SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Urubanza rwa Fatakumavuta rwasubitswe
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Font ResizerAa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Urubanza rwa Fatakumavuta rwasubitswe
Imyidagaduro

Urubanza rwa Fatakumavuta rwasubitswe

Gossip Kigali
Gossip Kigali
Published: October 31, 2024
Share
SHARE

Urubanza rwa Sengabo Jean Bosco wamamaye nka Fatakumavuta rwasubitswe, nyuma y’ubusabe bw’uyu munyamakuru wagaragarije urukiko ko atiteguye kuburana kuri uyu wa 31 Ukwakira 2024 nk’uko byari bitegerejwe.

Ibi uyu mugabo yabigarutseho ubwo yari ageze imbere y’Inteko iburanisha mu Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro. Umunyamategeko umwunganira yagaragaje ko batabashije kubona dosiye ngo amenye ibyo akurikiranwaho.

Uyu munyamategeko yavuze ko yamenye iby’uru rubanza ku wa 30 Ukwakira 2024.

Ni umunyamategeko wavuze kandi ko dosiye y’uwo yunganira yagiye yongerwamo ibindi birego, bityo ko bakeneye kubona umwanya wo kuyiga neza ngo babone uko babyireguraho.

Uruhande rwa Fatakumavuta rwabwiye Urukiko ko rwiteguye kuburana igihe icyo aricyo cyose ariko byaba byiza urubanza rwabo rushyizwe mu cyumweru gitaha.

Ubwo Ubushinjacyaha bwabazwaga n’Urukiko uko bwumva ubusabe bw’uregwa, bwavuze ko nta mpamvu yo gusubika urubanza kuko ibiri muri dosiye uregwa n’umwunganira babibajijweho kandi babizi.

Nyuma yo kumva impande zombi, Inteko iburanisha yafashe icyemezo cyo kwimurira iburanisha ry’uru rubanza ku wa 5 Ugushyingo 2024.

Umukinnyi wa Filime Bahavu Janet yavuye mu bihembo bya Inganji Awards
Israel Mbonyi yujuje imyaka 10 atanga ubutumwa bwiza binyuze mu ndirimbo zo kuramya
Element na Kevin Kade bamaze kugera muri Amerika aho  bitabiriye  Rwanda Convention 2025
Tiger Gate S Ltd ikora akazi ko gucunga umutekano mu bitaramo no kuri stade ikomeje gushimwa na benshi.
Kenny sol yagiye gutaramira abanyarwanda baba muri Canada
Share This Article
Facebook Email Print
Leave a Comment Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Seminole Casino Coconut Creek Coconut Creek Au

September 5, 2023
Imyidagaduro

Davido yayomoje amakuru avuga ko we n’umugore we bibarutse Impanga

October 12, 2023

Blackjack Hands Ie

May 28, 2024

Live Pokies Real Money Paypal

September 5, 2023

234win Casino No Deposit Bonus Codes For Free Spins 2024

May 28, 2024

What Casino In Australia Has The Best Payouts

September 5, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?