SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Amarira n’agahinda kenshi mu muhango wo gushyingura Dr Alfred Paul Jahn (Amafoto)
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Ubuzima > Amarira n’agahinda kenshi mu muhango wo gushyingura Dr Alfred Paul Jahn (Amafoto)
Ubuzima

Amarira n’agahinda kenshi mu muhango wo gushyingura Dr Alfred Paul Jahn (Amafoto)

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/06/20 at 11:06 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Mu gitondo cyo ku wa  gatatu tariki ya 19 Kamena 2024 nibwo inshuti n’umuryango wa Dr  Alfred  Paul Jahn wari uzwi nka Mona Amie bamusezeyeho bwa nyuma banamuherekeza mu cyubahiro.

Umuhango wo gusezera bwa nyuma kuri Dr  Alfred  Paul Jahn  watangiye saa kumi n’ebyiri za mu gitondo ubwo umurambo wa nyakwigendera wakurwaga mu buruhukiro bw’ibitaro bya Nyarugenge ugezwa mu rugo iwe aho yasezeweho bwa nyuma.

Nyuma yo kumusezeraho bwa nyuma, inshuti n’umuryango wa Dr  Alfred Paul  Jahn  bamusabiye  umugisha n’iruhuko ridashira  mu isengesho ryabereye iwe mu rugo riyoborwa n’umukozi w’Imana Annet

Nyuma y’isengesho abitabiriye umuhango wo guherekeza Dr  Alfred Paul  Jahn, bakomereje mu irimbi rya Nyamirambo aho umubiri we washinguwe mu gahinda kenshi ndetse n’amarira  y’imiryango y’abakene myinshi yafashije  cyane mu buzima bwe hano kw’isi na  hano mu Rwanda

Umuhango wo guherekeza mu cyubahiro Dr Alfred Jahn wabanjirijwe n’umugoroba wo kwizihiza ubuzima  bwe ahavugie amagambo menshi avuga urukundo no kwihangana yagize  mu myaka 87 yamze hano kw’isi

Buri wese wafashe ijambo yaba mu gitaramo cyo kwizihiza ubuzima bwa Dr  Alfred Jahn ndetse no mu muhango wo kumuherekeza mu cyubahiro Umuryago we  washimiye buri wese wababaye hafi muri iki gihe gikomeye , ndetse na Guverinoma y’U Rwanda  byihariye akarere ka Nyarugenge yari abereye  umufatanyabikorwa  mu bikorwa bitandukanye bijyane no guteza imbere abatifashije

Dr  Alfred Paul  Jahn yitabye Imana  ku tariki ya 12 Kamena 2024 iwe mu rugo I Nyamimbo azize uburwayi

 

You Might Also Like

Mu Rwanda hafunguwe uruganda rukora Inshinge zo kwa Muganga

1000 Hills Events na NCDP batanze ibihembo kubagize uruhare mu guteza imbere abamugaye

Kudasinzira bigabanya ubushake bwo gutera akabariro

Menya byinshi ku gisasu cya Oreshnik cyihuta kurusha ijwi

Minisiteri y’Ubuzima yashyizeho amabwiriza yo kwirinda Marburg kubakora ingendo

Nsanzabera Jean Paul June 20, 2024 June 20, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Twitter yatangiye gusubiza Blue Tick Abafite ababakurikira miliyoni

April 24, 2023
Imyidagaduro

Sheebah Karungi agiye kwibaruka

October 7, 2024
Imikino

UEFA: Man City yatereye ibaba imbere y’abafana itsindwa 3 kuri 2 na Real Madrid

February 12, 2025
Andi makuru

Zimbabwe igiye kwica inzovu 200 kubera inzara

September 17, 2024
Imyidagaduro

Kevin Hart n’umuryango we basuye urwibutso Jenoside rwa Kigali

July 20, 2023
Imyidagaduro

Bushali ,Muhinde, Umushumba barishimiwe cyane mu gitaramo baherutse gukorera I Musanze (Amafoto)

May 10, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?