SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: P Diddy ibye bikomeje gusubira irudubi yatawe muri yombi
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > P Diddy ibye bikomeje gusubira irudubi yatawe muri yombi
Imyidagaduro

P Diddy ibye bikomeje gusubira irudubi yatawe muri yombi

Gossip Kigali
Last updated: 2024/09/18 at 8:56 AM
Gossip Kigali
Share
2 Min Read
SHARE

Umuherwe akaba n’umuraperi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Sean “Diddy” Combs yatawe muri yombi ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere nyuma y’ikirego cyatanzwe n’ubushinjacyaha bw’umujyi wa New York.

Umunyamategeko wa Diddy ari we Marc Agnifilo yemeye ko umukiliya we yatawe muri yombi, gusa ashimangira ko bitari bikwiriye ngo kuko ibirego ashinjwa bamubeshyera.

Ntabwo hatangajwe icyaha cyihariye cyatumye Diddy atabwa muri yombi gusa amaze igihe ashinjwa ibyaha bitandukanye bijyanye n’ihohotera rishingiye ku gitsina bivugwa ko yagiye akorera abagore n’abakobwa batandukanye.

Mu cyumweru gishize, Diddy w’imyaka 54 yongeye kuregwa n’umuhanzi Dawn Richard amushinja ihohotera rishingiye ku gitsina, ivangura rishingiye ku gitsina n’ubutekamutwe. Ni nabyo birego byatanzwe ku nzego z’ubugenzacyaha mu Mujyi wa New York aho yafatiwe.

Muri uku kwezi kandi hari ikindi kirego Diddy yasabwemo kwishyura impozamarira za miliyoni 100 z’amadolari, aho uwitwa Derrick Lee Smith yamushinjaga ihohotera rishingiye ku gitsina ryabaye mu myaka 30 ishize.

Ibintu byatangiye gukomerera Diddy mu 2023 ubwo umuhanzi Casandra Ventura bigeze gukundana yamugezaga mu rukiko, amushinja kumufata ku ngufu no kumuhohotera mu myaka icumi bamaze bakorana, banakundana.

Ikibazo baje kugikemura mu bwumvikane kitageze mu nkiko mu Ugushyingo 2023.

Diddy ni umwe mu baraperi bagize igikundiro muri Amerika, akaba n’umwe mu bari bafite inzu zikomeye zafashije kuzamura abahanzi benshi mu mateka y’injyana ya Rap muri Amerika.

You Might Also Like

Minisitiri Olivier Nduhungirehe mu bihumbi byishimiye alubumu 25shades ya Bwiza

Aalliah Cool yakebuye inkumi ziyambika ubusa zishaka kugaragaza ubwiza bwazo

The Ben yeretswe urukundo n’abakunzi be mu gihugu cya Uganda (Amafoto)

Urukiko rwo mu Bwongereza rwasabiye Chris Brown gufungwa Iminsi 30

Sheilah Gashumba yasabye Mukase kuzabyara abandi bavandimwe babiri

Gossip Kigali September 18, 2024 September 17, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

MINUBUMWE yatangaje gahunda yuko ibikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 31 bizagenda

April 1, 2025
Andi makuru

M23 yakubitiye inshuro ingabo z’u Burundi zari muri Bitonga irayigarura

May 5, 2024
Imyidagaduro

Album ya Producer Davydenko na Tuff Gang izajya hanze mu ukuboza

November 17, 2023
Andi makuru

Umugabo yapfiriye muri ‘lodge’ nyuma  Yo kumara iminsi itatu atera akabariro

July 25, 2023
Imyidagaduro

Umuhanzikazi Tems yatangaje itariki azataramiraho i Kigali

January 18, 2025
Andi makuru

#Kwibuka 29 :Tariki 11 Mata 1994: Ingabo za Loni zatereranye Abatutsi bari bahungiye ETO Kicukiro

April 11, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?