SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Jay C yishimiye ko Fireman yavuye muri Rehab ameze neza
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Font ResizerAa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Jay C yishimiye ko Fireman yavuye muri Rehab ameze neza
Imyidagaduro

Jay C yishimiye ko Fireman yavuye muri Rehab ameze neza

Nsanzabera Jean Paul
Nsanzabera Jean Paul
Published: March 20, 2025
Share
SHARE

Fireman wamamaye mu ndirimbo zinyuranye kuva mu myaka 20 ishize, yari muri iki kigo cy’i Huye kuva mu mpera za Mutarama 2025, aho yari yijyanye nyuma yo gusanga akeneye umwanya wo kwiyitaho no kwitekerezaho mu bijyanye n’imitekerereze kugira ngo yongere ashyire imbaraga mu bikorwa bye by’umuziki, amere neza.

Umuraperi Jay C wabanye mu rugo rumwe na Fireman kuva biga mu mashuri abanza, yadutangarije  ko Fireman yageze mu rugo rwe kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Werurwe 2025, ni nyuma y’igihe cyari gishize abarizwa muri kiriya kigo cy’i Huye.

Fireman yafashe icyemezo cyo kujya i Huye nyuma y’uko asoje igitaramo ‘Icyumba cya Rap’ yahuriyemo n’abaraperi bagenzi be cyabereye muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali, ahari ibihumbi by’abafana b’iyi njyana.

Ni icyemezo yafashe, kuko yumvaga ashaka guhura n’umuganga we mu by’imitekerereze i Huye muri ‘Isange Stop Center’, ndetse yakoresheje uyu mwanya mu rwego rwo kuruhuka no kongera kwiyitaho kugirango azagarukane imbaraga mu muziki.

Ku wa 28 Gashyantare 2025, Fireman yatunguranye mu gitaramo cya ‘Tour du Rwanda Festival’ cyabereye mu Mujyi wa Huye ataramira abakunzi be. Yahuriye ku rubyiniro n’abandi bahanzi Bwiza, Bushali, Juno Kizigenza, Mico The Best na Senderi Hit.

Inyandiko zinyuranye zivuga kuri uyu muraperi, zigaragaza ko yatangiye umuziki aririmba inyana ya Rn’B aho yitwaga izina rya Gintwd.

Nyuma yaje guhindura ajya muri Hip Hop muri 2004 ari kumwe na Bull Dogg na Jay C bakora itsinda biyita Magic Boyz bakorera muri TFP indirimbo ya mbere.

Kubera ko nta mbaraga umuziki wo mu Rwanda wari ufite muri iyo myaka byarabagoye cyane. Muri 2005-2006 Fireman we na Bulldogg baje gukora irindi tsinda ryitwaga United Monsterz bari kumwe na Kaviki hamwe na Matt.

Iri tsinda naryo ntibaje kurambamo kubera ko bananiranye n’uko muri 2008 Fireman na Bull Dogg barakomeza bahura na Green P na Jay Polly bakora itsinda baryita Tuff gang.

Nyuma nibwo haje kuza undi muhanzi witwa P Fla abiyungaho baba batanu. Indirimbo ya mbere yaririmbyemo ni “Ibyanjye ndabizi” aho yari kumwe na Diplomate, Masho Mampa, ndetse na P.fla yaje gukomeza akora indirimbo nyinshi zirakundwa cyane nka ‘Nyita tuff’, ‘impande zanjye ni umwanda’, ‘Ndabura’, ‘Bana bato’ n’izindi.

Fireman yakoranye n’abandi bahanzi indirimbo nyinshi. Kandi yumvikanye cyane mu ndirimbo nka ‘Inkovu z’amateka’ ari kumwe na Babbly, Green P., Jay Polly, Bulldogg n’abandi.

Dr Murangira  yasabye abakoresha imbuga nkoranyambaga kuva mu bibazo bya Danny Nanone n’uwo babyaranye
Perezida Museveni yiyemeje gutanga ibishoboka byose Jose Chameleon akavurwa
Abahanzi Amalon,Victor Rukotana na Juno Kizigenza bateguye ibitaramo bibimburira umunsi mpuzamahanga wa Muzika
Knowless na Clement bakuriye inzira ku murima kubirirwa babaza impamvu baterekana abana babo
Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)
Share This Article
Facebook Email Print
Leave a Comment Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Teta Sandra agiye kwongera gutegura ibitaramo by’abambaye umweru I Kigali

May 23, 2023

Beep Casino Login App Sign Up

February 25, 2025

Uptown Pokies Review 2024

May 28, 2024

Basic Blackjack Rules Ireland

May 28, 2024

Flipper Zero Casino

May 28, 2024

77 Casino Review And Free Chips Bonus

February 25, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?