SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Haiti : Dr Garry Conille yagizwe Minisitiri w’Intebe
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Haiti : Dr Garry Conille yagizwe Minisitiri w’Intebe
Andi makuru

Haiti : Dr Garry Conille yagizwe Minisitiri w’Intebe

Ahupa Radio
Last updated: 2024/05/29 at 7:50 PM
Ahupa Radio
Share
2 Min Read
SHARE

Akanama kayoboye ubutegetsi bw’inzibacyuho muri Haiti kagize Dr Garry Conille, Minisitiri w’Intebe mushya w’iki gihugu, umwanya yaherukagaho mu 2012.

Hagati ya Ukwakira 2011 na Gicurasi 2012, Dr. Garry Conille yigeze kuba Minisitiri w’Intebe ku butegetsi bwa Michel Martelly, icyakora aza kwegura kuri uwo mwanya muri Gicurasi 2012.

Kuri iyi nshuro Perezida w’aka kanama hayoboye Haiti witwa Edgard Leblanc Fils ku wa 28 Gicurasi 2024 yavuze ko Dr Conille yashyizwe kuri uyu mwanya nyuma yo kumva imigabo n’imigambi y’abakandida basabaga uyu mwanya, akaba ari we utoranywa.

Dr. Garry Conille yari asanzwe ari Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bana, UNICEF mu bice bya Amérique Latine na Caraïbes.

Abahanga mu bya politiki babona Dr. Garry Conille nk’intambwe ikomeye mu bijyanye no kongera kwiyubaka kw’iki gihugu cyazahajwe n’imitingito.

Uretse imitingito uyu munsi Haiti ihanganye n’ibibazo bya politiki, aho yigabijwe n’amabandi ayoborwa n’uwahoze ari Umupolisi, Jimmy Chérizier uzwi nka ‘Berbecue’.

Dr. Garry Conille ashyizwe kuri uyu mwanya asimbuye Ariel Henry wakuweho n’aya mabandi mu mezi ashize.

Biteganyijwe ko Dr. Garry Conille n’aka kanama kagizwe n’abantu icyenda bazafatanya no gushyiraho guverinoma nshya, ibizakurikirwa n’amatora y’umukuru w’igihugu.

Kuva muri Gashyantare 2024 ni bwo ayo mabandi yatangiye guteza akaduruvayo mu Murwa Mukuru wa Haiti, Port-au-Prince.

Icyo gihe bafashye ikibuga cy’indege n’ibindi bice by’ingenzi birimo n’icyambu cyifashishwaga mu bucuruzi, byose biba bihagaritse gukora, abanyamahanga batangira gukuramo akabo karenge.

Ibyo byabaye mu gihe Henry wari Minisitiri w’Intebe yari yagiriye uruzinduko muri Kenya, gusaba ubufasha mu bijyanye no kugarura umutekano muri Haiti, bituma atongera kugaruka mu gihugu.

Nyuma gato muri Werurwe 2024 ni bwo byatangajwe ko yeguye kuri uyu mwanya.

You Might Also Like

Perezida Trump yishimiye uko yakiriwe n’igikomangoma Bin Salman cy’Arabie Soudite

Qatar igiye guha USA indege ya Boeing 747-8 izakoreshwa nka Air Force One

Umusirikare wa FARDC yinjiye mu rusengero arasa abarimo umwana w’amezi 4 bahasiga ubuzima

Perezida Ramaphosa yakuriye inzira abakeka ko afitanye ikibazo na Perezida Kagame

Bisi zikoresha amashanyarazi zatangiye kugeragezwa gutwara abagenzi mu Ntara

Ahupa Radio May 29, 2024 May 29, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imikino

Jimmy Gatete yagarutse mu Rwanda

May 7, 2024
Imyidagaduro

Ifoto ya Bwiza yenda gusomana na Juno Kizigenza ikomeje kuvugisha benshi .

January 17, 2023
Imyidagaduro

Zari Hassan yanenze aho bakirira abashyitsi mu kibuga cy’indege cya Entebbe.

April 17, 2025
Imyidagaduro

Cecile Kayirebwa,Cyusa,Sophie Nzayisenga,Muyango,Ruti Joel bazatarama mu gitaramo cya Iwacu na Muzika Festival Gakondo 2023 .

November 17, 2023
Imikino

Abakinaga umukino w’amahirwe muri Premier Bet bararira ayo kwarika nyuma y’ifungwa ryayo mu Rwanda

July 8, 2024
Andi makuru

Itsinda Tag Team ryatumiwe gususurutsa bazitabira Kigali Auto Show

July 13, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?