SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame yashimiye Donald Trump watorewe kuba Perezida wa 47 wa Amerika
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Perezida Kagame yashimiye Donald Trump watorewe kuba Perezida wa 47 wa Amerika
Andi makuru

Perezida Kagame yashimiye Donald Trump watorewe kuba Perezida wa 47 wa Amerika

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/11/06 at 6:30 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashimiye Donald Trump watsindiye kuba Perezida wa 47 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ahigitse Kamala Harris bari bahanganye.

Ni mu butumwa Perezida Kagame yanyujije ku rubuga rwe rwa X na Instagram mu mugoroba wo kuri uyu Gatatu taliki ya 6 Ugushingo 2024.
Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda yashimiye Donald Trump ku kuba yatorewe kongera kuba Perezida wa Amerika, avuga ko yizeye ubufatanye buzanira inyungu ibihugu byombi.
Yanditse ati “Perezida watowe Donald Trump, ndagushimiye cyane mu izina rya Guverinoma n’abaturage b’u Rwanda ku gutorwa kwawe kw’amateka kandi gukomeye nka Perezida wa 47 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ubutumwa bwawe busobanutse bwahoze ari uko Leta Zunze Ubumwe za Amerika ikwiriye kuba umufatanyabikorwa w’amahitamo, uhamagarira abandi kuyifatiraho urugero aho kubahatira kubona ibintu nkayo no kubaho nkayo. Ndashaka rero gukorana nawe mu nyungu rusange z’ibihugu byombi mu myaka iri imbere.”

Donald Trump wo mu ishyaka ry’Aba-Républicains yegukanye umwanya w’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ahigitse Kamala Harris bari haganganye wo mu ishyaka ry’Aba-Démocrates. Ni nyuma yo kubona amajwi ya Electoral College 277, mu gihe Kamala Harris afite 224.
Nubwo amajwi akiri kubarurwa, Donald Trump yamaze kwegukana amajwi ya ‘Electoral college’ 270, asabwa kugira ngo umuntu atsinde amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Amerika.

Trump agiye kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu myaka ine iri imbere agiye kuba Perezida w’iki gihugu cy’igihangange ku Isi nyuma yuko yari yarabikoze hagati ya 2016 na 2021.

You Might Also Like

Joe Biden wahoze ayobora USA yasanzwemo Cancer ya Prostate yo mu rwego rwo hejuru

Uwahoze ayobora FBI arakwekaho gushaka kwica Donald Trump

Parike y’igihugu y’Akagera igiye kwakira inkura 70 z’umweru

Perezida Archange Touadéra akomeje gusabwa n’uburusiya gusinyana n’abandi bacanshuro

Korali Ganza Kristo yo muri ADEPR Gasave yateguye igiterane cy’amashimwe kizamara iminsi 2

Nsanzabera Jean Paul November 6, 2024 November 6, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Bruce Melodie na Coach Gael biyemeje kugeza ikipe UGB kure muri Shampiyona

January 20, 2024
Imikino

Lamine Yamal wa Fc Barcelona yavuye mu mukino kubera ubwiherero

October 5, 2023
Iyobokamana

Grace Room Ministries ya Pastor Julienne Kabanda yateguye igiterane cyo kwishimira imyaka 5 imaze

November 21, 2023
Imyidagaduro

Element yegukanye igihembo muri Rwanda Best Hits Awards

February 5, 2024
Imyidagaduro

Yemi Alade yahaye gasopo umufana wamugereranyije na Tiwa Savage,

January 15, 2024
Ubuzima

Ababyeyi barasabwa guhindura imyumvire bagafata abana bafite ubumuga nk’abandi

July 22, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?