SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Basketball: REG WBBC yageze muri ½ cy’Imikino Nyafurika !
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imikino > Basketball: REG WBBC yageze muri ½ cy’Imikino Nyafurika !
Imikino

Basketball: REG WBBC yageze muri ½ cy’Imikino Nyafurika !

Muhire Jimmy
Last updated: 2023/12/17 at 4:03 PM
Muhire Jimmy
Share
2 Min Read
SHARE

 

Ikipe ya ihagarariye u Rwanda mu mikino ya  Nyafurika ‘FIBA Africa Women’s Basketball League’, ariyo REG WBBC yageze muri ½ nyuma yo gutsinda Université de Douala yo muri Cameroun amanota 85-54 mu mukino wabaye ku Cyumweru, tariki 17 Ukuboza 2023 i Alexandria mu Misiri.

Uyu mukino wa ¼ watangiye amakipe yombi agendana mu manota cyane. Mu minota itatu ya nyuma y’aka gace, Tiffany Mitchell na Destiney Philoxy batangiye gutsinda amanota menshi.

Agace ka Mbere karangiye REG WBBC iyoboye umukino n’amanota 21 kuri 15 ya Université de Douala.

Ikipe ya Sosiyete y’Igihugu Ishinzwe Ingufu yakomeje kwitwara neza Tiffany na Nia Clouden batsindaga amanota menshi ari na ko ikinyuranyo cyiyongeraga cyane. Igice cya Mbere cyarangiye REG WBBC yatsinze Université de Douala amanota 51-21.

Ikipe yo muri Cameroun yavuye kuruhuka igerageza gutsinda ariko ntibyaramba kuko Ikipe ya Sosiyete y’Igihugu Ishinzwe Ingufu yahise yongera gutsinda amanota cyane ndetse izamura ikinyuranyo kigera mu manota 40.

Agace ka Gatatu karangiye REG WBBC ikomeje kuyobora umukino n’amanota 74-38.

Umutoza wa REG WBBC, Mukaneza Espérance yaruhukije ikipe ye ya mbere yinjiza mu kibuga abakinnyi nka Micomyiza Rosine, Mwizerwa Faustine, Dusabe Jane, Kiyobe Chantal na Irakoze Nelly.

Ibi byatumye iyi kipe idatsinda amanota menshi nk’uko yari yatangiye umukino gusa na Université de Douala ntacyo byayifashije kuko yatakazaga imipira cyane.

Umukino warangiye REG WBBC yatsinze Université de Douala amanota 85-54, igera muri ½ itaratsindwa.

Abatoza ba REG WBBC bajya inama hagati mu mukino

Iyi kipe izahura n’izava hagati ya Equity Bank na Kenya Ports Authority mu mukino uteganyijwe ku wa Mbere, tariki 18 Ukuboza 2023 saa 15:30.

Tiffany Mitchell akomeje kwitwara neza muri iri rushanwa

You Might Also Like

PSG yegukanye igikombe cya champions League itsinze Inter Milan 5-0(Amafoto)

Winner Rwanda yafunguye ubwidagaduriro bw’abana mu murenge wa Gitega

Abantu 27 harimo abana 4 bakomerekeye mpanuka mu birori byo kwishimira igikombe Liverpool yegukanye

Jose Chameleon na Weasel bazatarama mu birori byo kwishimira Ibikombe APR FC yegukanye

Munyakazi Sadate yasezeranyije Perezida Kagame kuzazana ibikombe mpuzamahanga mu Rwanda

Muhire Jimmy December 17, 2023 December 17, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Utuntu n'utundi

Umunyarwanda Nkubito wabaga mu gisirikare cya Canada yitabye Imana

July 18, 2024
Imyidagaduro

Phil Peter agiye gutaramira ku mugabane w’Uburayi

June 6, 2023
Andi makuru

#Kwibuka31: Intumwa yihariye ya Donald Trump yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

April 9, 2025
Imyidagaduro

Isimbi Model yagarutse ku cyatumye akunda indirimbo za Chryso Ndasingwa

May 7, 2024
Andi makuru

Tchad : Ishyaka FPL ryamaganye igitekerezo cyo kohereza ingabo muri RDC

February 21, 2025
Imyidagaduro

Karolina Shiino wari uherutse kwegukana ikamba rya Miss Japan 2024 yasubije ikamba yegukanye

February 6, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?