SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Umuhango wo kwita izina abana b’ingagi ugiye kuba ku nshuro ya 20
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Ubukungu > Umuhango wo kwita izina abana b’ingagi ugiye kuba ku nshuro ya 20
Ubukungu

Umuhango wo kwita izina abana b’ingagi ugiye kuba ku nshuro ya 20

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/08/20 at 7:45 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere mu Rwanda, RDB, rwatangaje ko ku nshuro ya 20 hagiye kubaho umuhango wo Kwita Izina abana b’Ingangi, mu gikorwa kizaba tariki 18 Ukwakira 2024.

Abana b’Ingagi bavutse kuva muri Nzeri umwaka ushize, bazahabwa amazina mu muhango ugiye kuba ku nshuro ya 20, ukazabera mu Kinigi mu Karere ka Musanze, Intara y’Amajyaruguru, ku wa Gatanu tariki 18 Ukwakira 2024.

Ni umuhango uzitabirwa n’abaturutse impande zose z’Isi biganjemo ibyamamare n’abayobozi mu nzego zifite aho zihuriye no kubungabunga ibidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima muri rusange.

Kwita Izina abana b’Ingagi ni umuhango umaze gushinga imizi mu Rwanda kuko watangijwe muri 2005, ubwo Leta y’u Rwanda yafataga icyemezo cy’uko buri mwaka abana b’ingagi baba bavutse bazajya bahabwa amazina.

Urubuga rwa Visit Rwanda rutangaza ko iki gikorwa kiba kigamije gushimira abaturiye Pariki uruhare bagira mu kuyisigasira, kubungabunga ingagi, gushimira abazitaho mu buzima bwa buri munsi ndetse n’abaza kuzisura muri rusange.

Ubusanzwe abashakashatsi n’abandi bantu bakurikirana ubuzima bw’ingagi, bari basanganywe umuco wo gukurikirana ingagi mu miryango yazo, bakagenda bazita amazina kugira bazoroherwe no gukomeza kuzikoraho ubushakashatsi mu minsi iri imbere.

Bitewe n’akamaro k’ingagi zo mu misozi miremire, u Rwanda ni kimwe mu bihugu bitatu bizicumbikiye ku Isi.

Ni ukuvuga u Rwanda , Uganda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), ibi byatumye u Rwanda rugira inshingano zo kuzirinda kuko zifatwa nk’umurage w’Isi muri rusange.

Uko imyaka igenda ishira, umuhango wo kwita izina abana b’ingagi urushaho kwitabirwa n’abantu b’ingeri zitandukanye, abashyitsi bari ku rwego mpuzamahanga, ibyamamare mu ngeri zitandukanye, abayobora ibigo bifite aho bihuriye no kubungabunga ibidukikije, abakuru b’ibihugu n’abandi.

Urubuga rwa RDB rutangaza ko kuva muri 2005, abana b’ingagi 397 aribo bamaze kwitwa amazina kuva uyu muhango watangira.

Raporo y’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere mu Rwanda, RDB, igaragaza ko mu mwaka ushize wa 2023 u Rwanda rwinjije agera kuri miliyoni 620 z’amadolari y’Amerika mu rwego rw’Ubukearugendo z’ingana n’izamuka rya 36% ugereranyije na Miliyoni 500 z’Amadorali ya Amerika uru rwego rwari rwinjije mu 2022.

You Might Also Like

Kaizen Hotel yashyize igorora abakiliya bayo ba siporo na sauna Massage

Iduka Sea2City ryongeye kudabagiza abatunze inyamaswa zibana n’abantu ku bikoresho byazo

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peterol byongeye gutumbagira

Marchal Real Estate Developers yashyize igorora abakundana ku munsi wa St Valentin

Tic Tac Restaurant & Lounge yahembwe nka Fast Food nziza y’umwaka muri SEA 2024

Nsanzabera Jean Paul August 20, 2024 August 20, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Niyo Bosco yavuye muri KIKAC Music nyuma y’amezi 6 ayisinyemo

January 9, 2025
Imikino

“Twaje mu Cyiciro cya mbere gutwaramo ibikombe ndetse no kwitabira amarushanwa mpuzamahanga”Kana Bénie Axella.

January 11, 2024
Imyidagaduro

Umunyarwenya Mazimpaka Japhet yateguye ibitaramo bizazenguruka Kaminuza zo mu Rwanda

June 13, 2023
Andi makuru

Bayanni na Symphony Band bagiye gutaramira muri Boogaloo

March 7, 2023
Andi makuruIyobokamana

Nikodemu Nayigiziki wari Umupadiri ukuze kurusha abandi muri Arkidiyosezi ya Kigali yitabye Imana

July 4, 2023
Andi makuru

Ingabo za SADC zabaga mur DRC n’ibikoresho byazo zatashye zinyuze ku butaka bw’ u Rwanda

April 29, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?