SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: #Kwibuka31: Massamba yasabye urubyiruko kudasinda ibyishimo ahubwo rukwiye kuba maso muri iki gihe twibuka
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > #Kwibuka31: Massamba yasabye urubyiruko kudasinda ibyishimo ahubwo rukwiye kuba maso muri iki gihe twibuka
Imyidagaduro

#Kwibuka31: Massamba yasabye urubyiruko kudasinda ibyishimo ahubwo rukwiye kuba maso muri iki gihe twibuka

Ahupa Radio
Last updated: 2025/04/10 at 3:37 PM
Ahupa Radio
Share
4 Min Read
SHARE

Umuhanzi Massamba Intore, wamamaye mu ndirimbo za gakondo zifite ubutumwa bubumbatiye amateka n’umuco nyarwanda, yasabye urubyiruko kutirara no kutajenjeka muri iki gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuko hari abagihembera ingengabitekerezo ya Jenoside.

Massamba yavuze ko n’ubwo u Rwanda rwubatse amahoro n’umutekano wifuzwa na benshi, hatabura abacyifuza kurusubiza inyuma binyuze mu gusibanganya amateka, kubiba amacakubiri no gusebya ibyagezweho.

Ati “Rubyiruko mube maso, ntimusinde ibyishimo ngo mukabye kuko umwanzi ntasinziriye. Muhaguruke muharanire kubaho neza, mubirwanire, nibiba ngombwa mubipfire. Guca agasuzuguro ni ukwigira… umugabo arigira yakwibura agapfa.”

Massamba Intore azwi nk’umwe mu bahanzi barwanye urugamba rwo kubohora u Rwanda biciye mu buhanzi bwe, aho mu myaka isaga 30 yakoze ibihangano byubaka umuco, bikangurira Abanyarwanda gukunda igihugu no kugiharira ibitekerezo byubaka. Asanga umuhanzi atagomba kwishimira gusa ubwamamare, ahubwo ko afite inshingano yo gusigasira indangagaciro z’igihugu no kucyubakira.

Yagize ati “Ku bahanzi bo, mukomeze muhange iby’ubwenge, bifitiye u Rwanda akamaro n’isi yose. Impano Imana yabahaye ibabere inganji. Mubwire amahanga yose ko abahekuye u Rwanda babanje gutsemba umuco, bica Inganzo, ko muhari kugira ngo mururate ubwiza, ubutwari, ubupfura nk’uko byahozeho amahano atararugwira.”

Uyu muhanzi usanzwe anafite izina rikomeye mu buhanzi bwubakiye ku muco, yavuze ko mu bihe byo kwibuka, ari ngombwa ko abantu bose by’umwihariko urubyiruko bashyira imbere ibikorwa bifitiye sosiyete akamaro, bagaharanira kwerekana isura y’u Rwanda rushya ruzira ivangura n’urwango.

Yongeyeho ati “Murugire rugari, Rwanda rugere iyo aho abasogokuru bacu barugejeje maze bakicara bagasoma ku nturire ituza benimana, ari bo Ben’umugisha.”

Massamba Intore, kimwe n’abandi bahanzi bafite aho bahuriye n’amateka y’igihugu, akomeje kwifashisha inganzo mu gusigasira amateka, gusubiza icyubahiro umuco nyarwanda no gutanga umusanzu mu rugamba rwo kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside igaragara muri bamwe mu bashaka gusenya ibyo u Rwanda rwubakiyeho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Massamba Intore ni umwe mu bahanzi bakomeye bagize uruhare mu gusigasira umuco no gukangurira Abanyarwanda kwiyubaka nyuma ya Jenoside.

Yamenyekanye mu bihangano byimakaza indangagaciro nyarwanda bifite umwihariko mu kuvuga amateka, ubutwari n’umuco. Ubu buhanzi yabukoresheje nk’intwaro yo guhangana n’abashaka gusenya igihugu, ndetse akaba akunze kuvuga ko “indirimbo ari intwaro idasaza igihe iherekejwe n’ubutumwa bukwiye.”

Uyu muhanzi agaragaza ko hari abantu bagihamagarira urubyiruko kugendera mu nzira z’amacakubiri no gukurura ingengabitekerezo ya Jenoside, bifashishije imbuga nkoranyambaga, inyandiko z’itesha agaciro ibyabaye, ndetse n’uburyo bwo kwandika amateka bayobya ukuri.

Massamba avuga ko iki ari igihe cyo guhangana n’abo bose mu buryo bwose bushoboka, binyuze mu butumwa buhamye, kwigisha amateka nyayo n’uruhare rwa buri wese mu gukumira ikibi.

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ubutumwa nk’ubwa Massamba Intore buragaragaza ko urugamba rwo kubungabunga amateka, guhangana n’abapfobya Jenoside no gusigasira umuco rugikomeje, kandi rukeneye imbaraga z’urubyiruko n’abahanzi.

Urubyiruko rufite amahirwe yo kuba rwaravutse cyangwa rwararezwe mu gihugu cyubatse amahoro n’iterambere, ariko ni na rwo rugenerwa inshingano zo kurinda ibyo byose, kuko rufite ubushobozi bwo gukoresha ikoranabuhanga, ubuhanzi, uburezi n’ibitekerezo bishya mu guhangana n’abashaka gusenya u Rwanda.

Ku rundi ruhande, abahanzi bafite uruhare runini mu gukangura imbaga. Indirimbo, ikinamico, ibihangano by’ubugeni n’amarenga, byose bishobora kuba urubuga rwo gukomeza kurandura ibitekerezo bibi, kwigisha amateka no gusigasira ibyagezweho.

Iyo inganzo itazimye, umwanzi nta mwanya agira. Ibi nibyo Massamba yibutsa abahanzi bagenzi be kugira ngo amahanga atazibagirwa ukuri, binyuze mu bihangano bihamye bifite umurongo.

 

 

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Ahupa Radio April 10, 2025 April 10, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Bidasubirwaho Ingabo za M23 nizo zirinze Goma n’umupaka n’u Rwanda

January 29, 2025
Imyidagaduro

Imigabo Live concert n’igitaramo cyo gushimira Parezida Paul Kagame : Cyusa Ibrahim

April 23, 2024
Imyidagaduro

Inzu n’imodoka bya Fally Lipupa byatwikiwe I Kinshasa

March 1, 2023
Imyidagaduro

Abaraperi bakomeye mu Rwanda batumiwe mu gitaramo cyiswe Icyumba cya Rap

November 27, 2024
Andi makuru

Ali Bongo uherutse guhirikwa ku butegetsi yemerewe kujya kwivuza

September 7, 2023
Imikino

Kigali :KT Fitness Center izamamazwa na Super Manager yafunguye imiryango ku mugaragaro

April 22, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?