SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Aba-Cardinal binjiye mu munsi wa kabiri w’itora rya Papa
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Font ResizerAa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Iyobokamana > Aba-Cardinal binjiye mu munsi wa kabiri w’itora rya Papa
Iyobokamana

Aba-Cardinal binjiye mu munsi wa kabiri w’itora rya Papa

Nsanzabera Jean Paul
Nsanzabera Jean Paul
Published: May 8, 2025
Share
French cardinal Jean-Marc Aveline (2ndR) attends a mass at St Peter's basilica in The Vatican, on April 30, 2025. (Photo by Tiziana FABI / AFP)
SHARE

Nyuma y’aho umunsi wa mbere w’itora urangiye hatabonetse Umushumba mushya wa Kiliziya Gatolika (Papa), kuri uyu wa 8 Gicurasi 2025, Aba-Cardinal basubiye muri Chapelle ya Sistine, kugira ngo bongere batore.

 

Ikimenyetso cy’uko nta Papa mushya waraye atowe cyagaragajwe n’umwotsi w’umukara wazamutse kuri Chapelle ya Sistine ku mugoroba wo ku wa 7 Gicurasi. Ubusanzwe, iyo Papa yabonetse, hazamuka umwotsi w’umweru.

Nk’uko byateganyijwe, mu gitondo cyo kuri uyu wa 8 Gicurasi, Aba-Cardinal babanje gufata ifunguro rya mu gitondo, bakomereza muri misa yo gusengera iri tora.

Saa yine n’igice z’igitondo, nibwo byari biteganyijwe ko batangira icyiciro cya mbere cy’itora, kirakurikirwa n’ikindi gitangira saa sita zuzuye. Mu gihe Papa yatorwa nyuma y’ibi byiciro, kuri Chapelle ya Sistine hazamuka umwotsi w’umweru.

Papa nadatorwa mu byiciro bibanza, uyu munsi haraba ibindi byiciro bibiri, birimo icya saa kumi n’imwe n’igice z’umugoroba ndetse n’icya saa moya zuzuye z’umugoroba.

Mu mbuga nini ya Bazilika ya Mutagatifu Petero, hazindukiye abakirisitu bategereje kumenya umusaruro uva mu matora ariko bigaragara ko muri iki gitondo bakiri bake. Uko bucya ni ko biyongera nk’uko byagenze ku wa 7 Gicurasi.

Umwotsi w’umweru nurara utazamutse kuri Shapelle ya Sistine, biraba bisobanuye ko itora rikomeza ku wa 9 Gicurasi ndetse byanashoboka ko ryagera ku wa 10 Gicurasi mu gihe umukandida umwe atabona amajwi 89 mu 133 y’abatora.

Papa mushya azasimbura Papa Francis witabye Imana tariki ya 21 Mata 2025, azize uburwayi.

Israel Mbonyi yongeye gukorera igitaramo cy’amateka mu gihugu cya Uganda
Umuramyi Israel Mbonyi wari utegerejwe I Nairobi yahinduye itariki yo kugererayo
The Ben Yongeye gufatirwa n’Ikiniga imbere y’ikoraniro ry’abantu
Mufti w’u Rwanda yahaye umukoro abanyarwanda bagiye mu mutambagiro i Maka
Pastor Ezra Mpyisi yavuzwe imyato mu mugoroba wo kwizihiza ubuzima
Share This Article
Facebook Email Print
Leave a Comment Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Burgos Casino Login App Sign Up

May 28, 2024

Online Pub Fruit Machine

February 25, 2025

New Online Casino Ireland No Deposit

July 7, 2019

Casitsu Casino 100 Free Spins Bonus 2025

February 25, 2025

Ladbrokes Sign Up Bonus Australia

May 28, 2024

Online Pokies Sites New Zealand

May 28, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?