SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Ibitaramo bya Mico The Best iburayi byigijwe inyuma
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Ibitaramo bya Mico The Best iburayi byigijwe inyuma
Imyidagaduro

Ibitaramo bya Mico The Best iburayi byigijwe inyuma

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/09/13 at 2:11 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Nzeri 2023, umuhanzi akaba n’umwanditsi w’indirimbo Turatsinze Prosper uzwi nka Mico The Best yagombaga kuba yerekeje mu Mujyi wa Lyon mu Bufaransa kuhakorera igitaramo ariko ntibyakunze ku munota wa nyuma.

Uyu munyamuziki wakunzwe mu ndirimbo zirimo ‘Igare’Nayanjye, Umutaka, umunamba n’izindi nyinshi yadutangarije ko habaye impinduka zatumye atabasha kujya gutaramira abafana be n’abakunzi b’umuziki babarizwa muri kiriya gihugu kiri mu bigize Umugabane w’u Burayi.

Yavuze ko mu Bufaransa yagombaga kuhakorera igitaramo kimwe akagaruka mu Rwanda, ariko ko kuri iyi nshuro abamutumiye bari gukora ibishoboka byose kugirango azahakorere ibitaramo byinshi birenze kimwe yari kuhakorera.

Mico avuga ko kugeza ubu hamaze kwemezwa ibitaramo bine. Ati “Habayeho impamvu zatumye ntabasha kugenda uyu munsi. Abantumiye bari gukorana kugirango nzahakorera ibitaramo byinshi mu Bufaransa, bivuze ko amatariki y’ibitaramo yarahindutse, ariko ibitaramo byariyongereye.”

Ni ku nshuro ya mbere Mico The Best agiye gukorera ibitaramo i Burayi. Ku wa 7 Nyakanga 2023, nibwo yanditse kuri konti ye ya Instagram amenyesha abakunzi be bo mu Bufaransa ko yiteguye kubataramira.

Aya makuru yemejwe nyuma y’iminsi micye bitangarijwe abanyarwanda. Ni amakuru yatangiye kumenyekana mu ntangiriro z’impeshyi ariko yabanje kugirwa ubwiru kuko impande zombi zari zitaramara gushyira umukono ku masezerano.

Yabaye impamo ubwo umunyamideli Angel Divas Amber Rose yageraga i Kigali yatangarije itangazamakuru ko Mico The Best yatumiwe i Burayi na TUPAC ufite akabari kitwa Kigali Life Bar gaherereye mu Mujyi wa Lyon

Mico The Best yamamaye ahagana muri za 2008, aho amaze imyaka 16 ahagaze neza mu muziki nyarwanda. Yagize uruhare mu kwandika kw’indirimbo z’abahanzi benshi bo mu Rwanda

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul September 13, 2023 September 13, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imikino

Winner Bet Rwanda yahize izindi mu bihembo bya Service Excellence Awards

November 29, 2024
Andi makuru

Perezida Felix Antoine Tshisekedi wa DRC ategerejwe mu ruzinduko rw’akazi i Pékin

May 17, 2023
Imyidagaduro

Aalliah Cool yakebuye inkumi ziyambika ubusa zishaka kugaragaza ubwiza bwazo

May 19, 2025
Andi makuru

Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we Edgars Rinkēvičs wa Latvia

October 2, 2024
Andi makuru

Gen Muhoozi Kaineruba yatangaje ko isabukuru ye izabera i kigali

March 31, 2023
Imyidagaduro

Jennifer Lopez yikomye abakomeje kumwibasira bamuba ibye n’umugabo we

May 23, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?