SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Bahati Makaca yabatijwe mu mazi yiyemeza gukorera Uwiteka
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Bahati Makaca yabatijwe mu mazi yiyemeza gukorera Uwiteka
Andi makuru

Bahati Makaca yabatijwe mu mazi yiyemeza gukorera Uwiteka

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/05/29 at 2:04 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
SHARE

Amashimwe ni yose kuri Bahati Makaca wamamariye muri Just Family wishimiye ko nyuma yo kubatizwa mu mazi magari ubu agiye gukora ibikorwa birimo umugisha wa Kirisitu.

Uyu munyamuziki yabatijwe na Apôtre Alice Mignone Kabera washinze Women Foundation Ministries ndetse akaba n’Umushumba Mukuru wa Noble Family Church ku wa 28 Gicurasi 2023.

Bahati umaze umwaka asengera muri Noble Family Church avuga ko amaze igihe kinini yarakiriye Yesu Kirisitu ariko akaba yari atarafata umwanzuro wo kubatizwa ngo abe icyaremwe gishya.

Ati “Kuba uyu munsi napfanye na Yesu Kirisitu nkazukana na we ni iby’agaciro gakomeye cyane ku mukirisitu uwo ari we wese.”

“Ni ibintu maranye igihe kinini kuko nakiriye agakiza kera ariko nari ntarafata icyemezo cyo kubatizwa kuko byagiye bihura n’ingorane nyinshi ariko ubu ni umugisha ko mbatijwe noneho ku Munsi Mukuru wa Pentecôte.”

Uyu muhanzi witegura gukora ubukwe n’umukobwa witwa Cecile tariki 5 Kanama 2023 avuga ko atabatijwe kubera iyi gahunda ahubwo ari Imana yashimye ko biba uyu munsi.

Ati “Kuba mbatijwe ntaho bihuriye n’ uko ngiye gukora ubukwe cyangwa se fiancé wanjye yaba asengera hano ibyo si byo, na we asanzwe ari umukirisitu usengera muri Zion Temple.”

“Yego agakiza kadufasha kubana neza na bo tugiye kubakana, gusa hamwe n’Imana ni yo izabona ko nkwiriye urugo rwiza, naho ababihuza n’ubukwe nababwira ko ataribyo pe.”

Bahati avuga ko yabaye muri Just Family adakijijwe dore ko iri tsinda ryavuzwemo byinshi bijyanye no kujya mu bapfumu.

Gusa kuri ubu ngo ibikorwa bye bigiye gukomeza ariko birambitsweho ibiganza n’Imana. Ati “Naririmbye imyaka myinshi cyane muri Just Family ariko nayibagamo nta gakiza mfite, kuba mbatijwe ntibivuze ko ngiye kureka gukina filime cyangwa umuziki ahubwo ubu icyo ndi kureba ni uko ibyo nkora biragijwe Kirisitu kandi akaba ari na we ubiha umugisha.”

“Ni byiza kuba ngiye kubikora birimo Kirisitu kandi n’abandi babibonereho urugero kuko kuba uri runaka ntibivuze ko utabikora uri umukristo kuko nibwo ubona umugisha byisumbuyeho.”

Mu 2014 havuzwe inkuru nyinshi zivuga ko Bahati yakiriye agakiza akareka inzira mbi zatumaga hari ibyo atageraho gusa yari ataravuka bwa kabiri ngo abatizwe abe icyaremwe gishya.

“Kubatizwa kwanjye uyu munsi ntibivuze ko ari bwo mbaye umukirisitu nsanzwe ndi we kandi nzahora ndiwe.”

Uyu munyamuziki umaze gushinga imizi muri sinema y’u Rwanda avuga ko gahunda ze zigiye gukomeza zirimo gukina filime no kuzitegura, yakoze filime zirimo “Ruzagayura”, “Kaliza”, “Isi ya none”, n’izindi.

Nubwo Itsinda Just Family ryasenyutse burundu, Bahati yahishuye ko ari no gukora umuziki kugeza ubu akaba afite indirimbo ziri muri studio ubu yiteguye kuzishyira hanze.

 

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Nsanzabera Jean Paul May 29, 2023 May 29, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Urubyiruko rukoresha urubuga rwa Twitter mu Rwanda rwifatanyije n’abanyeshuri bo muri St Aloys Nyundo mu muganda

June 5, 2023
Imyidagaduro

Miss Muheto ashobora kwitabira Miss World 2023 izabera Dubai

February 14, 2023
Andi makuruImikino

Eco Arts ku bufatanye na Ferwafa bateguye ikiganiro n’abanyamakuru ku mitegurire y’Irushanwa rya SECOTO

May 23, 2023
Imikino

Live: Umufaransa, Thomas Bonnet ukinira ikipe ya Total Energies yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2023

February 22, 2023
Iyobokamana

Fortran Bigirimana yashyize hanze indirimbo Ndafise Impamvu yo gushima Yesu

February 27, 2024
Imyidagaduro

Bwa mbere mu Rwanda hateguwe irushanwa rihuza abaririmba Karaoke

November 24, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?