SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Perezida Salva Kiir na Tshisekedi baganiriye ku bibazo biri mu karere
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Utuntu n'utundi > Perezida Salva Kiir na Tshisekedi baganiriye ku bibazo biri mu karere
Utuntu n'utundi

Perezida Salva Kiir na Tshisekedi baganiriye ku bibazo biri mu karere

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/03/25 at 8:13 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Perezida wa Sudani y’Epfo akaba n’Umuyobozi Mukuru w’Umuryango wa Afurika y’iburasirazuba, Salva Kiir Mayardit na Félix Tshisekedi bemeranyije ko ibibangamiye umubano w’u Rwanda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Burundi bikemurwa vuba.

Ni ibyatangajwe n’ibiro bya Perezida wa RDC kuri uyu wa 25 Werurwe 2024 nyuma y’aho Perezida Salva Kiir agiranye ikiganiro na Tshisekedi, cyabereye mu muhezo i Kinshasa.

Mu kiganiro n’abanyamakuru, Perezida Kiir yasobanuye ko mu nshingano ze, azakora ibishoboka kugira ngo akarere kagire umutekano.

Abakuru b’ibihugu byombi bemeranyije ko kugira ngo umutekano ugerweho, impande zose bireba zikwiye kubahiriza ibyemezo byafatiwe mu nama ya Luanda na Nairobi mu mwaka wa 2022.

Yagize ati “Ibiganiro byacu byari byerekeye ku guteza imbere amahoro n’umutekano mu karere kacu. Ndabizeza ko mu nshingano zanjye nka Perezida wa EAC, tuzakorana kugira ngo akarere gatekane, hagamijwe kugera ku iterambere ry’imibereho y’abaturage n’ubukungu.”

Perezida Kiir yageze muri RDC nyuma yo gusura u Rwanda n’u Burundi, aho yaganiriye n’abakuru b’ibihugu byombi ku buryo amahoro n’umutekano byagaruka mu karere, umubano wahungabanye na wo ukanagurwa.

Ni uruzinduko yakoze mu gihe nka RDC n’u Rwanda bishinjanya guhungabanya umutekano wa buri ruhande, binyuze mu mitwe yitwaje intwaro ya M23 na FDLR.

U Burundi na bwo bushinja u Rwanda gufasha umutwe witwaje intwaro wa RED Tabara, ndetse byatumye bufunga imipaka muri Mutarama 2024. U Rwanda rwasubije ko nta bufasha na buke ruha umutwe uwo ari wo wose urwanya Leta y’u Burundi.

You Might Also Like

Tomiko Itooka wari ukuze kurusha abandi kw’isi yitabye Imana ku myaka 116

Meet Amb. Kingsley Amafibe A Vocal Advocate Of Unity and Peaceful Co-existence

Namibia yangiye ubwato bwa MV Kathrin bwari butwaye intwaro muri isarel guhagara ku cyambu cyayo

Bahati Makaca yikomye abategaga urugo rwe iminsi

Donald Trump na Kamala Harris guhurira mu kiganiro mpaka

Nsanzabera Jean Paul March 25, 2024 March 25, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Abakunda bateguriwe Ijoro ry’amateka mu Rukundo rwabo

February 8, 2025
Imyidagaduro

Drake yavugishije abantu amangambure nyuma yo kugaragara akinisha igikinisho gifite ishusho y’igitsina

February 8, 2024
Andi makuru

Nkurunziza Jean Paul Umuvugizi wa Rayons Sport yasezeranye mu mategeko n’umukunzi we (AMAFOTO)

June 22, 2023
Imyidagaduro

Pallasso mu byishimo nyuma yo kwongera kubonana n’umugore n’abana be

April 26, 2023
Andi makuru

“Nibambwira bati warakoze cyane imyaka ine, reka dushake undi nzababwira ngo murakoze cyane”Uwayezu Jean Fidèle.

January 16, 2024
Imyidagaduro

Zari arashinja Diamond Platnumz kudaha umwanya abana be .

March 1, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?