SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Mu Rwanda hafunguwe uruganda rukora Inshinge zo kwa Muganga
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Mu Rwanda hafunguwe uruganda rukora Inshinge zo kwa Muganga
Andi makuruUbuzima

Mu Rwanda hafunguwe uruganda rukora Inshinge zo kwa Muganga

Wakibi Geoffrey
Last updated: 2025/04/02 at 12:26 PM
Wakibi Geoffrey
Share
3 Min Read
SHARE

Ku wa kabiri, mu Rwanda hafunguwe uruganda rwa mbere rw’Abashinwa muri Afurika yo munsi ya Sahara rukora ‘syringes’ rugamije kuzigeza ku isoko rya Afurika aho zikenewe.

Uru ruganda rwa kompanyi ya TKMD yo mu Bushinwa rwafunguwe na Minisitiri w’ubuzima Dr. Nsanzimana Sabin, rwubatse mu cyanya cyagenewe inganda mu murenge wa Mwulire mu karere ka Rwamagana mu burasirazuba bw’u Rwanda.

Ruzajya rukora serenge zizwi nka ‘auto-disable syringes’ buri imwe ifite ubushobozi bwo guhita yifunga iyo imaze gukoreshwa kugira ngo hirindwe ko yakoreshwa inshuro zirenze imwe.

Uru ruganda rufite abakozi barenga 100 kandi 80% byabo ni abagore, nk’uko bivugwa na Minisiteri y’ubuzima mu Rwanda.

Uruganda TKMD ruvuga ko izo serenge zizajya zigurishwa UNICEF ku giciro gito kugira ngo izikwize mu bihugu bya Afurika bizikenera mu bikorwa birimo gukingira abana n’ibindi.

Minisiteri y’ubuzima mu Rwanda ivuga ko uru ruganda, rwubatswe ku bufatanye na OMS/WHO na Gates Foundation, rufite ubushobozi bwo gukora serenge miliyoni imwe ku munsi.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Nsanzimana Sabin, yavuze ko uru ruganda ruje ari igisubizo muri Afurika yose kuko inshinge zari ikibazo hirya no hino mu bihugu bya Afurika.

Yavuze ko kuri ubu inshinge za mbere uru ruganda rwatangiye gukora zahise zigurwa zose na UNICEF aho zizoherezwa mu bihugu bya Ethiopia, u Burundi, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Mozambique n’ahandi henshi.

Ati “Ikibazo cyo gutegereza inshinge nticyari umwihariko wacu nk’u Rwanda twenyine. Ni ikibazo rusange kuko zavaga hanze kandi aho bazikora na bo nta bushobozi bwo guhaza isoko ryose rikenewe bafite. Ubu rero ibyo bibazo byose byakemutse uru ruganda ruje kuba igisubizo ku Rwanda no ku Mugabane wa Afurika muri rusange.’’

Uruganda TKMD ruvuga ko Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara yonyine ikenera izi ‘‘auto-disable syringes’ zigera kuri miliyoni 500 ku mwaka zo gukoresha mu gukingira.

Akenshi Afurika itumiza serenge muri Aziya zikaza mu mato aca mu nyanja, igikorwa gishobora kumara amezi kugira ngo zigere mu bihugu byinshi bya Afurika.

Uruganda rwatangiye imirimo mu Rwanda ruzafasha kugeza serenge henshi muri Afurika byihuse kandi ku giciro gito, nk’uko TKMD ibivuga.

 

 

You Might Also Like

Qatar igiye guha USA indege ya Boeing 747-8 izakoreshwa nka Air Force One

Umusirikare wa FARDC yinjiye mu rusengero arasa abarimo umwana w’amezi 4 bahasiga ubuzima

Perezida Ramaphosa yakuriye inzira abakeka ko afitanye ikibazo na Perezida Kagame

Bisi zikoresha amashanyarazi zatangiye kugeragezwa gutwara abagenzi mu Ntara

Cardinal Robert ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatorewe kuba Papa Mushya afata izina rya Leon XIV

Wakibi Geoffrey April 2, 2025 April 2, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Perezida Kagame yifatanyije na Tito Rutaremara mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 80

November 24, 2024
Imikino

Issa Hayatou yitabye Imana ku myaka 78

August 9, 2024
Imikino

Djihadi Bizimana yabonye ikipe muri Israël

July 5, 2023
Imyidagaduro

Umuhanzi Jammy the master nyuma y’imyaka ibiri yifuje gutangirana umwaka mushya n‘abakunzi be mu ndirimbo yise agacupa

December 28, 2024
Andi makuru

Umwamikazi wa Danemark yatangaje ko agiye kwegura ku ngoma

January 2, 2024
Imyidagaduro

Kanye West afite ikibazo cyo kwimwa uburenganzira ku bana be

May 1, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?