SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Haiti : Dr Garry Conille yagizwe Minisitiri w’Intebe
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Haiti : Dr Garry Conille yagizwe Minisitiri w’Intebe
Andi makuru

Haiti : Dr Garry Conille yagizwe Minisitiri w’Intebe

Ahupa Radio
Last updated: 2024/05/29 at 7:50 PM
Ahupa Radio
Share
2 Min Read
SHARE

Akanama kayoboye ubutegetsi bw’inzibacyuho muri Haiti kagize Dr Garry Conille, Minisitiri w’Intebe mushya w’iki gihugu, umwanya yaherukagaho mu 2012.

Hagati ya Ukwakira 2011 na Gicurasi 2012, Dr. Garry Conille yigeze kuba Minisitiri w’Intebe ku butegetsi bwa Michel Martelly, icyakora aza kwegura kuri uwo mwanya muri Gicurasi 2012.

Kuri iyi nshuro Perezida w’aka kanama hayoboye Haiti witwa Edgard Leblanc Fils ku wa 28 Gicurasi 2024 yavuze ko Dr Conille yashyizwe kuri uyu mwanya nyuma yo kumva imigabo n’imigambi y’abakandida basabaga uyu mwanya, akaba ari we utoranywa.

Dr. Garry Conille yari asanzwe ari Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bana, UNICEF mu bice bya Amérique Latine na Caraïbes.

Abahanga mu bya politiki babona Dr. Garry Conille nk’intambwe ikomeye mu bijyanye no kongera kwiyubaka kw’iki gihugu cyazahajwe n’imitingito.

Uretse imitingito uyu munsi Haiti ihanganye n’ibibazo bya politiki, aho yigabijwe n’amabandi ayoborwa n’uwahoze ari Umupolisi, Jimmy Chérizier uzwi nka ‘Berbecue’.

Dr. Garry Conille ashyizwe kuri uyu mwanya asimbuye Ariel Henry wakuweho n’aya mabandi mu mezi ashize.

Biteganyijwe ko Dr. Garry Conille n’aka kanama kagizwe n’abantu icyenda bazafatanya no gushyiraho guverinoma nshya, ibizakurikirwa n’amatora y’umukuru w’igihugu.

Kuva muri Gashyantare 2024 ni bwo ayo mabandi yatangiye guteza akaduruvayo mu Murwa Mukuru wa Haiti, Port-au-Prince.

Icyo gihe bafashye ikibuga cy’indege n’ibindi bice by’ingenzi birimo n’icyambu cyifashishwaga mu bucuruzi, byose biba bihagaritse gukora, abanyamahanga batangira gukuramo akabo karenge.

Ibyo byabaye mu gihe Henry wari Minisitiri w’Intebe yari yagiriye uruzinduko muri Kenya, gusaba ubufasha mu bijyanye no kugarura umutekano muri Haiti, bituma atongera kugaruka mu gihugu.

Nyuma gato muri Werurwe 2024 ni bwo byatangajwe ko yeguye kuri uyu mwanya.

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Ahupa Radio May 29, 2024 May 29, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Ubuhamya bwa Cassie Ventura mu rubanza rwa P Diddy bushobora gutuma afungwa Burundu

May 14, 2025
Andi makuru

Perezida Xi Jinping yageneye Donald Trump ubutumwa bw’ishimwe ku ntsinzi ye

November 7, 2024
Imyidagaduro

JayZ arifuza kugura ikipe ya Tottenham

August 1, 2023
Andi makuru

Musambira :Batatu bakomerekeye mu mpanuka ikomeye

January 14, 2025
Andi makuru

Students of the Dr Alfred Paul Jahn Foundation visit his grave before returning to school

September 5, 2024
Imikino

Icyo imibare ivuga kuri Tour du Rwanda 2024

February 17, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?