SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Warren Zaïre-Emery ukinira Paris Saint Germain ari mu Rwanda
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imikino > Warren Zaïre-Emery ukinira Paris Saint Germain ari mu Rwanda
Imikino

Warren Zaïre-Emery ukinira Paris Saint Germain ari mu Rwanda

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/12/21 at 12:36 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Umukinnyi  Warren Zaïre-Emery ukinira Paris Saint Germain yageze mu Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa 21 Ukuboza binyuze mu bufatanye bwa Visit Rwanda n’iyi kipe yo mu Shampiyona y’u Bufaransa.

Zaïre-Emery yageze ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali i Kanombe saa 10:49 aherekejwe n’abandi bantu icyenda bo muri iyi kipe aho baje mu ruzinduko rw’iminsi ibiri.

Uyu mukinnyi w’imyaka 17, ni umwe mu beza Paris Saint Germain ifite muri iyi minsi kuko uretse kuyizamukiramo ari mu bo iri kugenderaho cyane hagati mu kibuga.

Yakoze amateka yo kuba umukinnyi muto watsinze igitego muri PSG n’Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa kuva mu 1914.

Yabaye kandi umukinnyi wa gatanu wo mu ikipe ya mbere ya PSG uje gusura u Rwanda nyuma ya Sergio Ramos, Keylor Navas, Julian Draxler na Thilo Kehrer baje mu 2022.

Biteganyijwe ko kuri uyu wa 21 Ukuboza, ahura n’abana bakina umupira w’amaguru bo mu ishuri rya PSG, abafana ndetse n’abanyamakuru kuri Kigali Pelé Stadium. Azasura Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali, nyuma azerekeze muri Pariki y’Ibirunga gusura ingagi.

Zaïre-Emery yageze mu Rwanda nyuma y’icyumweru myugariro wa Arsenal, Jurriën David Norman Timber na we arusuye mu ruzinduko rw’iminsi itatu.

Paris Saint Germain na Arsenal ni amwe mu makipe afitanye amasezerano n’Urwego rw’Igihugu cy’Iterambere (RDB) yo kwamamaza u Rwanda mu buryo butandukanye.

You Might Also Like

APR yatsindiye umukino wayo wa kabiri muri BAL imbere ya Perezida Kagame

Rwanda Premier League igiye guhemba abakinnyi n’abatoza bahize abandi mu mwaka wa 2024/2025

RIB yasabye Sam Karenzi Na Muramira Regis kureka intambara zabo z’amagambo Atari meza

Menya byinshi ku nyubako ya Zaria Court yuzuye itwae arenga Miliyoni 25 z’amadorali

Ubuyobozi bwa APR FC bwasezeye mu cyubahiro umutoza Darko Nović mu cyubahiro

Nsanzabera Jean Paul December 21, 2023 December 21, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Doug Emhoff umugabo wa Kamala Harris yirukanwe na Trump

April 30, 2025
Imikino

Ferwacy yijeje abakinnyi ko igiye gukurikirana ibibazo byabo

November 11, 2024
Imikino

Sadate Munyakazi yongeye kuvugisha benshi nyuma yo kuvuga ko agiye gutanga Miliyari 5 zo kugura RayonSport

April 3, 2025
Andi makuru

PDiddy yikomye inzego za Leta ashyize ubuzima bwe mu kaga

October 10, 2024
Utuntu n'utundi

Eric X-Dealer yarekuwe by’agateganyo

November 24, 2023
Imyidagaduro

Ibihembo i by’Inganji awards bikomeje guterwa umugongo n’ibyamamare

January 16, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?