SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Eric R. Holder, Jr. wishe Nipsey Hussle yakatiwe imyaka 60
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Eric R. Holder, Jr. wishe Nipsey Hussle yakatiwe imyaka 60
Imyidagaduro

Eric R. Holder, Jr. wishe Nipsey Hussle yakatiwe imyaka 60

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/02/23 at 2:10 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Eric R. Holder, Jr. yahamijwe n’urukiko icyaha cyo kurasa akica umuraperi Airmiess Joseph Asghedom (Nipsey Hussle), akatirwa igifungo cy’imyaka 60.

Uyu musore yahamijwe icyaha yakoze mu 2019, ubwo yarasaga umuraperi Nipsey Hussle imbere y’iduka rye mu mujyi wa Los Angeles, muri Leta ya California, akomeretsa n’inshuti ze ebyiri.

Eric R. Holder, Jr. yakatiwe igifungo cy’imyaka 60 ku wa Gatatu tariki 22 Gashyantare 2023, nyuma y’ubuhamya bwatanzwe na zimwe mu nshuti za Nipsey Hussle ndetse n’urwandiko rwa Se w’uyu musore.

Amakuru dukesha BCC, avuga ko uyu musore yaburanye avuga ko byari umwanzuro uhubutse yakoze, nyuma y’ikiganiro yagiranye n’uyu muraperi kubijyanye n’ibihuha byavugwaga ko Nipsey Hussle akorana n’abapolisi.

Bivugwa ko Airmiess Joseph Asghedom (Nipsey Hussle), yarashwe byibuze inshuro 10, nyuma uyu musore akamukubita umugeri mu mutwe akiruka.

Nipsey Hussle yari umuraperi wavutse tariki 15 Kanama 1985, mu mujyi wa Los Angeles muri Leta ya California, imwe muri Leta zunze Ubumwe za Amerika.

Uyu ni umuraperi wakunzwe kuvugwaho guharanira uburenganzira bw’abirabura muri Amerika ndetse no gufasha abatishoboye.

Kuva akiri muto yakuriye mu gatsiko ko ku muhanda ‘the Rollin’ 60s street gang’ kari kazwi mu mujyi wa Los Angeles.

Mbere yo gupfa, yari yarafunguye iduka rye yise ‘Marathon Clothing store’, mu rwego rwo kuzajya afasha abaturage, ndetse asigaye akorana n’inzego zishwinzwe umutekano mu kurebera hamwe uburyo bwo guhashya urugomo rwaterwaga n’udutsiko tw’amabandi.

You Might Also Like

The Ben yaciye amarenga yo gukora igitaramo cya Kabiri cya New Year Groove

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Kera kabaye Kenny Sol yasohotse muri 1:55 AM

Asinah Erra yagejeje ikirego cy’umunya-eritrea uherutse kumukubita urushyi muri RIB

Nsanzabera Jean Paul February 23, 2023 February 23, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Teta Sandra yashimiye umugabo we Weasel nyuma yo kumuha impano y’imodoka nshya

April 17, 2025
Andi makuru

Stephen Rwamurangwa n’umushoramari Dubai Batawe muri Yombi

April 20, 2023
Utuntu n'utundi

Umwami Charles wa III w’ubwongereza yajyanywe mu bitaro kubera Prostate

February 6, 2024
Imyidagaduro

Nufashwa Yafasha Yashimiye abana basoje icyiciro cya kabiri cy’amasomo yabo y’incuke

July 18, 2023
Andi makuru

RIB yataye muri yombi umukozi w’Akarere ka Nyamagabe ukekwaho gusambanira mu kabari

April 10, 2023
Imikino

Skol Rwanda yafunze ikibuga cy’imyitozo ku makipe yombi ya Rayons Sport

February 19, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?