SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: M23 yishe Maj Gen Peter Cirimwami
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > M23 yishe Maj Gen Peter Cirimwami
Andi makuru

M23 yishe Maj Gen Peter Cirimwami

Nsanzabera Jean Paul
Nsanzabera Jean Paul Published January 24, 2025
Share
SHARE

Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Gen Maj Peter Cirimwami, yishwe arashwe n’umutwe witwaje intwaro wa M23, mu gace ka Kasengezi, nk’uko byemejwe n’Umuvugizi wawo mu rwego rwa politiki, Lawrence Kanyuka, kuri uyu wa 24 Mutarama 2025.

Abinyujije ku rubuga rwa X, Kanyuka yagize ati “Umugaba Mukuru w’igisikare cy’umutwe wa FDLR, General Chirimwami, yapfuye. Yiciwe i Kasengezi ubwo yasuraga abari imbere ku rugamba kugira ngo yifotozanye na bo.”

Gen Maj Cirimwami yakunze kugaragara nk’ushyigikiye cyane imitwe irimo Wazalendo na FDLR, ndetse yerekana uruhare rweruye mu mikoranire y’igisirkare cya RDC n’iyo mitwe, by’umwihariko mu ntambara bahanganyemo n’umutwe witwaje intwaro wa M23.

Raporo nyinshi z’impuguke zagiye zigaragaza ko Gen Maj Cirimwami yari we shyiga ry’inyuma mu guhuza FDLR n’ubutegetsi bwa RDC ndetse n’ingabo z’icyo gihugu.

Ku wa 23 Mutarama 2025, ni bwo umutwe witwaje intwaro wa M23 watangaje ko ugiye gufata Umujyi wa Goma ufatwa nk’Umurwa Mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Umuvugizi wa M23 mu rwego rwa politiki, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko abatuye muri uyu mujyi bababaye cyane, abateguza kubohorwa.

Mu gitondo cyo ku wa 23 Mutarama 2025, abarwanyi ba M23 bari bahanganiye n’ihuriro ry’ingabo za RDC mu mujyi wa Sake, mu bilometero birenga gato 20 werekeza i Goma.

Ingabo za RDC zohereje indege z’intambara mu bice byegereye Sake, kugira ngo zikure abarwanyi ba M23 muri uyu mujyi. Guverineri Gen Maj Peter Cirimwami yari yagiye kuzitera ingabo mu bitugu ariko byabaye iby’ubusa, ari na bwo yaje kuraswa nyuma, nk’uko M23 yabyemeje.

M23 ntiri muri Sake gusa, kuko igenzura n’ibindi bice bikikije umujyi wa Goma birimo Minova hafi y’Ikiyaga cya Kivu ndetse na Kibumba muri teritwari ya Nyiragongo.

You Might Also Like

Elon Musk akomeje kwicuza icyamuteye kugirana ibibazo na Donald Trump

Minisitiri Constant Mutamba yongeye guterana amagambo n’umushinjacyaha mukuru

Inkura 70 zari zitegerejwe mu Rwanda zagejejwe muri Parike y’igihugu y’akagera

Aline Gahongayire yahembuye imitima ya benshi bitabiriye igitaramo yakoreye mu bubiligi

Kazungu Denis agiye gusubizwa mu rukiko

Nsanzabera Jean Paul January 24, 2025 January 24, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imikino

“Ibyo yavuze ntabwo ari byo” – Chairman wa APR FC Col Karasira Richard !

January 15, 2024
Imikino

Bizimana Djihad azakina Europa League

May 17, 2024
Imikino

Dr Patrice Motsepe yatoreye kuyobora CAF manda ya kabiri

March 12, 2025
Imyidagaduro

Chriss Eazy na Kevin Kade bagiye gushira alubumu hanze bahuriyeho

March 6, 2025
Imyidagaduro

Miss Muheto Divine yasabiwe gufungwa Umwaka n’amezi 8

October 31, 2024
Imikino

BAL 2024: APR BBC yisanze mu itsinda rimwe na US Monastir

February 16, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?