SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Jennifer Lopez na Ben Affreck bemeranyije gutandukana burundu
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Jennifer Lopez na Ben Affreck bemeranyije gutandukana burundu
Imyidagaduro

Jennifer Lopez na Ben Affreck bemeranyije gutandukana burundu

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2025/01/07 at 11:20 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
1 Min Read
SHARE

Jennifer Lopez wamamaye mu muziki n’umukinnyi wa filime, Ben Affleck bamaze kwemeranya guhana gatanya imbere y’amategeko nyuma y’imyaka ibiri ishize barushinze.

Ibi byamamare byombi byahuriye ku mwanzuro wo kuzasinya gatanya ku itariki 20 Gashyantare 2025 nyuma y’amezi atanu yari ashize batandukanye.

Ni biganiro bagiranye hamwe n’abanyamategeko babo, bemeza ko muri gatanya yabo buri umwe azajyana imitungo yazanye ubwo barushingaga. Bivuze ko nta gabana ry’imitungo rizabaho hagati yabo.

Nk’uko TMZ yabitangaje, Jennifer Lopez yanemeye ko agiye gukura izina ‘Affleck’ mu mazina ye, akazabikora akimara gusinya gatanya. Iri zina yaryongeye mu mazina ye mu 2022 ubwo bari bakimara kurushinga.

Icyakoze ntabwo biramenyekana uko bazagabana inzu y’umuturirwa wabo bafite mu gace ka Beverly Hills muri California, dore ko ubwo bamaraga gutandukana bahise bayishyira ku isoko kuri miliyoni 60$.

Aba bahoze bari muri ‘Couples’ zikomeye i Hollywood barahawe izina rya ‘Bennifer’. Ibyabo byatangiye mu 2000 baza gutandukana mu 2004 ubwo biteguraga kurushinga. Bongeye gukundana mu 2021 banahita barushinga mu 2022. Batandukanye bari bamaze imyaka ibiri gusa bemeranyije kubana akaramata.

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul January 7, 2025 January 7, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Umukinnyi wa Filime Bahavu Janet yavuye mu bihembo bya Inganji Awards

January 15, 2025
Imikino

Namungo FC yasinyishije Kagere Meddie.

January 16, 2024
Imyidagaduro

Umuhanzi Sibomana Jean Marie yashimye ubutwari bw’abarokotse Jenoside mu ndirimbo yise Ibikomere

April 17, 2023
Imyidagaduro

Meddy na Adrien Misigaro bahataniye ibihembo bya Hipipo Music Awards 2024 nabarimo Diamond Platnumz

November 7, 2024
Imyidagaduro

Urubanza rw’umubyinnyi Tity Brown rwongeye gusubikwa

February 8, 2023
Andi makuru

Mako Nikoshwa nyuma y’imyaka atagaragara yongeye gukora mu nganzo

March 1, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?