SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Nagize igihombo gikomeye kuba ntarabaye umusirikare :Tom Close
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Nagize igihombo gikomeye kuba ntarabaye umusirikare :Tom Close
Imyidagaduro

Nagize igihombo gikomeye kuba ntarabaye umusirikare :Tom Close

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2025/04/02 at 12:24 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Umuhanzi Dr Muyombo Thomas uzwi nka Tom Close yahishuye igihombo  ko iyo arebye ifoto y’ababyeyi be bombi bambaye impuzankano za gisirikare kuba atarabaye umusirikare.

Ubusanzwe ababyeyi be bombi bagize uruhare mu rugamba rwo kubohora Igihugu.

Uwo muhanzi yabigarutseho ubwo yari mu kiganiro na RBA akabazwa ikimuza mu ntekerezo iyo abonye iyo foto yabo.

Yagize ati: “Iyo foto inyereka ko nahombye kuba ntarabaye umusirikare ni cyo kintu navuga muri ubu buzima ntabashije gukora, ariko ntawamenya sindapfa bishobora kuba impamvu yatuma nkijyamo.”

Tom Close avuga ko akimara guhabwa inshingano mu kigo gishinzwe gutanga amaraso yumvise akwiye gucunga izamu rye kuko ari cyo gihe na we yari abonye ngo agire uruhare atanga mu iterambere ry’Igihugu.

Ati: “Narinze izamu ryanjye, ubwo numvise ko niba umusirikare, umupolisi, abacuruzi n’abandi bose barimo gukora akazi kabo neza ku rwego rushimishije, nanjye numvise ko ari amahirwe mbonye yo gucunga izamu ryanjye cyane cyane ku maraso ni yo nshingano ya mbere numvise ko mfite.”

Uyu muhanzi avuga ko atigeze agira ubwoba agihabwa izo nshingano, kuko yari asanzwe akorera mu kigo gishinzwe gutanga amaraso, gusa ngo byamubereye imbogamizi kuko uwo yari asimbuye yari afite ibyo yagombaga gukora, ariko kuko adakunda gutsindwa yagombaga kubyuzuza.

Mu biganiro bitandukanye Tom Close yagiye yumvikana aganira n’itangazamakuru, yumvikanaga avuga ko kuba umuganga abifata nk’isezerano yujuje kuko yari yarasezeranyije nyina ko azaba umuganga akamuvura ubwo yamusuraga kwa sekuru akamugeraho arwaye igifu.

Ababyeyi ba Tom Close bagize uruhare rukomeye mu rugamba rwo kubohora igihugu

 

You Might Also Like

Bushali ,Muhinde, Umushumba barishimiwe cyane mu gitaramo baherutse gukorera I Musanze (Amafoto)

Bishop Gafaranga yatawe muri yombi na RIB

Iserukiramuco rya ‘Oldies Music Festival’uyu mwaka rizarangwa n’udushya twinshi

P Diddy agiye kuburanishwa mu mizi

Jose Chameleon yasubukuye igitaramo afite I Kigali

Nsanzabera Jean Paul April 2, 2025 April 2, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Abaraperi Diplomate B-Threy, Jay C na Fireman batumiwe mu gitaramo cya Gen-Z comedy Show

January 8, 2025
Andi makuru

Perezida Samia Suluhu Hassan yongeye guhura na January Makamba

February 25, 2025
Imikino

Cricket: Ikipe y’Igihugu yerekeje muri Uganda!

December 7, 2023
Imyidagaduro

A$AP Rocky agiye gusubira mu nkiko

February 28, 2025
Andi makuru

Domitien Ndayizeye yagizwe intumwa yihariye ya OIF muri Haiti

October 8, 2024
Andi makuru

Guverinoma y’u Rwanda yihanganishije ababuriye ababo mu mpanuka ya bisi nini

February 12, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?