SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Josh Ishimwe yahishuye ko umuhamagaro we umwemerera gusubiramo indirimbo ntacyo agendeyeho
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Iyobokamana > Josh Ishimwe yahishuye ko umuhamagaro we umwemerera gusubiramo indirimbo ntacyo agendeyeho
Iyobokamana

Josh Ishimwe yahishuye ko umuhamagaro we umwemerera gusubiramo indirimbo ntacyo agendeyeho

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/10/06 at 10:17 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
SHARE

Umuhanzi w’indirimbo zihimbaza Imana, Ishimwe Joshua wamamamaye nka Josh Ishimwe, yasobanuye impamvu magingo aya asubiramo indirimbo z’abandi gusa, ndetse n’impamvu mu muziki we atarobanura ashingiye ku idini abarizwamo nk’umuyoboke.

Uyu muhanzi uherutse kumurika Album ye ya mbere iririmbye mu njyana gakondo, aganira na Kigali Today yavuze ko yishimira kuba abakunzi b’umuziki we babarizwa mu matorero atandukanye, kuko umurimo w’Imana utagira umupaka.

Yavuze ko kuba akora umuziki asubiramo indirimbo z’abandi abifa nk’umwihariko mu miririmbire ye, kandi bikaba bituma ibihangano asubiyemo koko bikundirwa kuba byihariye.

Ati “Buri muntu wese agira uko atwaramo ibintu bye, ntabwo uburyo buzahora ari bumwe ngo umuntu kuko abaye umuhanzi azane indirimbo nshya runaka. Ni nk’uko mu kwigisha Ijambo ry’Imana umuntu ashobora kuzana ikibwirizwa gisa n’icyo undi yigishije, ariko akacyigisha mu buryo bwe”.

Yakomeje ati “Si ugusubiramo gusa ahubwo hari igihe indirimbo zongera zikabera nshya abantu bazumvishe. Umuntu akumva ni bwo yakiriye gukira kuri iyo ndirimbo. Nshobora kuririmba inshyashya nanditse ikaba itakora umurimo nk’uwo izi zisanzwe zikora. Ntabwo nabireka kuko ni umuhamagaro”.

Gusa uyu muhanzi yongeyeho ko nubwo magingo aya yashyize hanze gusa indirimbo yasubiyemo mu buryo bwa gakondo, ariko ateganya no kuzakora ize ku giti cye mu gihe kizaza.

Yongeyeho ko ubu yari asanzwe amenyerewe mu ndirimbo za Kiliziya n’iz’abarokore, ariko akaba ubu yaratangiye no gusubiramo iz’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, ahereye ku yitwa Ntacyo Ngushinja.

Josh Ishimwe yanakomoje ku by’aho akura gukora umuziki atitaye cyane ku madini.

Ati “Itorero nakuriyemo nanabatirijwemo ni ADEPR, ni na ho natangirije umurimo wo kuririmba muri korali kandi n’ubu ni ho nkiri. Gusa nize i Kibeho ku butaka butagatifu rero twaririmbaga indirimbo za Kiliziya buri gitondo mu misa. Ikindi kandi mu muryango wa papa ni Abagatolika, njye na mama tukaba abarokore”.

Uyu muhanzi ubu ari kwitegura kuzaririmba mu gitaramo cya Chorale Christus Regnat, cyiswe i Bweranganzo gitegenyijwe ku itariki 19 Ugushyingo 2023, ndetse aheruka no kwitabira ikindi cy’abarokore cyakusanyirijwemo inkunga yo gufasha abanyeshuri.

Yinjiye mu muziki wo guhimbaza Imana mu 2020 ubu akaba amaze gukora albumu imwe, yamuritse muri Kanama uyu mwaka. Gusa amaze kugwiza igikundiro mu muziki uhimbaza Imana mu Rwanda no mu Burundi.

 

You Might Also Like

Feast and Praise Brunch igiye kuba bwa mbere muri Kigali

Mufti w’u Rwanda yahaye umukoro abanyarwanda bagiye mu mutambagiro i Maka

Papa Leon XIV yakiriye Perezida Zelensky i Vatikani

Korali Ganza Kristo yo muri ADEPR Gasave yateguye igiterane cy’amashimwe kizamara iminsi 2

Aba-Cardinal binjiye mu munsi wa kabiri w’itora rya Papa

Nsanzabera Jean Paul October 6, 2023 October 6, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imikino

Harimo ukwezi kumwe ko kugira ngo babanze babitekerezeho : Perezida wa Rayon Sports!

November 20, 2023
Imyidagaduro

Filime igaragaramo umuhanzi Ngarambe François Xavier n’umugore we igiye gusohoka

January 25, 2024
Imyidagaduro

Mutoni Assia yibarutse imfura

June 20, 2023
Imyidagaduro

P Diddy ibye bikomeje gusubira irudubi yatawe muri yombi

September 17, 2024
Imyidagaduro

Intandaro y’itandukana rya Platini n’umugore we yamenyekanye

April 25, 2023
Imyidagaduro

Miss Nishimwe Naomie yambitswe Impeta n’umukunzi we.

January 2, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?