SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Shaddy Boo yabyinishije kidumu ku rubyiniro aravugishwa
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Shaddy Boo yabyinishije kidumu ku rubyiniro aravugishwa
Imyidagaduro

Shaddy Boo yabyinishije kidumu ku rubyiniro aravugishwa

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/05/08 at 11:45 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Kidum iyo aza kuba atarakiriye agakiza, birashoboka ko ibintu biba byahinduye isura hagati ye na Shaddyboo rugahana inkoyoyo. Ni nyuma y’uko Shaddyboo amusanze ku rubyiniro i Bruxelles akamubyinisha mu buryo bumushyira mu ntege nke.

Kidum yabivugiye mu gitaramo yakoreye i Bruxelles mu Bubiligi ubwo yari ku rubyiniro ku wa 6 Gicurasi 2023, aho nyuma yo kuzongwa na Shaddyboo wamubyinishaga amusiga umubiri, yasabye ko umuziki uhagarara arangije afata ijambo ati “Erega Shaddyboo yibagiwe ko ndi padiri mukuru!”.

Yakomeje agira ati “Urazi Shaddyboo, cyera ntarakizwa narebaga igihimba cy’umubiri (ari gukora ku kibuno) nkacyitegereza, laba shaka shata, narakigetegerezaga ngafatwa n’ibintu […] ariko ubu ndabibona byose ni ibisanzwe.”

Ni amagambo yakurikizwaga induru nyinshi y’abakunzi b’umuziki babaga bari kunyurwa n’urwenya uyu muhanzi yabateraga.

Kidum ni umwe mu bahanga mu muziki ariko bihariye gutaramira abakunzi babo banabaganiriza, ku buryo uretse kuryoherwa n’umuziki mwiza aba aha abakunzi be, abagiye mu gitaramo cye banatahana akanyamuneza kubera ukuntu anyuzamo akabatera urwenya.

Iki gitaramo cyabereye mu cyumba giherutse kwakira igitaramo cyahuje Christopher na Riderman mu Bubiligi.

Shaddyboo umaze iminsi ku mugabane w’u Burayi yari yatumiwe mu gitaramo kimwe na Kidum cyabereye ahitwa ‘Blu Bruxelles’ ku wa 6 Gicurasi 2023.

Uyu mugore yari yiyambajwe mu rwego rwo kureshya Abanyarwanda n’Abarundi bamukunda muri iki gitaramo.

Shaddyboo yaherukaga kandi kwiyambazwa mu gitaramo cyabereye mu Bubiligi mu Ugushyingo 2022, icyakora ntabwo yahatinze kuko nyuma y’igitaramo yahuriyemo na Mike Kayihura na DJ Pius.

Nyuma y’igihe gito, muri Werurwe 2023, Shaddyboo yaje gusubira i Burayi ari naho akibarizwa kugeza ubwo yiyambajwe mu gitaramo yahuriyemo na Kidum.

 

https://www.instagram.com/reel/Cr7-QQIggTC/?utm_source=ig_web_copy_link

You Might Also Like

Sherrie Silver yashenguwe n’ihohoterwa rikorerwa umwana afasha yiyemeza kumuvuza

Maurix Baru yateguye ibitaramo yise “Karahanyuze Summer Tour”azakorera muri Canada

Umugore wa Justin Bieber yatangaje byinshi yahuye nabyo kuva yabana n’umugabo we

Minisitiri Olivier Nduhungirehe mu bihumbi byishimiye alubumu 25shades ya Bwiza

Aalliah Cool yakebuye inkumi ziyambika ubusa zishaka kugaragaza ubwiza bwazo

Nsanzabera Jean Paul May 8, 2023 May 8, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Sherrie Silver yashenguwe n’ihohoterwa rikorerwa umwana afasha yiyemeza kumuvuza

May 21, 2025
Andi makuru

Gen. Makenga yasezeranyije ko M23 itazasubira inyuma

May 27, 2024
Imikino

Perezida Kagame yakiriwe na Infantino ku cyicaro cya FIFA i Paris

July 26, 2024
Imikino

Murenzi Abdallah na Nkuranga Alphonse beguye mu buyobozi bwa FERWACY

August 31, 2023
Imyidagaduro

Bruce Melodie na Meddy abakunzi babo babasabye gukorana Indirimbo

December 3, 2023
Imyidagaduro

EAP na abahanzi bazatarama muri East Africa Party bijeje abanyarwanda igitaramo mbaturamugabo

December 29, 2022

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?