SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Nyuma yo kuva habi Côte d’Ivoire yegukanye CAN 2023
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imikino > Nyuma yo kuva habi Côte d’Ivoire yegukanye CAN 2023
Imikino

Nyuma yo kuva habi Côte d’Ivoire yegukanye CAN 2023

Muhire Jimmy
Last updated: 2024/02/12 at 9:28 AM
Muhire Jimmy
Share
3 Min Read
SHARE

Ikipe y’Igihugu ya Côte d’Ivoire yegukanye Igikombe cya Afurika cya 2023 nyuma yo gutsinda iya Nigeria ibitego 2-1 ku mukino wa nyuma wakinwe ku Cyumweru, tariki ya 11 Gashyantare 2024, kuri Stade Alassane Ouattara d’Ébimpé.

 

Uyu mukino witabiriye n’abanyacyubahiro batandukanye nka Perezida wa Côte d’Ivoire, Alassane Ouattara na madamu; Perezida w’Ishyirahamwe rya Ruhago ku Isi (FIFA), Gianni Infantino na Patrice Motsepe uyobora Impuzamashyirahamwe ya Ruhago muri Afurika (CAF).

Uyu mukino watangiye utuje cyane wiganjemo amakosa menshi. Iminota 30 yashize nta kipe iratera ishoti rigana mu izamu.

Alex Iwobi yateye koruneri bakozaho umutwe, umupira usanga Kapiteni William Troost-Ekong atsinda igitego cya mbere cya Nigeria ku munota wa 38.

 

William Troost-Ekong,yishimira igitego

 

Côte d’Ivoire yagerageje gusatira ishaka uko yishyura igitego hakiri kare ariko umunyezamu Stanley Nwabali akabyitwaramo neza.

Igice cya mbere cyarangiye Nigeria yatsinze Côte d’Ivoire igitego 1-0.

 

Iyi kipe yari mu rugo yasubiranye imbaraga mu gice cya kabiri itangira gusatira bikomeye.

 

 

Ku munota wa 62, Simon Adingra yateye koruneri nziza Frankie Kessie akina n’umutwe yishyurira Côte d’Ivoire igitego.

 

 

Frankie Kessie yishimira igitego cyo kwishyura

 

Iyi kipe yakomeje gusatira cyane ariko uburyo Sébastien Haller yabonaga ntibubyare umusaruro.

Ku munota wa 80, Adingra yazamukanye umupira neza awuhindura imbere y’izamu, Haller akozaho akaguru atsinda igitego cya kabiri cya Côte d’Ivoire.

 

Sébastien Haller yatsinze igitego cy akabiri

 

Ku rundi ruhande, Ikipe y’Igihugu ya Nigeria ntiyakinaga neza nk’uko yakinnye indi mikino ndetse n’abakinnyi bayo bakomeye kuko wabonaga ko Ademola Lookman na Moses Simon umukino wabananiye.

Umukino warangiye Côte d’Ivoire yatsinze Nigeria ibitego 2-1 yegukana Igikombe cya Afurika ku nshuro ya ya gatatu, aho yagiherukaga mu 2015 mu gihe yatwaye icya mbere mu 1992.

 

 

Uwavuga ko iyi kipe yakoze ibitangaza ntiyaba abeshye kuko yazamutse mu matsinda bigoranye cyane, aho yari mu makipe ya gatatu yatsinzwe neza.

Ibi byaviriyemo Umutoza Jean Louis Gasset kwirukanwa, ikipe ihabwa Emerse Faé wari wungirije, nyuma y’iminsi 19 gusa ahesha iki gihugu Igikombe cya Afurika cya gatatu nta wagihaga amahirwe.

Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu ya Nigeria, William Troost-Ekong, ni we wabaye Umukinnyi Mwiza w’Irushanwa, Umunyezamu Mwiza yabaye Ronwen Williams w’Ikipe y’Igihugu ya Afurika y’Epfo.

Ni mu gihe Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu ya Guinée Équatoriale, Emilio Nsue, yabaye umukinnyi watsinze ibitego byinshi, aho afite bitanu yatsinze mu mikino ine.

 

Umutoza w’Irushanwa yabaye Emerse Faé w’Ikipe y’Igihugu ya Côte d’Ivoire, Simon Adingra ukinira iyi kipe, aba umukinnyi muto w’irushanwa.

 

Perezida wa FIFA, Gianni Infatino ashyikiriza Ronwen Williams igihembo cy’umunyezamu mwiza w’irushanwa

 

Uhereye i bumoso, Perezida wa CAF, Patrice Motsepe, Perezida wa Côte d’Ivoire, Alassane Ouattara na Perezida wa FIFA Gianni Infatino ni bo batanze ibihembo

 

Kapiteni Max Alain Gradel yishimira igikombe begukanye

 

Côte d’Ivoire yegukanye Igikombe cya Afurika ku nshuro ya gatatu

You Might Also Like

PSG yegukanye igikombe cya champions League itsinze Inter Milan 5-0(Amafoto)

Winner Rwanda yafunguye ubwidagaduriro bw’abana mu murenge wa Gitega

Abantu 27 harimo abana 4 bakomerekeye mpanuka mu birori byo kwishimira igikombe Liverpool yegukanye

Jose Chameleon na Weasel bazatarama mu birori byo kwishimira Ibikombe APR FC yegukanye

Munyakazi Sadate yasezeranyije Perezida Kagame kuzazana ibikombe mpuzamahanga mu Rwanda

Muhire Jimmy February 12, 2024 February 12, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imikino

Bizimana Djihad azakina Europa League

May 17, 2024
Andi makuru

Liberia : Prince Johnson wahoze ari umukuru w’inyeshyamba yitabye Imana

November 29, 2024
Imikino

Mapinduzi Cup : APR FC iri mu itsinda rimwe na Simba SC

December 20, 2023
Imyidagaduro

Umunyarwenya Mazimpaka Japhet agiye gukora igitaramo cye cya kabiri

May 5, 2023
Imyidagaduro

Tom Close yasubitse igitaramo yari yateguye cyo guca agasuzuguro ka Tems

March 11, 2025
Andi makuru

Perezida Paul Kagame yihanganishije Perezida wa Turukiye Recep Tayyip Erdoğan nyuma y’inkongi y’umuriro yahitanye abagera kuri 76

January 22, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?