SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame yitabiriye Inama Muri Cuba
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Perezida Kagame yitabiriye Inama Muri Cuba
Andi makuru

Perezida Kagame yitabiriye Inama Muri Cuba

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/09/15 at 12:37 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Perezida Kagame ari muri Cuba mu Mujyi wa Havana aho yitabiriye inama mpuzamahanga y’iminsi y’ihuriro rya G77 n’u Bushinwa, igomba guhuza abakuru b’ibihugu na za Guverinoma guhera ku wa 15 Nzeri kugeza ku wa 16 Nzeri.

Perezida Kagame ubwo yageraga muri Cuba mu Mujyi wa Havana, yavuze ko yishimiye gusura igihugu yaherukagamo mu myaka 36 ishize.

Ati “Kuri njye, kuza Havana muri Cuba, ni ikintu kigarura intekerezo z’ahahise kuko nari muri iki gihugu mu myaka ya 1986 kugera mu 1987. Ni imyaka 36 ishize. Nari umusirikare muto, nabarizwaga muri Uganda. Nari hano icyo gihe ndi mu masomo yari yahawe abandi banyafurika.”

G77 ni ihuriro ry’Umuryango w’Abibumbye ribarizwamo ibihugu 134 biri mu nzira y’amajyambere, aho rigamije guteza imbere inyungu z’ubukungu bw’abanyamuryango.

Iri huriro ryashinzwe mu 1964. Ni ryo rinini rihuriramo ibihugu rikora bigendanye n’amahame y’Umuryango w’Abibumbye.

Ubusanzwe rijya gushingwa, ryari ririmo ibihugu 77 ari naho izina G77 ryavuye ariko ryagiye ribona abandi banyamuryango buhoro buhoro.

U Bushinwa ntabwo ari umunyamuryango wa G77 nubwo bugaragara mu bihugu binyamuryango, ariko bwakunze kuvuga ko bushyigikiye impamvu zituma iri huriro ribaho.

Iyi nama igiye kubera muri Cuba byitezwe ko izasozwa hemejwe uburyo bwo gufasha ibihugu mu bijyanye n’ubukungu.

Abakuru b’ibihugu barenga 30 nibo bitezwe kwitabira iyi nama muri Cuba.

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Nsanzabera Jean Paul September 15, 2023 September 15, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda rudakwiye kubazwa ibya M23

April 8, 2024
Imikino

APR BBC yatsinze Patriot amanota 68 kuri 67 biyiha amahirwe yo kuba iya mbere

March 17, 2025
Imyidagaduro

Niyo Bosco yashyize hanze Ep ye ya mbere iriho indirimbo Ndabihiwe yibajijweho byinshi

February 16, 2024
Andi makuru

Uwishe umunyamakuru Bahati Edmond ku madorali 5 yatawe muri yombi

October 2, 2024
Imyidagaduro

Nkurikiyinka Bosco wabaye umujyanama wa Jay Polly na Amag The Black arasaba ubufasha bwo kujya kwivuza umutima muri Kenya

May 10, 2023
Imikino

Peter Agblevor yasezeye kuri Musanze FC yerekeza muri Police FC!

December 29, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?