SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Jimmy Gatete yatangaje abakinnyi 11 b’ibihe byose kuri we ndetse n’ibyo akunda mu buzima
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Font ResizerAa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imikino > Jimmy Gatete yatangaje abakinnyi 11 b’ibihe byose kuri we ndetse n’ibyo akunda mu buzima
ImikinoImyidagaduro

Jimmy Gatete yatangaje abakinnyi 11 b’ibihe byose kuri we ndetse n’ibyo akunda mu buzima

Nsanzabera Jean Paul
Nsanzabera Jean Paul
Published: May 8, 2024
Share
SHARE

 

Rutahizamu Jimmy Gatete benshi bita imana y’ibitego yatangaje abakinnyi 11 beza bakinanye mu makipe yanyuzemo ndetse no mu Ikipe y’Igihugu (Amavubi).

Uyu munyabigwi yatondetse ikipe ye y’ibihe byose ku wa Gatatu, tariki 8 Gicurasi 2024 mu kiganiro Urubuga rw’Imikino gitambuka kuri Radio Rwanda.

Abajijwe abakinnyi 11 beza bakinanye, Gatete yavuze ko bigoye gukora amahitamo ariko agerageza gutondeka ikipe ye.

Umunyezamu yamugize Murangwa Eugène Eric wakinaga muri Rayon Sports no mu Amavubi, avuga ko gukinisha amaguru ndetse no kumenya uko akinisha ba myugariro ba muri imbere ari bimwe mu byo yarushaga abandi banyezamu.

Myugariro w’iburyo ahazwi nko kuri kabiri yahashyize Sibomana Abdul, ibumoso cyangwa kuri gatatu yahashyize Ndikumana Hamad wamamaye nka Katauti. Ni mu gihe mu mutima w’ubwugarizi yashyizemo Kalisa Claude na Bizagwira Léandre.

Hagati mu kibuga ahazwi nko kuri gatandatu yahashyize nyakwigendera Jeanot Witakenge wamamaye cyane muri Rayon Sports. Hari kandi Karekezi Olivier uzwi nka Danger man ndetse na Jimmy Mulisa.

Mu bakinnyi batatu b’imbere bataha izamu, yishyize ku busatirizi (nimero icyenda), mu gihe yaba afatanya na Mbonabucya Désiré na Kabongo Honoré.

Sibyo  gusa  uyu rutahizamu uunzwe cyane mu Rwanda  yanagarutse ku muziki akunda kumva cyane kandi umunyura nubwo Atari  ibintu akunda cyane

Ubwo yari abajijwe niba ajya agira umwanya wo kumva umuziki hakaba n’abahanzi afata nk’abibihe byose kuri we, yavuze ko yihebeye abo mu myaka yo hambere.

Ati “Umuziki ndawukurikirana, nubwo ab’ubu mbazi, mbakurikira, ariko nkunda cyane aba cyera. Nka Cecile Kayirebwa nkunda indirimbo ze ariko reka simvuge amazina kuko mfitemo inshuti ntaza kugira ibibazo.”

Uyu mugabo wabaye ikimenyabose muri ruhago y’u Rwanda kugeza ubwo ahawe akazina ka ’Mana y’Ibitego’ bitewe n’uburyo yakundaga gutsindira Ikipe y’Igihugu Amavubi, ari i Kigali ku butumire bwo gutaha inyubako ya Kigali Universe.

Ni inyubako byitezwe ko izatahwa mu minsi iri imbere ahateganyijwe irushanwa rizahuza abahanzi, abakinnyi bakanyujijeho, abashoramari ndetse n’abanyamakuru b’imikino.

 

 

 

Ikipe ya Bugesera yatandukanye n’umutoza Eric Nshimiyimana
Jay C yishimiye ko Fireman yavuye muri Rehab ameze neza
Jules Sentore yasubiye gutaramira Abanyarwanda iburayi
Shaggy na Bruce Melodie bagiranye ibiganiro muri Amerika
Umuhanzi Rapper Man wo mu itsinda Folk Imena yashyize hanze indirimbo yise ‘Turahari “ yitiriye EP ye
Share This Article
Facebook Email Print
Leave a Comment Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Top Online Pokies And Casinos In Australia Today

May 28, 2024

Is Casino Gambling Licensed In Ireland

October 13, 2019

What Are The Different Types Of Pokies

February 25, 2025

Play Pokies Online Real Money New Zealand

May 28, 2024

Zenbetting Casino No Deposit Bonus Codes For Free Spins 2024

May 28, 2024

Star City Casino Play Online

February 25, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?