SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: RDC : Minisitiri w’ubutabera nuw’umutekano basabiwe gufungwa kubera ubwicanyi bwo muri Gereza ya Makala
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > RDC : Minisitiri w’ubutabera nuw’umutekano basabiwe gufungwa kubera ubwicanyi bwo muri Gereza ya Makala
Andi makuru

RDC : Minisitiri w’ubutabera nuw’umutekano basabiwe gufungwa kubera ubwicanyi bwo muri Gereza ya Makala

Wakibi Geoffrey
Last updated: 2024/09/04 at 11:34 AM
Wakibi Geoffrey
Share
2 Min Read
SHARE

Imiryango ibiri iharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yasabiye Minisitiri w’Ubutabera, Constant Mutamba na Minisitiri w’Umutekano w’imbere, Jacquemain Shabani, basabiwe gufungwa nyuma y’aho imfungwa 129 ziciwe muri Gereza nkuru ya Makala iherereye i Kinshasa.

Izi mfungwa zishwe mu rukerera rwa tariki ya 2 Nzeri 2024 ubwo zimwe muri zo zageragezaga gutoroka. Minisitiri Shabani yasobanuye ko mu bapfuye harimo 24 barashwe n’abacungagereza kandi ko hari abandi 59 bakomeretse.

Iyi miryango, NSCC (Nouvelle Sociéte Civile Congolaise) na RDDH-LC (Réseau des Défenseurs des Droits Humains et Lutte Contre la Corruption), ibona aba baminisitiri babiri bakwiye gufungwa nk’abafite mu nshingano imfungwa n’abashinzwe umutekano barinda gereza ya Makala.

Yasabye kandi ko umuyobozi wa Gereza ya Makala, abashinzwe ubutasi bwa gisivili n’ubwa gisirikare ko na bo batabwa muri yombi, igaragaza ko bashobora kuba bafite uruhare muri ubu bwicanyi.

Iyi miryango ibona ko hakwiye gukorwa iperereza ryigenga, rizafasha mu kwerekana ukuri ku bwicanyi bwakorewe muri gereza ya Makala, ababugizemo uruhare bose bakagezwa mu butabera.

Nk’uko byemejwe na Minisitiri Shabani, iyi miryango yashimangiye ko uretse abapfuye ndetse n’abakomeretse, hari abagore basambanyijwe ku ngufu ubwo imfungwa zageragezaga gutoroka iyi gereza.

Umuryango ACAJ (Association Congolaise pour l’Accès a la Justice) uharanira kugeza ubutabera kuri bose, ubona ko kugira ngo ibizava muri iri perereza byizerwa, Leta ya RDC ikwiye gukorana n’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye muri iki gihugu rishinzwe uburenganzira bw’ikiremwamuntu n’indi miryango yigenga.

You Might Also Like

U Rwanda rwasabye kwakira amashami y’umuryango w’abibumbye i Kigali

Joe Biden wahoze ayobora USA yasanzwemo Cancer ya Prostate yo mu rwego rwo hejuru

Uwahoze ayobora FBI arakwekaho gushaka kwica Donald Trump

Parike y’igihugu y’Akagera igiye kwakira inkura 70 z’umweru

Perezida Archange Touadéra akomeje gusabwa n’uburusiya gusinyana n’abandi bacanshuro

Wakibi Geoffrey September 4, 2024 September 4, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

#Kwibuka30 : Isimbi Model yagaragaje agahinda aterwa na se wishwe mu Jenoside atabonye aho umukobwa we ageze

April 9, 2024
Imyidagaduro

P Diddy yahejwe mu birori bya Grammy Awards 2024

January 15, 2024
Andi makuru

M23 yafunze ikibuga mpuzamahanga cya Goma

January 26, 2025
Imyidagaduro

Timaya avuga ko umubano wose utagomba kurangirira mu gukora mu bukwe

March 14, 2023
Imikino

Amavubi yakiranywe urugwiro mu mwiherero ku Gisagara

June 15, 2023
Imyidagaduro

Taylor Swift yesheje agahigo ko kuba umuhanzikazi ukize kurusha abandi

October 8, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?