SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Perezida Paul Kagame yafashe mu mugongo mugenzi we wa Guinée-Conakry
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Perezida Paul Kagame yafashe mu mugongo mugenzi we wa Guinée-Conakry
Andi makuru

Perezida Paul Kagame yafashe mu mugongo mugenzi we wa Guinée-Conakry

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/12/04 at 11:45 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Perezida Paul Kagame yafashe mu mugongo mugenzi we Gén Mamadi Doumbouya wa Guinée-Conakry, nyuma y’imvururu zabereye muri imwe muri Stade yo muri iki gihugu zikagwamo abarenga 56.

Ku Cyumweru gishize ni bwo bariya bantu baguye mu muvundo, ubwo abafana b’amakipe abiri yari ahanganye bashyamiraniraga muri Stade ya N’Zérékoré nyuma y’icyemezo kitavugwaho rumwe cy’umusifuzi.

Imibare itangwa n’inzego za Leta iravuga ko abantu 56 ari bo bapfuye, mu gihe itangwa n’imiryango itegamiye kuri Leta yo ivuga abarenga 135.

Perezida Paul Kagame mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X, yihanganishije mugenzi we wa Guinée-Conakry ndetse n’abaturage be nyuma y’ariya makuba yabereye mu gihugu cye.

Ati: “Nihanganishije cyane umuvandimwe wanjye, Perezida Mamadi Doumbouya ndetse n’abaturage ba Guinée ku bw’ubuzima bwatakariye mu isanganya ryabereye muri Stade ya N’Zérékoré. Twifatanyije n’imiryango yabuze abayo ndetse n’abaturage ba Guinée muri rusange”.

Umukino wabereyemo iryo sanganya, wahuzaga amakipe yombi atarabigize umwuga, yahataniraga irushanwa ryitiriwe Perezida Gen Mamadi Doumbouya.

Imvururu zakomotse ku kutishimira ibyemezo by’umusifuzi, aho abafana ba Labé bavugaga ko ikipe yabo iri kwibwa kuko yahawe amakarita abiri y’umutuku ndetse mu minota ya nyuma, aha penaliti N’zérékoré yari mu rugo.

Abafana ba Labé bahise batangira gutera amabuye aba N’zérékoré, gushyamirana gutangira ubwo, abantu bakwira imishwaro, abana barakandagirwa, abakuru burira uruzitiro.

Polisi yateye ibyuka biryana mu maso igerageza guhosha imvururu ariko biba iby’ubusa.

Usibye abapfuye biganjemo abana bato amakuru avuga ko hari n’abarenga 100 bakomeretse bikomeye, na ho abandi barenga 1,000 bakomereka byoroheje.

You Might Also Like

Perezida Paul Kagame yatangiye uruzinduko rw’akazi muri Algeria (Amafoto)

Uganda : Ingabo za UPDF zaburijemo igitero cy’iterabwoba I Munyonyo hagwa babiri

Martin Fayulu udacana uwaka na Tshisekedi biyemeje gufatanya kurwanya Joseph Kabila

I Kigali hateraniye inama itegura ibikorwa by’ingabo za EAC biteza imbere abaturage

RIB yasabye abanyarwanda kwirinda ababashukisha akazi keza mu mahanga bizezwa ubuzima bwiza

Nsanzabera Jean Paul December 4, 2024 December 4, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Ubukungu

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byongeye kugabanuka

June 5, 2024
Kwamamaza

Umunyamakuru Peacemaker Pundit yagizwe Brand Ambassador n’ Ikigo kitwa Empire of Technology Ltd

January 10, 2024
Imyidagaduro

#kwibuka31: Miss Mutesi Aurore yasabye abanyarwanda kudaha icyuho abifuza gusubiza u Rwanda mu bihe byahise

April 11, 2025
Imikino

Inama umutoza Mashami Vincent yagiriye umutoza Torsten Frank Spittler w’amavubi

November 4, 2023
Imyidagaduro

Miss Muheto ashobora kwitabira Miss World 2023 izabera Dubai

February 14, 2023
Imyidagaduro

Abanyarwenya Doctall Kingsley, Josh2Funny na Phronesis MCA Tricky Sundiata basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

October 29, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?