Umuramyi James Niyonkuru kuririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu gihugu cy’ u Burundi anezezwa nuko ubutumwa atanga mu ndirimbo ze bituma benshi mu ari baraguye banyurwa.
Uyu muhanzi James Niyonkuru ukorera umuziki we I Bujumbura mu gihugu cy’u Burundi mu kiganiro kigufi yagiranye na Ahupa Radio yadutangarije byinshi ku rugendo rwe mugakiza kugeza ku buramyi
Yagize ati “Navukiye mu muryango w’abakisto nk’abandi bana kubera ko buri Cyumweru Iwacu bajyaga ku rusengero nanjye najya aga nabo bisanzwe ariko nyuma naje kwisanga muri Chorale yaho twasengeraga nuko ndabikurana komeza gutyo kugeza ubwo nageze aho maze kubona ko impano yanjye yo kuririmba izaba kuramya Imana nkatanga ubutumwa bwiza w’Imana binyuze mu bihangano.
Nubwo byari bigoranye cyane kujya muri Studio gukora indirimbo mu mwaka wa 2008 nibwo natangiye kuririmba aho kugeza ubu amaze gukora indirimbo zirimo, Yerusalemu, Natamani Sana, Nkwubahishe, inzira Zanje. Gushika mu marembo ndetse niyo aherutse gushyira hanze vuba yise Ntutinye.
Uyu muramyi usengera muba Pentecôte mu gusoza yadutangarije ko gahunda ye mu myaka ari imbere ari ugukora indirimbo nyinshi kazi zirimo ubutumwa butumwa abantu bagandukira Imana bakava mu bishuko satani yazanye muri iyi Isi.
Yasabye abakunzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza bifuza kureba ibihangano bye babisanga ku mbuga nkoranyambaga ze zose aho akoresha izina James Niyonkuru