SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Umuraperi Daddy Yankee yaretse umuziki usanzwe yiyegurira Imana
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Iyobokamana > Umuraperi Daddy Yankee yaretse umuziki usanzwe yiyegurira Imana
ImyidagaduroIyobokamana

Umuraperi Daddy Yankee yaretse umuziki usanzwe yiyegurira Imana

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/12/06 at 2:06 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Umuraperi Ramón Luis Ayala Rodríguez wamamaye nka Daddy Yankee mu muziki wa Reggaeton, yiyeguriye Yesu Kirisito yemeza gukoresha impano ye n’ibyo afite byose mu kwamamaza ubutumwa bwiza bwa Kirisito.

Daddy Yankee wakunzwe na be benshi binyuze mu ndirimbo zirimo “Limbo” , “Despacito” n’izindi, yafashe uyu mwanzuro ubwo yari mu gitaramo cyitabiriwe n’abarenga ibihumbi 18.

Cyari igitaramo cya nyuma gisoza urugendo rw’ibitaramo yise “La Meta” cyabebereye iwabo muri Puerto Rico.

Uyu muhanzi w’imyaka 46 ubwo yari ageze ku musozo amaze kuririmba indirimbo “Gasolina” yakoze mu 2004, yatangarije abakunzi be ko atangiye urugendo rushya rw’ubuzima bufite intego kandi burimo Kirisito gusa.

Ati “Bantu banjye, uyu ni umunsi w’ingenzi mu buzima bwanjye kandi ndashaka kubisangiza mwe kuko kubaho ubuzima bwiza ntabwo ari kimwe no kubaho ubuzima bufite intego, ibi byose bigomba kurangira.”

Yifashishije umurongo wo muri Bibiliya wanditse muri Mariko 8:36 agira ati “Umuntu byamumarira iki gutunga ibintu byose byo mu Isi, ariko akabura ubugingo bwe?”

Daddy Yankee wari wazenze amarima mu maso, yazamuye ikiganza mu kirere akomeza agira ati “Niyo mpamvu iri joro, ntatewe isoni no kubwira Isi yose ko Yesu atuye muri njye kandi nanjye nzabaho kubwe mukorera.”

“Ibikoresho byose mfite n’umutungo wanjye nk’umuziki, imbuga nkoranyambaga, mikoro, ibyo Yesu yampaye byose ubu biri mu bwami bwe”. Murakoze cyane, Puerto Rico, kandi ndizera ko muzagendana nanjye muri iyi ntangiriro nshya.”

Yatangarije abamukurikiye ko ubu agiye gukomezanya amazina yiswe n’ababyeyi Ramón Ayala.

Yarangije ubutumwa bwe asaba abamukurikira bose gukurikira Yesu Kirisito ndetse asaba Imana kugendana nawe muri uru rugendo rushya rw’ivugabutumwa yavuze ko ruzatangirira muri Puerto Rico rukagera n’ahandi ku Isi.

Abahanzi barimo Luis Fonsi bahuriye mu ndirimbo “Despacito” bishimiye icyemezo uyu muhanzi yafashe.

Daddy Yankee asezeye umuziki usanzwe yatangiye mu 1994 asize album zirindwi , yatwaye ibihembo bitanu bya Latin Grammy Awards, bibiri bya Billboard Music Awards, 14 bya Billboard Latin Music Awards, igihembo kimwe cya MTV Video Music Award, n’ibindi.

Mu 2017 nibwo yakiririye inyenyeri ihabwa ibyamamare muri Puerto Rico izwi nka Puerto Rican Walk of Fame.

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Feast and Praise Brunch igiye kuba bwa mbere muri Kigali

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Nsanzabera Jean Paul December 6, 2023 December 6, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Perezida Kagame yakiriye indahiro z’abagize Guverinoma nshya

August 19, 2024
Utuntu n'utundi

Ifoto ya Kandida Perezid aha chance umwana muto ikomeje kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga

July 11, 2024
Ubuzima

Abagore bo mu Rwanda Bashyizwe igorora na ABN nyuma yo kubazanira ibikoresha bigabanya ububabare mu gihe cy’Imihango

December 2, 2023
Andi makuru

Bwiza n’umuryango w’Abaskuti mu Rwanda biyemeje gutera ibiti ibihumbi 200

February 17, 2024
Andi makuruIyobokamana

Vestine na Dorcas nyuma yo kutajya muri Canada bagiye gutaramira I Burundi

November 28, 2023
Andi makuru

Perezida Tshisekedi yitabiriye inama ya Comesa i Burundi

October 31, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?