SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Bwiza yashimye ibyiza Perezida Kagame ibyo yafashije abahanzi ku isabukuru ye
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Bwiza yashimye ibyiza Perezida Kagame ibyo yafashije abahanzi ku isabukuru ye
Imyidagaduro

Bwiza yashimye ibyiza Perezida Kagame ibyo yafashije abahanzi ku isabukuru ye

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/10/24 at 10:46 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
4 Min Read
SHARE
Umuhanzi Bwiza yavuze ibigwi Perezida Paul Kagame wagize isabukuru y’amavuko y’imyaka 67 kuri uyu 23 Ukwakira , aho yagaragaje uruhare rwe mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda.

Mu butumwa bwa Bwiza, yavuze ko ibimaze kugerwaho mu ruganda rw’imyidagaduro, byose ari ubuyobozi bwiza burangajwe imbere na Perezida Kagame.

Bwiza yadutangarije  ko uko byagenda kose ibyo wakora mu muziki udafite umutekano na politiki nziza yorohereza abantu ntacyagerwaho.

Ati ” Ikindi gikomeye ni ibikorwaremezo; aya ma studio, aho dufatira amashusho y’indirimbo zacu, aho dukorera ibitaramo n’ibindi dukenera mu kazi kacu nk’abahanzi, atari ubuyobozi bwiza ntabwo twaba tubifite ibyo byose.”

Ibikorwa bifatika byakozwe muri muzika kubera Umukuru w’Igihugu

Agaruka  ku itegeko riheruka guteza impaka rirebana no kurengera ibihango by’abahanzi (Intellectual Property Law), yavuze ko byose bigamije gufasha abahanzi gutezwa imbere impano zabo.

Yagaragaje ko kandi Ishuri rya muzika rya ‘Art Rwanda-Ubuhanzi’,ari ikindi kimenyetso kerekano ubuyobozi buba bwabishyizeho kugira ngo umuhanzi abashe gutezwa imbere.

Ati  “Ibikorwa by’iterambere ry’imyidagaduro byakozwe na Perezida wacu, ni byinshi, ubu dufite ahantu heza ho gukorera ibitaramo nka za BK Arena, Intare Arena, ku Irebero, Camp Kigali n’abandi henshi.

“Ikindi erega buriya no kuba dufite imihanda myiza ijya aho hantu, ijya kuri za studios, imihanda ijya hirya no hino mu gihugu aho tujya gukorera ibitaramo cyangwa amashusho y’indirimbo zacu, ibyo byose ni ibifasha muri rwa ruhererekane rutuma indirimbo igera ku bantu cyangwa igira icyo yinjiriza umuhanzi.”

Ikindi Bwiza yagaragaje, ni uko hari uburyo bwokoroshya ishoramari mu muziki nko kuba kompani z’itumanaho zituma abahanzi babona interineti bagacuruza ibihangano byabo online.

Uruhare rw’imyidagaduro mu iterambere ry’Igihugu 

Ubwo Bwiza yasubizaga iki kibazo, yavuze ko atapfa kumenya neza uko uruhare rw’imyidagaduro rungana mu bukungu bw’Igihugu kuko hari inzego zishinzwe gukora iyo mibare, gusa avuga ko bitanga uruhare runini.

Ati “Nihereyeho nkanjye Bwiza, iyo ndebye umubare w’abantu mpa akazi uko bangana, ushobora guhera aho ubara. Nguhaye urugero, tuvuye mu bitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival, aho nazengurutse imijyi umunani yose nari mfite team dukorana kandi narayihembaga.
“Kuva ku mushoferi untwara, utwara ikipe yanjye, kugera ku banyambika, abambika Ababyinnyi banjye, abankorera markups, aho twagiye hose twararagayo nka kabiri cyangwa Gatatu, izo hotel zose twarazishyuraga.

“Ni ibintu byinshi kuko niba muri ayo mezi abiri narabashije gukoresha team y’abantu bagera ku 10 ndi umuhanzi umwe, ngaho bara abandi bahanzi, ubare EAP yateguye ibyo bitaramo. Ubaze neza wasanga imyidagaduro igira uruhare rukomeye cyane mu bukungu bw’Igihugu cyangwa iterambere.”

Perezida Kagame ashyigikira abahanzi

Bwiza yagaragaje ko Umukuru w’igihugu akunda abahanzi kandi akanabashyigikira cyane, agaragaza ko agaragara mu bikorwa byinshi bya muzika birimo nka Trace Awards.
Ati ” Perezida we ubwe akunda abahanzi ajya adushimira akazi dukora yarabikoze muri Trace Awards, yarabikoze mu bikorwa by’amatora, ibyo rero bituma n’abandi Banyarwanda baha agaciro umuhanzi n’ubuhanzi muri rusange.”
Yunzemo ko abahanzi mu ndirimbo zabo batangamo ubutumwa zishishikariza abantu kugira urukundo, kuba bamwe, gukunda igihugu cyangwa gukurikiza gahunda za Leta.

Yemeza ko ahazaza h’u Rwanda muri rusange ari heza ndetse ko bizajyana n’inzego zose ushyizemo n’imyidagaduro.

Agaruka ku bufatanye buri mu banzi yagize ati “Abahanzi dushyize hamwe kuko nkanjye mfite abahanzi benshi tuba twarakoranye indirimbo kandi hari n’izindi ziri muri studio nakoranye n’abahanzi, ntabwo wakorana n’umuntu mudashyize hamwe.”

Muri iki kiganiro, abajijwe ubutumwa yaha Umukuru w’Igihugu ku isabukuru ye yagaragaje ko ari Intumwa Imana Abanyarwanda bahawe.

“Icyo namubwira ku munsi we w’amavuko, ni ukumubwira ko mukunda kandi Abanyarwanda twese turamukunda, rero mwifurije kuramba, mwifurije kugira umunsi mwiza w’amavuko, mbese Tumuhorane.”

Source :Ukwelitimes

You Might Also Like

Minisitiri Olivier Nduhungirehe mu bihumbi byishimiye alubumu 25shades ya Bwiza

Aalliah Cool yakebuye inkumi ziyambika ubusa zishaka kugaragaza ubwiza bwazo

The Ben yeretswe urukundo n’abakunzi be mu gihugu cya Uganda (Amafoto)

Urukiko rwo mu Bwongereza rwasabiye Chris Brown gufungwa Iminsi 30

Sheilah Gashumba yasabye Mukase kuzabyara abandi bavandimwe babiri

Nsanzabera Jean Paul October 24, 2024 October 24, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imikino

#Kwibuka31: BAL yifatanyije n’Abanyarwanda Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi ‎1994

April 9, 2025
Imyidagaduro

RIB yatangaje ko Fatakumavuta nyuma y’ibyo ashinjwa harimo no gukoresha ibiyobyabwenge

October 22, 2024
Imikino

Ese hari icyo twakwitega mu mikino yo kwishyura ya Shampiyona igaruka nyuma y’akaruhuko?

January 11, 2024
Andi makuru

Minaffet yatumije Ambasaderi w’Ubwongereza mu Rwanda, Alison Thorpe

February 28, 2025
Imyidagaduro

Umuryango wa John Legend uri mu gahinda ko gupfusha imbwa yabo

January 29, 2025
Imyidagaduro

Miss Popularity w’u Burundi 2023 Uwera Ricky Tricia yishimiye guhura na Dr.Marie Claudine Mukamabano

March 23, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?