SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Filime igaragaramo umuhanzi Ngarambe François Xavier n’umugore we igiye gusohoka
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Font ResizerAa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Filime igaragaramo umuhanzi Ngarambe François Xavier n’umugore we igiye gusohoka
Imyidagaduro

Filime igaragaramo umuhanzi Ngarambe François Xavier n’umugore we igiye gusohoka

Nsanzabera Jean Paul
Nsanzabera Jean Paul
Published: January 25, 2024
Share
SHARE

Binyuze kuri Televiziyo y’u Rwanda, Willy Ndahiro uzwi muri sinema Nyarwanda agiye gutangira gushyira hanze filime ye nshya yise ‘Iryamukuru’ igaragaramo umuhanzi Ngarambe François Xavier n’umugore we.

Ni nyuma y’umwaka uyu mugabo akoze ‘season’ ya mbere y’iyi filime, icyakora atarabona aho kuyinyuza, kuri ubu akaba yamaze kumvikana na Televiziyo y’u Rwanda izatangira kuyerekana ku wa Mbere tariki 29 Mutarama 2024 Saa Moya n’Igice z’ijoro.

Kugeza ubu uyu mugabo ahamya ko yamaze gutunganya ‘season’ ya mbere y’iyi filime icyakora akaba yaranatangiye gutegura ibikorwa byo gufata amashusho y’ibindi bice ku buryo yizeye ko abakurikira Televiziyo y’u Rwanda batazigera bicwa n’irungu.

Iryamukuru ni filime y’uruhererekane ivuga ku buzima bwa buri munsi bw’umuryango wa none.

Ndahiro yavuze ko yifuje gukora iyi filime nyuma yo kwitegereza uburyo muri iyi minsi ya none abashakanye batandukana hadateye kabiri kandi ugasanga bapfuye utuntu tw’amafuti.

Ni muri urwo rwego avuga ko yifuje gukora filime igaruka ku bibazo bibera mu ngo ku buryo byibuza yasiga hari ibyo yigishije muri sosiyete y’u Rwanda.

Ndahiro yavuze ko yahisemo gukoresha Ngarambe François Xavier n’umugore we muri iyi filime kuko ubutumwa yashyize muri filime ye bufite aho buhuriye n’umuryango kandi uwa Ngarambe ukaba icyitegererezo.

Ati “Umuryango wa Ngarambe ni icyitegererezo kuri njye, ni yo mpamvu natekereje kuba nakorana na we muri filime yanjye ‘Iryamukuru’ bityo akaba urugero rwiza rwo kwigisha abakiri bato.”

Usibye Ngarambe n’umugore we, iyi filime byitezwe ko izagaragaramo abakinnyi basanzwe bamenyerewe nka Natacha Ndahiro usanzwe ari mushiki wa Willy Ndahiro, Nicole Uwineza wubatse izina muri City maid, Daniel Gaga n’abandi benshi.

Leta y’uBurundi yijeje ubufatanye bwiza n’abateguye igitaramo cya The Ben i Bujumbura
Chris Brown yakoze amateka yo kugurisha amatike menshi mu gihe gito muri Afurika y’epfo na Brasil
Anita Pendo yakiriwe na Ambasaderi Rosemary Mbabazi muri Ghana
Igitaramo cya Swangz Avenue All Star kimuriwe umwaka utaha
P Diddy yashimangiyeko yishyura 5000$ Sting kubera indirimbo ye ‘Every Breath You Take’
Share This Article
Facebook Email Print
Leave a Comment Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Pokies Free Spins No Deposit

February 25, 2025

Imperial Casino Online

February 25, 2025

How To Use Slot Machines In Australia

February 25, 2025

Jackpot Jill Sign Up

February 25, 2025

Licensed Electronic Casino In Ireland List

May 28, 2024

How To Win Ireland Videoslots

May 28, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?