SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: U Rwanda na UCI byatangije ibikorwa byo gutegura Shampiyona y’Isi y’Amagare mu 2025
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imikino > U Rwanda na UCI byatangije ibikorwa byo gutegura Shampiyona y’Isi y’Amagare mu 2025
Imikino

U Rwanda na UCI byatangije ibikorwa byo gutegura Shampiyona y’Isi y’Amagare mu 2025

Gossip Kigali
Last updated: 2023/09/21 at 11:57 AM
Gossip Kigali
Share
2 Min Read
SHARE

U Rwanda n’Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI), kuri uyu wa Kane tariki ya 21 Nzeri, byatangije ku mugaragaro ibikorwa byo kwakira Shampiyona y’Isi y’Amagare izabera i Kigali mu 2025.

Iki gikorwa cyabereye kuri Kigali Convention Centre mu gihe habura imyaka ibiri yuzuye ngo iyi Shampiyona y’Isi itangire. Cyitabiriwe na Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa; Umuyobozi Mukuru wa UCI, Amina Lanaya na Perezida w’Agateganyo wa FERWACY, Kayirebwa Liliane.

Atangiza ku mugaragaro ibi bikorwa byo kwakira Shampiyona y’Isi i Kigali mu 2025, Minisitiri Munyangaju yavuze ko “intego ni ugutuma iri rushanwa riba ryiza kandi rikazashimisha buri wese.”

Amina Lanaya wari uhagarariye UCI, yavuze ko iri rushanwa ari iry’amateka kuko ari ubwa mbere Shampiyona y’Isi igiye kubera kuri uyu Mugabane wa Afurika kuva ibaye bwa mbere mu 1921.

Ati “Kigali ni wo mujyi wari umukandida mwiza. Ndabivuga, ndi Umunya-Maroc kandi na yo yifuzaga kwakira, ariko Kigali ni yo yari ihagaze neza mu busabe.”

Kayirebwa Liliane yavuze ko Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda rikomeje imyiteguro y’iyi Shampiyona ndetse bamwe mu baheruka mu yabereye i Glasgow uyu mwaka, bari mu bakinnyi bategurwa.

Ku bijyanye n’imyiteguro y’igihugu muri rusange, Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Niyonkuru Zephanie, uhagarariye komite itegura irushanwa, yavuze ko bifuza ko iri rushanwa ritazibagirana.

Yagaragaje ko Shampiyona y’Isi ya 2025 yitezwemo abantu ibihumbi 20 barimo abakinnyi, abatoza n’abayobozi bagera ku 5000. Ni mu gihe ibitangazamakuru mpuzahanga byitezwe ari 450.

Yongeyeho ko kimwe mu byatumye u Rwanda rugirirwa iki cyizere cyo kuba igihugu cya mbere cya Afurika cyakiriye Shampiyona y’Isi y’Amagare harimo kuba gikataje mu kuba igicumbi cy’inama n’amarushanwa ya siporo.

Harimo kandi kugira ibikorwaremezo bigezweho, korohereza abashoramari, ingendo z’imbere mpuzamahanga n’iz’imbere mu gihugu zoroshye, umutekano no kuba igihugu cy’umukino w’amagare.

Shampiyona y’Isi ya 2025 izaba tariki ya 21-28 Nzeri, izitabirwa n’abakinnyi b’abagabo n’abagore, abatarengeje imyaka 23 n’aba-juniors mu byiciro byombi.

Muri iki gikorwa, hamuritswe kandi ikirango cy’iri rushanwa.

You Might Also Like

PSG yegukanye igikombe cya champions League itsinze Inter Milan 5-0(Amafoto)

Winner Rwanda yafunguye ubwidagaduriro bw’abana mu murenge wa Gitega

Abantu 27 harimo abana 4 bakomerekeye mpanuka mu birori byo kwishimira igikombe Liverpool yegukanye

Jose Chameleon na Weasel bazatarama mu birori byo kwishimira Ibikombe APR FC yegukanye

Munyakazi Sadate yasezeranyije Perezida Kagame kuzazana ibikombe mpuzamahanga mu Rwanda

Gossip Kigali September 21, 2023 September 21, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Perezida Kagame azaganiriza abaturage b’umujyi wa Kigali

March 14, 2025
Andi makuru

Togo : Faure Gnassingbé yarahiriye umwanya ushobora gutuma ayobora ubuzima bwe bwose

May 5, 2025
Imikino

Mapinduzi Cup : APR FC iri mu itsinda rimwe na Simba SC

December 20, 2023
Imyidagaduro

Uganda :B2C basubitse igitaramo bari bafite Lugogo

March 20, 2024
Kwamamaza

Kigali Tents ikomeje kuza kw’isonga mu gukora amahema meza mu Rwanda

January 22, 2024
Andi makuru

M23 yakubitiye inshuro ingabo z’u Burundi zari muri Bitonga irayigarura

May 5, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?