SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Liliane Mbabazi yahishuye impamvu yatumye atandukana na Radio
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Liliane Mbabazi yahishuye impamvu yatumye atandukana na Radio
Imyidagaduro

Liliane Mbabazi yahishuye impamvu yatumye atandukana na Radio

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/01/09 at 3:21 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Urukundo rwa Mozey Radio na Lilian Mbabazi ruri mu nkuru zagarutsweho cyane muri Uganda no mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, gusa benshi ntibamenye icyatandukanyije aba banyamuziki bombi bafitanye abana babiri Asante Manzi Ssekibogo na Izuba Ssekibogo.

Mu mashusho y’iminota 47 yashyizwe ku rubuga rwa Swangz Avenue, uyu muhanzikazi yavuze ko yari amahitamo ye yo gutandukana na Mowzey Radio mu rwego rwo kumurinda, abana babo, kurinda urukundo bari bafitiye Se ndetse hari isura atashakaga ko bamubonaho.

Yagize ati “Njye na Mowzey twari dufitanye umubano wihariye, uriya mugabo ndamukunda n’umutima wanjye wose ariko hari igihe twagezemo tunyura mu bintu bibi cyane. Nashatse ko abana bacu bibuka papa wabo mu buryo butandukanye nubwo nabonye. Ni yo mpamvu twatandukanye.”

“Nashakaga kumurinda we n’abana ndetse n’urukundo bamufitiye, ndabizi byaramugoye, natwe byaratugoye, umuhungu n’umukobwa wanjye bari bato, nahisemo kugenda kugira ngo mbarinde.”

N’ubwo Radio ari umwere muri iki kibazo, Lilian Mbabazi, yavuze ko ibikorwa bye n’ibindi byari bimukikije ari bimwe mu byagize ingaruka ku mubano wabo.

N’ikiniga cyinshi yagize ati “Si uko Mowzey yakoze ikintu kibi, ahubwo ibintu byari bimuzengurutse, abantu bari kumwe na we kandi mfite abana bato n’inshingano zo kubarinda. Mowzey yashoboraga kugenda akamara amezi abiri ari mu bitaramo nkasigarana n’abana kandi nanjye mfite gukora umuziki ariko abana ni bo bazaga mbere y’ibyo.”

Lilian Mbabazi avuga ko aticuza kuba yaratandukanye na Mowzey Radio, yizera ko inzira y’ubuzima iyobowe n’imbaraga z’Imana.

Yakomeje ati “Nta kundi nari kurinda Mowzey n’abana uretse kuba dutandukanye kugira ngo twishyire ku murongo. Ni uko byagenze, buri ntambwe yose dutera Imana iba izi ikizakurikaho, ntabwo mbyicuza, n’iyo mpaguma hari icyari kuba.”

Lilian Mbabazi yavuze ko mbere y’uko Mowzey Radio yitaba Imana hari gahunda y’uko basubirana bakarera abana babo bari kumwe.

Uyu muhanzikazi kandi yavuze ko atongeye kujya mu rukundo nyuma ya Mowzey Radio ndetse nta gahunda afite yo kongera gukundana bitewe n’inshingano afite gusa ngo hagize n’uboneka yaba afite urukundo rurenze urwo yabonye.

You Might Also Like

Minisitiri Olivier Nduhungirehe mu bihumbi byishimiye alubumu 25shades ya Bwiza

Aalliah Cool yakebuye inkumi ziyambika ubusa zishaka kugaragaza ubwiza bwazo

The Ben yeretswe urukundo n’abakunzi be mu gihugu cya Uganda (Amafoto)

Urukiko rwo mu Bwongereza rwasabiye Chris Brown gufungwa Iminsi 30

Sheilah Gashumba yasabye Mukase kuzabyara abandi bavandimwe babiri

Nsanzabera Jean Paul January 9, 2024 January 9, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Javanix yahuje imbaraga na Racine bashyira hanze indirimbo bise Champion ikoze mu buryo budasanzwe

March 27, 2023
Andi makuru

Perezida Mamadi Doumbouya yishimiye urugendo rwa Perezida Kagame muri gihugu cye .

May 15, 2024
Andi makuru

Perezida Kagame yihanganishije abibasiwe n’ibiza

May 3, 2023
Imyidagaduro

Minisitiri Olivier Nduhungirehe mu bihumbi byishimiye alubumu 25shades ya Bwiza

May 19, 2025
Andi makuru

Perezida wa Koreya ya ruguru aragirana ibiganiro na Mugenzi w’uburusiya 

September 12, 2023
Imyidagaduro

Reporter Guterman has come a long way on the One Hundred and Twenty Million School Building Project

October 22, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?