SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Minisiti w’intebe w’Ububiligi Maxime Prevot yasabye Museveni kuba umuhuza w’u Rwanda n’Ububiligi
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Minisiti w’intebe w’Ububiligi Maxime Prevot yasabye Museveni kuba umuhuza w’u Rwanda n’Ububiligi
Andi makuru

Minisiti w’intebe w’Ububiligi Maxime Prevot yasabye Museveni kuba umuhuza w’u Rwanda n’Ububiligi

Wakibi Geoffrey
Wakibi Geoffrey Published April 28, 2025
Share
SHARE

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, wari i Kampala kuwa Gatanu ushize, ngo usibye ikibazo cy’umutekano mu karere, mu byamugenzaga harimo no gusaba Perezida Museveni gufasha kugarura umwuka mwiza hagati y’ u Bubiligi n’u Rwanda.

Kuwa Gatanu mu ijambo yavugiye muri Uganda, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi akaba na Minisitiri w’Intebe wungirije, Maxime Prevot, yavuze ko nubwo bagifata u Rwanda nk’ingenzi mu karere kandi ruri mu mwanya mwiza mu gukemura amakimbirane mu burasirazuba bwa Congo, budashobora kwirengagiza ko u Rwanda ruvogera ubusugire bwa Congo.

Mu gihe ariko u Bubiligi bushaka uruhare rwa Perezida Museveni mu kurangiza amakimbirane mu burasirazuba bwa Congo, iyi nama yari inagamije ku rundi ruhande, gusaba Museveni kongera guhuza u Bubiligi n’u Rwanda nk’uko inkuru dukesha The East African ivuga.

Mu magambo ye bwite, Minisitiri Prevot yavuze ko Perezida Museveni ari umuhuza w’ingirakamaro mu biganiro bya dipolomasi.

Mu kiganiro n’itangazamakuru i Kampala, Prevot wari mu uruzinduko muri Uganda n’u Burundi kuva kuwa Gatanu asoreza i Kinshasa kuri iki Cyumweru, yavuze ko yahuye na Museveni, bwa mbere ngo avome ku bubararibonye bwe ku karere, ikintu ngo u Bubiligi busanga cyaba ingenzi mu gukemura amakimbirane mu burasirazuba bwa Congo no gusaba ubufasha mu kongera gutsura umubano hagati y’u Bubiligi n’u Rwanda.

“Ikibabaje, kuri uru rwego ntibigishotse kuri njye gusura u Rwanda kubera icyemezo cyarwo cyo gucana umubano natwe. Nasobanuriye Perezida Museveni ko hari amakuru menshi y’ibinyoma kuri iki ikibazo. Gucana umubano wa dipolomasi ntabwo ari igisubizo ku bitekerezo bitandukanye n’ibyawe,” uyu ni Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prevot.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi yakomeje avuga ko yizeye ko hakiri icyumba cy’ibiganiro no kumva neza kurushaho ibitekerezo by’undi, anongeraho ko ndetse n’u Burusiya nubwo bwafatiwe ibihano nyuma yo gutera Ukraine bagifitanye umubano ushingiye kuri dipolomasi n’ubwo uri ku rwego runaka.

Ku itariki 17 Werurwe 2025, nibwo Guverinoma y’u Rwanda yasohoye itangazo rivuga ko u Bubiligi bwakomeje gutesha agaciro u Rwanda “yaba mbere no mu gihe cy’aya makimbirane yo muri  Congo, aho u Bubiligi bufite uruhare mu mateka mabi by’umwihariko mu gukora ibikorwa bibangamira u Rwanda”.

U Rwanda rwavuze ko u Bubiligi bwafashe uruhande mu makimbirane ari kuba rujya ku ruhande rubangamiye u Rwanda, kandi rugakwirakwiza ibinyoma kugira ngo hafatwe ibyemezo bibangamiye u Rwanda ariko byose bigamije “guhungabanya u Rwanda n’akarere”.

Iri ryavugaga ko “Abadipolomate bose b’u Bubiligi mu Rwanda basabwe kuva mu gihugu mu gihe kitarenze amasaha 48”, ruvuga ko ruzubahiriza amahame mpuzamahanga ya Vienne rurinda imitungo n’inyubako z’u Bubiligi biri mu Rwanda.

 

 

You Might Also Like

Burundi :Ishyaka CNDD –FDD rya Ndayishimiye ryegukanye imyanya yose mu nteko ishinga amategeko

Trump yatangaje ko yatunguwe n’ibibazo byabaye hagati ye na Elon Musk

Minisitiri Nduhungirehe Olivier aranenga abayobozi bakomeje gusakaza amakuru ashobora guhungabanya amasezerano hagati na RDC

Elon Musk akomeje kwicuza icyamuteye kugirana ibibazo na Donald Trump

Minisitiri Constant Mutamba yongeye guterana amagambo n’umushinjacyaha mukuru

Wakibi Geoffrey April 28, 2025 April 28, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Liberia : Prince Johnson wahoze ari umukuru w’inyeshyamba yitabye Imana

November 29, 2024
Imyidagaduro

Chris Brown yakoze amateka yo kugurisha amatike menshi mu gihe gito muri Afurika y’epfo na Brasil

October 4, 2024
Imyidagaduro

Abateguye Africa Unveil Festival biyemeje kuzashimisha ababakuriye muri Gakondo

December 4, 2024
Andi makuru

Ubujurire bwa Apôtre Yongwe bwatewe ishoti

December 4, 2023
Andi makuru

The Ben yasobanuye inshuti nziza iyo ariyo

November 19, 2024
Andi makuru

Mozambique : Venancio Mondlane utavuga rumwe n’Ubutegetsi yitabye umushinjacyaha Mukuru

March 12, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?