SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Mapinduzi Cup: Umutoza wa APR FC akomeje kwiriza nk’agahinja !
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imikino > Mapinduzi Cup: Umutoza wa APR FC akomeje kwiriza nk’agahinja !
Imikino

Mapinduzi Cup: Umutoza wa APR FC akomeje kwiriza nk’agahinja !

Muhire Jimmy
Last updated: 2024/01/03 at 9:02 AM
Muhire Jimmy
Share
2 Min Read
SHARE

 

Umufaransa utoza ikipe y’ingabo z’igihugu ya  APR FC, Thierry Froger, yavuze ko atishimiye ingengabihe y’imikino ya ‘Mapinduzi Cup’ kuko abakinnyi bafite umunsi umwe gusa wo kuruhuka mbere y’uko bakina undi mukino.

Ibi uyu mutoza yabitangaje mu kiganiro n’itangazamakuru   gitegura umukino wa kabiri w’amatsinda azahuramo na JKU ku wa Gatatu, tariki 3 Mutarama 2024.

Yagize ati “Nifuje kuvuga ibi kuva ngeze hano. Ntabwo nishimiye ukuntu imikino yegeranye bikabije muri iri rushanwa. Ariko ninjye bireba nk’umutoza ntabwo ari ikipe. Gusa nashakaga kuvuga ko ari bibi ku bakinnyi.”

Yakomeje avuga ko biteye isoni guha abakinnyi umunsi umwe wo kuruhuka mbere yo gukina undi mukino.

Ati “Ntabwo nshaka kubahuka abantu, gusa kuri njye ni ikimwaro guha abakinnyi umunsi umwe gusa wo kuruhuka.”

Froger yasoje avuga ko JKU bazahura ari ikipe ikomeye ariko bazagerageza gushaka intsinzi.

Ati “Namenye ko ikipe tuzahura na yo ejo yatsinzwe nkatwe ariko tuzagerageza gushaka intsinzi.”

Ku wa Mbere, Ikipe y’Ingabo yatsinzwe na Singida Fountain Gate FC ibitego 3-1 mu mukino wa mbere muri iri rushanwa.

Muri Mapinduzi Cup APR FC yatsinzwe na Singida ibitego 3-1 mu mukino wayo wa mbere

Ni mu gihe iyi kipe igomba gukina uwa kabiri izahuramo na JKU yo muri Zanzibar ku wa Gatatu, tariki 3 Mutarama 2024 saa 15:15 z’i Kigali.

APR FC irasabwa gutsinda uyu mukino mbere yo gukina na Simba SC mu mukino wa nyuma w’amatsinda uteganyijwe ku wa Gatanu kugira ngo byibura ibashe kuzakomeza muri ¼.

Muri iri tsinda rya kabiri, Singida Fountain Gate FC yatsinze imikino ibiri yamaze kubona itike ya ¼.

Singida yabonye itike ya 1/4

You Might Also Like

PSG yegukanye igikombe cya champions League itsinze Inter Milan 5-0(Amafoto)

Winner Rwanda yafunguye ubwidagaduriro bw’abana mu murenge wa Gitega

Abantu 27 harimo abana 4 bakomerekeye mpanuka mu birori byo kwishimira igikombe Liverpool yegukanye

Jose Chameleon na Weasel bazatarama mu birori byo kwishimira Ibikombe APR FC yegukanye

Munyakazi Sadate yasezeranyije Perezida Kagame kuzazana ibikombe mpuzamahanga mu Rwanda

Muhire Jimmy January 3, 2024 January 3, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imikino

Volleyball: Abatoza batatu bagiye guhabwa amahugurwa muri Brésil

November 28, 2023
Andi makuru

Kigali: Hateraniye inama y’amashami agize umuryango wa EAPCCO

April 24, 2025
Andi makuru

Perezida Paul Kagame na Madamu bitabiriye inama ya OIF mu Bufaransa

October 4, 2024
Imyidagaduro

Umuhanzi Uptown The Maskking wo muri Nigeria arifuza gukorana indirimbo na Bruce Melodie na Davis D

May 23, 2023
Imikino

Kenya Ports Authority yegukanye irushanwa rya ‘Zone V’ itsinze REG WBBC

November 5, 2023
Ubuzima

AGRA igiye kwifashisha miliyoni $550 mu guteza imbere ubuhinzi bwa Afurika

September 5, 2021

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?