SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Fally Merci yashimiwe n’abanyarwenya bakomeye muri Uganda atungurwa n’ibyamamare byinshi (Amafoto)
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Fally Merci yashimiwe n’abanyarwenya bakomeye muri Uganda atungurwa n’ibyamamare byinshi (Amafoto)
Imyidagaduro

Fally Merci yashimiwe n’abanyarwenya bakomeye muri Uganda atungurwa n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2025/03/28 at 11:24 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
SHARE

Ku  mugoroba wo kuri  uyu wa kane tariki  27 Werurwe 2028 yari iyi byishimo byinshi cyane  ku bakunzi  b’Urwenya hano mu Rwanda nyuma  y’imyaka itatu ishize Ibitaramo bya Gen-z comedy bitegurwa  na Ndaruhutse Merci  uzwi nka Fally Merci  inshuro ebyiri  mu kwezi.

Igitaramo cy’uyu mugoroba cyabereye mu Ihema  rinini rya Camp Kigali  ryari ryitabiriwe n’abantu benshi cyane ndetse n’abanyarwenya batangiranye na Merci  nka  Muhinde,Kadudu,Pirate,Lucky Baby,Umushumba ,Joshua  na bandi benshi berekanye ubuhanga bamaze kungukira  muri Gen-z Comedy.

Mu bandi banyarwenya bari batumiwe kwifatanya nabo ni Pablo, Maulana & Reign, na Alex Muhangi MC Mariachi, Madrat na Chiko bari bishimiye kugaruka gutaramira abanyarwanda.

Ahagana kw’isaha ya Saa mbiri nibwo  fally Merci  aherekejwe n’Umunyarwenya ukomeye  mu gihugu cya Uganda Alex Muhangi maze batanga ikaze ku bakunzi b’Urwenya barenga ibihumbi bine bari bitabiruye icyo gitaramo cyo kwizihiza isabukuru  y’Imyaka itatu Gen-z Comedy itangiye .

Abanyarwenya bibanze ku buzima bwabo bwite ariko banagaruka ku buzima busanzwe bwo muri Uganda ndetse no mu Rwanda, bananyuzamo bagaserereza bamwe mu byamamare bari bitabiriye. Nka Alex Muhangi yavuze ko DJ Pius kubera uburebure afite, ashobora kureba ahazaza.

Ati “Mu Rwanda mufite amahirwe kuko mufite, DJ Pius, uyu mugabo ashobora kureba ejo hazaza.”

Ikindi abanyarwenya bibanzeho ni uburyo indirimbo zo mu Rwanda zitinda gutangira kubera ko abaririmbyi bo mu Rwanda bakunze kugaragazamo amarangamutima, naho izo muri Uganda zo zigatangira zirasa ku ntego nta kuzuyaza icyo umuntu, asaba akagisaba rugikubita.

MC Mariachi uri mu banyarwenya bakomeye muri Uganda, yemeje Abanya-Kigali cyane ko yinjiriye mu ndirimbo ‘Sikosa’ ya The Ben, Kevin Kade na Element EléeeH. Uyu munyarwenya yateruye Christelle usanzwe ari umwe mu bakobwa b’ikimero bakunze kwitabira ibitaramo bya Gen-Z Comedy, ndetse ntiyoroherwa kugeza ubwo baguye ku rubyiniro.

Mariachi yagaragaje ko yishimiye Christelle, ndetse n’amafaranga yasaruye mu bafana yamubwiraga ko bayagabana.

Umunyarwenya Pablo wabiciye bigacika muri Uganda binyuze mu bitaramo birimo ‘Comedy Store’, yatunguranye yinjirira mu ndirimbo ‘Azabatsinda Kagame’ ya Musengima Beatha, ubwo yataramiraga abakunzi be muri Gen-Z Comedy.

Muri iki gitaramo abanyarwenya barimo Umushumba ndetse na Rusine Patrick bari bitezwe ntabwo bagaragayemo.

Iki gitaramo cyaririmbyemo Lionel Sentore wamamaye mu ndirimbo ‘Uwangabiye’ yamenyekanye mu bihe by’amatora ya Perezida wa Repubulika aheruka. Uyu muhanzi yaririmbye n’izindi ndirimbo ze ziganjemo iz’umudiho wa Kinyarwanda binyura benshi.

Igitaramo cyabaye hizihizwa imyaka itatu y’ibitaramo bya Gen- Z Comedy, ndetse Fally Merci ubitegura yahawe impano yihariye n’abanyarwenya yafashije kugaragaza impano zabo muri iyi myaka ishize.

Muri iki gitaramo umunyarwenya Joseph Angel Napi Ondo wamamaye mu bihangano binyuranye cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga, yatunguranye cyane ko atari ari mu bamamajwe bazataramira muri iki gitaramo.

Ibitaramo bya ‘Gen-Z Comedy’ byatangiriye ku Kimihurura aho benshi bazi nko mu Rugando mu 2021, ku gitekerezo cya Ndaruhutse Merci benshi bazi nka Fally Merci mu bijyanye no gusetsa.

 

 

 

 

 

 

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul March 28, 2025 March 28, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Orchestre Impala ku bufatanye na Skol na Mopas bateguye igitaramo cyo kwizihiza umunsi wa muzika

June 17, 2024
Andi makuru

Dosiye ya Salongo yashyikirijwe ubushinjacyaha

November 7, 2024
Imikino

Warren Zaïre-Emery ukinira Paris Saint Germain ari mu Rwanda

December 21, 2023
Imyidagaduro

Dj Alisha akomeje kuba igitaramo ku mbuga nkoranyambaga I Kampala

March 30, 2024
Imyidagaduro

Umuhanzi Victor Rukotana yateguje alubumu nshya nyuma yo gusoza amasezerano na Onomo Hotel

October 16, 2024
Andi makuru

Gen Kainerugaba Muhoozi yiyemeje kurandura imitwe y’abacanshuro bakorera muri DRC

December 17, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?