagize uruhare mu rugamba rwo kubohora Igihugu.

Uwo muhanzi yabigarutseho ubwo yari mu kiganiro na RBA akabazwa ikimuza mu ntekerezo iyo abonye iyo foto yabo.

Yagize ati: “Iyo foto inyereka ko nahombye kuba ntarabaye umusirikare ni cyo kintu navuga muri ubu buzima ntabashije gukora, ariko ntawamenya sindapfa bishobora kuba impamvu yatuma nkijyamo.”

Tom Close avuga ko akimara guhabwa inshingano mu kigo gishinzwe gutanga amaraso yumvise akwiye gucunga izamu rye kuko ari cyo gihe na we yari abonye ngo agire uruhare atanga mu iterambere ry’Igihugu.

Ati: “Narinze izamu ryanjye, ubwo numvise ko niba umusirikare, umupolisi, abacuruzi n’abandi bose barimo gukora akazi kabo neza ku rwego rushimishije, nanjye numvise ko ari amahirwe mbonye yo gucunga izamu ryanjye cyane cyane ku maraso ni yo nshingano ya mbere numvise ko mfite.”

Uyu muhanzi avuga ko atigeze agira ubwoba agihabwa izo nshingano, kuko yari asanzwe akorera mu kigo gishinzwe gutanga amaraso, gusa ngo byamubereye imbogamizi kuko uwo yari asimbuye yari afite ibyo yagombaga gukora, ariko kuko adakunda gutsindwa yagombaga kubyuzuza.

Mu biganiro bitandukanye Tom Close yagiye yumvikana aganira n’itangazamakuru, yumvikanaga avuga ko kuba umuganga abifata nk’isezerano yujuje kuko yari yarasezeranyije nyina ko azaba umuganga akamuvura ubwo yamusuraga kwa sekuru akamugeraho arwaye igifu.

Ababyeyi ba Tom Close bagize uruhare rukomeye mu rugamba rwo kubohora igihugu

 

You Might Also Like

The Ben Agiye guhurira mu gitaramo kimwe n’abarimo Diamond Platnumz,Bebe Cool na Eddy Kenzo muri Uganda

RIB yaburiye abanyamakuru bashobora kwisanga mu cyaha mu kibazo cya Bishop Gafaranga

Urubanza rwa Bishop gafaranga rwaburanishirijwe mu muhezo

Sherrie Silver yashenguwe n’ihohoterwa rikorerwa umwana afasha yiyemeza kumuvuza

Maurix Baru yateguye ibitaramo yise “Karahanyuze Summer Tour”azakorera muri Canada

Nsanzabera Jean Paul April 2, 2025 April 2, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imikino

Nshuti Innocent ashobora kujya gukina muri Tunisia !

December 27, 2023
Imyidagaduro

Ibihembo bya Isango na Muzika Awards bigiye gutangwa ku nshuro yabyo ya 5

September 4, 2024
Utuntu n'utundi

Umusirikare w’u Burusiya Ukraine iherutse kuvuga ko yishe yagaragaye ari muzima

September 27, 2023
Imyidagaduro

Umunyamideli Tanasha Donna agiye gutaramira abanyakigali

June 18, 2024
Imyidagaduro

Producer Li John  Aritegura gushyirira hanze alubumu 4 icyarimwe

June 14, 2023
Imikino

Umutoza wa REG WBBC yahize kwegukana Irushanwa Nyafurika ririmo kubera mu Rwanda

November 4, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?