SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Abayobozi ba Congo bakomeje kuvuga ko icyemezo cya Tshisekedi cyo gutera u Rwanda kitashoboka
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Abayobozi ba Congo bakomeje kuvuga ko icyemezo cya Tshisekedi cyo gutera u Rwanda kitashoboka
Andi makuru

Abayobozi ba Congo bakomeje kuvuga ko icyemezo cya Tshisekedi cyo gutera u Rwanda kitashoboka

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/02/07 at 9:45 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya, yatangaje ko icyifuzo cya Perezida wabo, Félix Tshisekedi Tshilombo, cyo gushoza intambara ku Rwanda kitashoboka.

Tshisekedi ubwo yiyamamarizaga kuyobora iki gihugu tariki ya 18 Ukuboza 2023, yatangaje ko azasaba Inteko Ishinga Amategeko kumuha uruhushya rwo gushoza intambara ku Rwanda, mu gihe haba hari igisasu cy’umutwe witwaje intwaro wa M23 cyagwa mu mujyi wa Goma.

Yagize ati “Isasu rya mbere ryabo nirigwa muri Congo, i Goma cyangwa igafatwa, nzahuriza hamwe abagize Inteko Ishinga Amategeko, mbasabe uruhushya rwo gutangaza intambara ku Rwanda.”

Aya magambo Tshisekedi yayasubiyemo uwo munsi, ubwo yari mu kiganiro kuri Top Congo FM, asobanura ko igisirikare cya RDC gifite ubushobozi bwo kurasa mu Mujyi wa Kigali, bidasabye ko kiva i Goma.

Mu kiganiro Muyaya yagiranye n’abanyamakuru i Kinshasa kuri uyu 6 Gashyantare 2024, umunyamakuru yamwibukije ko hari igisasu giherutse kugwa mu gace ka Mugunga kari mu nkengero za Goma, kandi ko ingabo z’igihugu cyabo zemeje ko cyarashwe na M23.

Yabajije Muyaya impamvu Tshisekedi atasabye Inteko uruhushya rwo gushoza intambara ku Rwanda nyuma y’aho iki gisasu kiguye muri Mugunga, amusubiza ko mu nzego za RDC hari gukorwa amavugurura atatuma icyifuzo cy’uyu Mukuru w’Igihugu gishyirwa mu bikorwa.

Muyaya yagize ati “Turi mu bikorwa [bya gisirikare] ariko hari ibigenderwaho. Ntabwo intambara yatangazwa. Murabizi ko turi mu cyiciro cyo gushyiraho inzego nshya. Perezida wa Repubulika yarabyifuje ariko hashingiwe ku Itegeko Nshinga ntabwo twabikora. Icy’ingenzi cyane, ibyo ntabwo byaba muri iki gihe.”

Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC yatangaje ko ingabo z’igihugu cyabo ziri kurasa ku birindiro bya M23, zifashishije intwaro zigezweho. Ati “Twavuga ko buri kimwe kiri gukorwa kandi turi guhiga umwanzi aho ari hose kugira ngo tugarure umutekano mu gihugu cyacu.”

Amagambo ya Tshisekedi ashingira ku myumvire y’uko umutwe wa M23 ufashwa n’ingabo z’u Rwanda. Ni ikirego Leta y’u Rwanda yateye utwatsi, isobanura ko idashobora kwivanga mu bibazo bwite by’Abanye-Congo.

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Nsanzabera Jean Paul February 7, 2024 February 7, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Shaddy Boo yabyinishije kidumu ku rubyiniro aravugishwa

May 8, 2023
Imyidagaduro

Rema yanyomoje amakuru avuga ko asenga Satani

March 17, 2025

Burna Boy yateguje igitaramo muri Kenya Umwaka utaha

December 11, 2024
Andi makuru

Volodymyr Zelensky ntarikuvuga rumwe na Vatican yasabye ko bamanika amaboko

March 11, 2024
Andi makuru

Perezida Kagame yakiriye uhagarariye Oromia yo muri Ethiopia

January 13, 2025
Imikino

APR BBC yasubiriye REG BBC

September 7, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?