SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Amasura mashya ashobora kwiyongera mu Mavubi!
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imikino > Amasura mashya ashobora kwiyongera mu Mavubi!
Imikino

Amasura mashya ashobora kwiyongera mu Mavubi!

Muhire Jimmy
Last updated: 2023/11/05 at 2:08 PM
Muhire Jimmy
Share
3 Min Read
SHARE

 

Biravugwa ko hari abakinnyi bahamagawe mu ikipe y’ikipe y’Igihugu Amavubi ariko batatangajwe muri 30 umutoza yashyize ahabona.

Mu ijoro ryakeye ni bwo Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje abakinnyi 30 bahamagawe n’umutoza mushya w’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Torsten Frank Spittler guhangana na Zimbambwe tariki ya 15 Ugushyingo na Afurika y’Epfo tariki ya 21 Ugushyingo imikino yose izabera mu Rwanda kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye.

Mu bakinnyi 30 bahamagawe benshi babonye ari amazina asanzwe mu ikipe y’igihugu nta mazina mashya arimo nk’uko byari byitezwe.

Ni ubwo abakinnyi 30 batangajwe atari bo bonyine bahamagawe ahubwo hari andi mazina yiganjemo abakinnyi bazaba bahamagawe bwa mbere bashobora kugaragara kuri uyu mikino.

Amakuru avuga ko impamvu batagaragaye ku rutonde ari uko igihe cyo guhamagara cyageze batarumvikana na FERWAFA ariko ibiganiro bikaba byarakomeje ndetse bigeze kure ku buryo hari abakinnyi bashobora kwiyongeramo.

Bivugwa ko ari abakinnyi bane cyangwa batanu ari bo baganirijwe, barangajwe imbere n’umunyezamu wa Union Saint-Gilloise mu cyiciro cya mbere mu Bubiligi, Maxime Wenssens.

Undi mukinnyi wavuzwe muri aba bakinnyi ushobora kuba yahamagawe ni rutahizamu Johan Marvin Kury wa Yverdon Sport FC II mu Busuwisi. Uyu we n’umutoza uheruka Carlos Alos yigeze kumuhamagara ariko ntiyaza, FERWAFA yakomeje ibiganiro na we aho amakuru avuga ko byarangiye yemeye ndetse aka agomba kuza. Gusa uyu mukinnyi we niyo yaza ntiyakina kuko afite imvune, ashobora kuza agashakirwa ibyangombwa akanasura u Rwanda cyane ko ahafite n’umuryango.

Bivugwa ko kandi abakinnyi bandi bohererejwe ubutumire barimo umukinnyi wo hagati mu kibuga mu ikipe ya Le Havre mu Bufaransa, myugariro wo ku ruhande rw’iburyo bivugwa ko ari Noe Uwimana ukinira Philadelphia Union muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’undi myugariro wo mu mutima w’ubwugarizi.

Abakinnyi 30 bahamagawe mu Mavubi

Abanyezamu:

Ntwari Fuacre (TS Galaxy, Afurika y’Epfo)
Nzayurwanda Jimmy Djihad (Kiyovu Sports)
Muhawenayo Gad (Musanze FC)

Ba myugariro:

Omborenga Fitina (APR FC)
Serumogo Ali (Rayon Sports)
Imanishimwe Emmanuel (FAR Rabat, Marc)
Ishimwe Christian (APR FC)
Mutsinzi Ange (FK Jerv, Norvège)
Rwatubyaye Abdul (Rayon Sports)
Niyomugabo Jean Claude (APR FC)
Manzi Thierry (Al Ahli Tripoli, Libya)
Niyigena Clément (APR FC)
Mitima Isaac (Rayon Sports)

Abakina Hagati

Bizimana Djihad (Kryvbas FC, Ukraine)
Mugiraneza Frodouard (Kiyovu Sports)
Hakim Sahabo (Standard de Liège)
Muhire Kevin (Rayon Sports)
Byiringiro Lague (Sandvikens IF, Suède)
Ruboneka Jean Bosco (APR FC)
Iradukunda Elie Tatou (Mukura VS)
Niyonzima Olivier (Kiyovu Sports)

Ba rutahizamu

Mugenzi Bienvenu (Police FC)
Sibomana Patrick (Gor Mahia)
Mugisha Didier (Police FC)
Nshuti Innocent (APR FC)
Mugunga Yves (Kiyovu Sports)
Mugisha Gilbert (APR FC)
Gitego Arthur (Marines FC)
Rafael York (Gegle IF, Norvège)

Maxime Wenssens bivugwa ko na we yahamagawe mu Mavubi
Johan Marvin Kury ategerejwe mu Mavubi
Johan Marvin yakiniye amakipe nka Xamacs Fcs ,Byiringiro Lague yigeze kujya gukoreramo isuzuma yitezwe mumavubi

You Might Also Like

Winner Rwanda yafunguye ubwidagaduriro bw’abana mu murenge wa Gitega

Abantu 27 harimo abana 4 bakomerekeye mpanuka mu birori byo kwishimira igikombe Liverpool yegukanye

Jose Chameleon na Weasel bazatarama mu birori byo kwishimira Ibikombe APR FC yegukanye

Munyakazi Sadate yasezeranyije Perezida Kagame kuzazana ibikombe mpuzamahanga mu Rwanda

APR BBC yongeye itsindirwa mu maso ya Perezida Kagame na MBB South Africa 98-88

Muhire Jimmy November 5, 2023 November 5, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

#Kwibuka30 : Isimbi Model yagaragaje agahinda aterwa na se wishwe mu Jenoside atabonye aho umukobwa we ageze

April 9, 2024
Ubukungu

La Creola Restaurant & Lounge Urugero rwiza mu kubahiriza uburenganzira bw’abakozi

January 22, 2024
Andi makuru

Perezida wa Guinée-Conakry, Gén Mamadi Doumbouya, yageze I Kigali

January 25, 2024
Imyidagaduro

Pst Theogene Niyonshuti uzwi nk’umwana wo ku mihanda yitabye Imana

June 23, 2023
Andi makuru

Ndandambara yakoze agashya mu gitaramo cya Gen -z comedy kitabiriwe na Minisitiri utumwatwishima (Amafoto)

July 12, 2024
Andi makuru

Intambara y’amagabo hagati ya Elon Musk na Julius Malema ikomeje gufata indi ntera

February 10, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?