SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Itorero inganzo ngari ryahembuye imitima ya benshi mu gitaramo Ruganzu II Ndoli abundura u Rwanda (Amafoto)
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Itorero inganzo ngari ryahembuye imitima ya benshi mu gitaramo Ruganzu II Ndoli abundura u Rwanda (Amafoto)
Imyidagaduro

Itorero inganzo ngari ryahembuye imitima ya benshi mu gitaramo Ruganzu II Ndoli abundura u Rwanda (Amafoto)

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/08/17 at 5:49 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
SHARE

Itorero Inganzo Ngari ryaganuje abakunzi b’umudiho gakondo bari bitabiriye igitaramo cyabo ku bwinshi cyane ko ihema riri muri Camp Kigali cyabereyemo ryari ryakubise ryuzuye.

Ni igitaramo cya karindwi cy’Itorero Inganzo Ngari cyabaye mu ijoro ryo ku wa 4 Kanama 2023, iki kikaba cyari cyiswe ‘Ruganzu II Ndoli abundura u Rwanda’.

Bitewe n’uburyo amatike y’iki gitaramo yagurishijwe mbere, abakunzi b’iri torero bageze aho cyagombaga kubera hakiri kare kuko ahagana saa Kumi n’Imwe izuba ritararenga neza aba mbere bari bamaze kuhagera banafashe ibyicaro.

Uko amasaha yisunikaga ni ko abantu bakubitaga bakuzura ahabereye igitaramo ku buryo abahageze ahagana saa Moya z’ijoro byari byatangiye kugorana kubona aho bicara.

Ubwinshi bw’abitabiriye igitaramo byagaragaraga ko bigoye kubicaza neza buri wese bitewe n’aho yishyuriye, bwatumye hari abisanga bicaye mu byicaro bihabanye n’aho bateganyirijwe.

Uretse ako kuvanga ibyicaro by’abitabiriye iki gitaramo, akandi kantu katanyuze benshi muri iki gitaramo ni uburyo nta buryo buhagije bwo kwica icyaka no kubona ibyo kurya bwari bwateguwe.

Bitewe n’ubushobozi bwari hasi bwo guhaza umubare w’abantu bari bitabiriye iki gitaramo, ahacururizwaga ibyo kurya no kunywa hagaragaraga umuvundo ku rwego rwo hejuru, nabwo hakaba abananirwa kuwihanganira bakabivamo bagataha igitaramo kitarangiye.

Ku rundi ruhande ariko, uko benshi barwanaga n’utwo tubazo, ku rubyiniro byari ibicika kuko umudiho w’Inganzo Ngari wari ukomeje kuryohera ugutwi kw’abitabiriye igitaramo.

Umwe mu baganiriye n’itangazamakuru nyuma y’igitaramo, yahamije ko umuziki gakondo ukomeje kugaragarizwa urukundo rukomeye.

Ati “Ibaze niba ihema rijyamo abantu ibihumbi bitatu ryakubise rikuzura bamwe bagataha babuze aho bicara, ni ikigaragaza ko umuziki gakondo ukunzwe kandi umuntu wateguye ibintu byiza abantu bamugana.”

Iri torero ryakinnye umukino ukomoza ku bigwi by’Umwami Ruganzu II Ndoli wakoze ibintu bidasanzwe mu mateka y’u Rwanda, kuko yarubunduye nyuma y’imyaka 11 abundiye (yarahungiye) i Karagwe.

Icyo gihe cyose, u Rwanda, Abanyarwanda n’umuco wabo byarazimanganye. Ubwo Ruganzu II Ndoli yari amaze kwima ingoma, yaguye inkiko z’u Rwanda agarura indangagaciro, azahura umuco, imihango n’imigenzo Nyarwanda.

Mu byo Ruganzu II Ndoli yagaruye harimo Umunsi w’Umuganura aho Abanyarwanda bishimiraga umusaruro w’ibyo bejeje.

Ni umuhango watangiye ku Ngoma ya Gihanga Ngomijana ahagana mu Kinyejana cya 11, uyu muhango ariko kandi wongeye gucibwa n’abakoloni mu 1925, wongera kugarurwa na Guverinoma y’u Rwanda mu 2011.

 

You Might Also Like

The Ben yaciye amarenga yo gukora igitaramo cya Kabiri cya New Year Groove

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Kera kabaye Kenny Sol yasohotse muri 1:55 AM

Asinah Erra yagejeje ikirego cy’umunya-eritrea uherutse kumukubita urushyi muri RIB

Nsanzabera Jean Paul August 17, 2023 August 5, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Abanyamideli 20 bari mu Irushanwa Supra Model basuye Parike ya Nyungwe (Amafoto)

October 17, 2023
Imyidagaduro

Danny Vumbi yahishuye igituma atava mu muziki kugeza ubu

August 20, 2024
Imyidagaduro

Piano The Grooveman yasinye muri Studio y’umuhanzi Ricky Password

May 10, 2024
Imyidagaduro

The Ben Agiye guhurira mu gitaramo kimwe n’abarimo Diamond Platnumz,Bebe Cool na Eddy Kenzo muri Uganda

May 22, 2025
Andi makuru

Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro Umwami Mswati III

August 13, 2024
Utuntu n'utundi

Benjamin Netanyahu yasabiwe gutabwa muri yombi na CPI

November 21, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?