SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Kampayana Augustin wayoboye akarere ka Nyarugenge n’ibindi bigo yitabye Imana
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Kampayana Augustin wayoboye akarere ka Nyarugenge n’ibindi bigo yitabye Imana
Andi makuru

Kampayana Augustin wayoboye akarere ka Nyarugenge n’ibindi bigo yitabye Imana

Ahupa Radio
Last updated: 2024/02/05 at 3:09 PM
Ahupa Radio
Share
1 Min Read
SHARE

Kampayana Augustin wayoboye ibigo bitandukanye mu Rwanda birimo ikigo cy’igihugu gishinzwe imiturire, RHA, yitabye Imana.

Umwe mu bagize umuryango wa Kampayana yatangaje ko yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa 5 Gashyantare 2024. Ati “Nibyo koko yapfuye.”

Yatangaje ko Kampayana yapfiriye mu rugo ubwo yiteguraga kujya kwa muganga. Ati “Mu kwitunganya ngo ajye kwa muganga nibwo yapfuye.”

Yasobanuye ko icyo yazize kiteramenyekana, bityo ko bategereje igisubizo cyo kwa muganga kugira ngo bamenye ukuri.

Kampayana yari afite imyaka 60 y’amavuko. Asize umugore n’abana bane barimo abakobwa babiri n’abahungu babiri.

Mbere yo kuba Umuyobozi Mukuru w’agateganyo wa RHA, Kampayana yabanje kuba umuyobozi muri iki kigo ushinzwe imiturire mu mijyi no mu cyaro.

Yabaye kandi Umuyobozi w’akarere ka Nyarugenge n’uw’ishyirahamwe ry’uturere n’umujyi wa Kigali, RALGA, ubwo ryashingwaga mu 2003.

Kampayana yayoboye urwego rwa Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu rwari rushinzwe imiturire yo mu cyaro mu gihe Guverinoma yari muri gahunda yo guca inzu za Nyakatsi.

You Might Also Like

Perezida Archange Touadéra akomeje gusabwa n’uburusiya gusinyana n’abandi bacanshuro

Korali Ganza Kristo yo muri ADEPR Gasave yateguye igiterane cy’amashimwe kizamara iminsi 2

Joe Biden wahoze ayobora USA yasanzwemo akabyimba muri Prostate

Perezida José Mujica wafatwanga nk’umukene yitabye imana ku myaka 89

Perezida Trump yishimiye uko yakiriwe n’igikomangoma Bin Salman cy’Arabie Soudite

Ahupa Radio February 5, 2024 February 5, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Horaţiu Potra ukuriye abacanshuro bari muri RDC yatawe muri yombi

December 9, 2024
Andi makuru

Perezida Kagame yashimangiye ko AI ari ingenzi mu iterambere ry’Afurika

April 3, 2025
Andi makuru

Abaturage bagiye gutuzwa mu mudugudu w’icyitegererezo wa Mpazi bishimiye amazu bagiye gutuzwamo

November 28, 2024
Imyidagaduro

Abagize Itorero Ishyaka ry’intore bakiriwe na Minisitiri Dr. Utumatwishima

January 22, 2025
Imyidagaduro

Rema yanyomoje amakuru avuga ko asenga Satani

March 17, 2025
Andi makuru

U Rwanda rwemereye inzira Ingabo za SADC ziri i Goma

April 21, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?