SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Maurix Baru yateguye ibitaramo yise “Karahanyuze Summer Tour”azakorera muri Canada
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Maurix Baru yateguye ibitaramo yise “Karahanyuze Summer Tour”azakorera muri Canada
Imyidagaduro

Maurix Baru yateguye ibitaramo yise “Karahanyuze Summer Tour”azakorera muri Canada

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2025/05/21 at 8:55 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
SHARE

Umuhanzi akaba n’umuhimbyi w’indirimbo nyarwanda Mbarushimana Maurice Jean Paul  wamenyekanye nka  Maurix Baru cyangwa nka Maurix Music Studio, ari kubarizwa muri Canada aho yatangiye urugendo rushya rw’umuziki rumuhiriye cyane.

Uyu mugabo umaze imyaka myinshi mu ruganda rw’umuziki, by’umwihariko uzwi mu guhimba no gutunganya indirimbo nka “Bayi Bayi Ingona”, “Mama ndakuririmbira”, “Igitenge”, “Ngabira”, ndetse no gukorera abahanzi bakomeye nka Tom Close mu ndirimbo nka ‘Mbwira Yego’, ‘Amahirwe yanyuma’ na Urban Boys mu ndirimbo ‘Sindi indyarya’, yatangaje ko yatunguwe n’uburyo umuziki we wakiriwe neza muri Canada.

Maurix atuye mu Mujyi wa Montreal aho ahuriye na Band Jab Djab, itsinda ry’abanya-Canada bafite ubuhanga n’inshingano mu muziki wa Live. Iri tsinda ryamukunze bidasanzwe ryiyemeza kumushyigikira mu muziki we, binamuha imbaraga zo gutangira gutaramira Abanyarwanda n’inshuti z’umuziki wa Kinyarwanda baba muri Canada.

Igitaramo cye cya mbere cyabaye ku wa 15 Gashyantare 2025, ku munsi w’abakundana, cyatangaje benshi kubera uburyo cyitabiriwe cyane n’Abanyarwanda n’Abarundi bari i Montreal.

Maurix umaze igihe gito yimukiye  muri Canada  yadutangarije ko akomeje gushimishwa n’ukuntu abantu babyinnye n’umutima wose, ibintu ataherukaga kubona mu bitaramo yari amaze iminsi akora.

Ibyo byatumye atumirwa muri Soirée Nuit d’Afrique, ibirori bikomeye muri Montreal, aho yatumiwe gutaramirayo inshuro ebyiri muri Club Balattou.

Imyitwarire ye n’ubuhanga bwe byatumye kompanyi itegura ibitaramo ya ‘DoReDo’ www.doredo.com  imubenguka, imushyiriraho gahunda y’ibitaramo bitatu bikomeye yise “Karahanyuze Summer Tour’

Ibi bitaramo agiye gukora bizaba ku wa  14 Kamena 2025 i Quebec City, aho azafatanya n’Itorero Inkindi ryo muri Canada.

Ku wa 28 Kamena 2025 azataramira muri Ottawa, mu gitaramo gitegerejwe n’abantu benshi batuye muri uwo mujyi nk’uko abivuga.

Uyu muhanzi azasoza ibitaramo bye, ku wa 01 Kanama 2025, ku munsi w’umuganura, ari nabwo azataramira i Montreal mu gitaramo kizasoza uru rugendo rw’ibitaramo.

Yavuze ati “Navuga ko ari ibitaramo bizashyushya impeshyi muri Canada. Kandi niteguye gukora ibishoboka byose kugirango nzatange umusaruro.”

Maurix Baru avuga ko yishimiye cyane uburyo umuziki we uri kwakirwa mu bice bitandukanye bya Canada, kandi ko ari gukomeza guhamagarwa gutaramira mu mijyi itandukanye. Yashimiye by’umwihariko abafana be, ndetse na kompanyi ya ‘DoReDo’ iri kumufasha gutegura ibi bitaramo binini.

 

You Might Also Like

Sherrie Silver yashenguwe n’ihohoterwa rikorerwa umwana afasha yiyemeza kumuvuza

Umugore wa Justin Bieber yatangaje byinshi yahuye nabyo kuva yabana n’umugabo we

Minisitiri Olivier Nduhungirehe mu bihumbi byishimiye alubumu 25shades ya Bwiza

Aalliah Cool yakebuye inkumi ziyambika ubusa zishaka kugaragaza ubwiza bwazo

The Ben yeretswe urukundo n’abakunzi be mu gihugu cya Uganda (Amafoto)

Nsanzabera Jean Paul May 21, 2025 May 21, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imikino

Munyakazi Sadate yongeye kunyomoza Perezida wa Rayon Sport ku bijyanye n’imigabane

April 5, 2025
Imyidagaduro

Ne-yo yiseguye kubabajwe n’amagambo yavuze kubaryamana bahuje ibitsina

August 9, 2023
Andi makuru

Perezida wa Latvia, Edgars Rinkēvičs, yakiriye ku meza Perezida Paul Kagame (Amafoto)

October 3, 2024
Imyidagaduro

Amahoteli n’utubari byashyizwe igorora mu minsi mikuru

December 10, 2024
Imikino

Amavubi U-15 yananiwe kwihagararaho imbere ya Tanzania U-15 muri CECAFA U-15

November 8, 2023
Iyobokamana

Amafoto ya Perezida Andrzej Duda apfukamye imbere y’ishusho ya Bikira Mariya yazamuye imbamutima za benshi

February 9, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?