SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Haiti : Dr Garry Conille yagizwe Minisitiri w’Intebe
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Font ResizerAa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Haiti : Dr Garry Conille yagizwe Minisitiri w’Intebe
Andi makuru

Haiti : Dr Garry Conille yagizwe Minisitiri w’Intebe

Ahupa Radio
Ahupa Radio
Published: May 29, 2024
Share
SHARE

Akanama kayoboye ubutegetsi bw’inzibacyuho muri Haiti kagize Dr Garry Conille, Minisitiri w’Intebe mushya w’iki gihugu, umwanya yaherukagaho mu 2012.

Hagati ya Ukwakira 2011 na Gicurasi 2012, Dr. Garry Conille yigeze kuba Minisitiri w’Intebe ku butegetsi bwa Michel Martelly, icyakora aza kwegura kuri uwo mwanya muri Gicurasi 2012.

Kuri iyi nshuro Perezida w’aka kanama hayoboye Haiti witwa Edgard Leblanc Fils ku wa 28 Gicurasi 2024 yavuze ko Dr Conille yashyizwe kuri uyu mwanya nyuma yo kumva imigabo n’imigambi y’abakandida basabaga uyu mwanya, akaba ari we utoranywa.

Dr. Garry Conille yari asanzwe ari Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bana, UNICEF mu bice bya Amérique Latine na Caraïbes.

Abahanga mu bya politiki babona Dr. Garry Conille nk’intambwe ikomeye mu bijyanye no kongera kwiyubaka kw’iki gihugu cyazahajwe n’imitingito.

Uretse imitingito uyu munsi Haiti ihanganye n’ibibazo bya politiki, aho yigabijwe n’amabandi ayoborwa n’uwahoze ari Umupolisi, Jimmy Chérizier uzwi nka ‘Berbecue’.

Dr. Garry Conille ashyizwe kuri uyu mwanya asimbuye Ariel Henry wakuweho n’aya mabandi mu mezi ashize.

Biteganyijwe ko Dr. Garry Conille n’aka kanama kagizwe n’abantu icyenda bazafatanya no gushyiraho guverinoma nshya, ibizakurikirwa n’amatora y’umukuru w’igihugu.

Kuva muri Gashyantare 2024 ni bwo ayo mabandi yatangiye guteza akaduruvayo mu Murwa Mukuru wa Haiti, Port-au-Prince.

Icyo gihe bafashye ikibuga cy’indege n’ibindi bice by’ingenzi birimo n’icyambu cyifashishwaga mu bucuruzi, byose biba bihagaritse gukora, abanyamahanga batangira gukuramo akabo karenge.

Ibyo byabaye mu gihe Henry wari Minisitiri w’Intebe yari yagiriye uruzinduko muri Kenya, gusaba ubufasha mu bijyanye no kugarura umutekano muri Haiti, bituma atongera kugaruka mu gihugu.

Nyuma gato muri Werurwe 2024 ni bwo byatangajwe ko yeguye kuri uyu mwanya.

Perezida Kagame yagiriye uruziduko rw’akazi muri Angola
Yemi Alade yakoze impanuka ikomeye
African Public Procurement Network’s 4th General Assembly in Kigali Sets Path to Sustainable Economic Resilience Across Africa
Rwema Pascal yasabiwe gufungwa iminsi 30 muri Gereza
Dr Bizimana Jean Damascene yasabye urubyiruko rwitabiriye urugerero rw’inkomezabigwi kurangwa n’umurava
Share This Article
Facebook Email Print
Leave a Comment Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Online Slots Ireland Licensed

May 28, 2024
Imyidagaduro

Miss Bahati Grace yateye imitoma umugabo wizihiza isabukuru y’amavuko

May 31, 2023

Play Pokies In Australia Free Win Real Money

September 5, 2023

The Star Club Com Au

February 25, 2025

Glory Casino Review And Free Chips Bonus

May 28, 2024

Online Pokies That Accept Australian Players

September 5, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?